Abantu bane ni bo bamaze gupfa naho babiri barakomereka mu mpanuka ikomeye y’imodoka yo mu bwoko bwa SCANIA yavaga muri Tanzania yerekeza Kigali yagonganye na FUSO yavaga Kigali igana muri Rwamagana.
Umugabo witwa Nyandwi Jean Bosco ari mu maboko ya polisi y’u Rwanda azira ko kuwa 04/05/2014 yakubise ishoka mu rubavu umugore we agahita yitaba Imana amuziza ko atateste.
Itsinda riturutse muri Bangladesh, Ethiopie, Uganda hamwe n’abakozi ba UNICEF na DFID bashimye ibikorwa bimaze kugerwaho mu murenge wa Manyagiro mu karere ka Gicumbi muri gahunda ya VUP ndetse babigiraho uburyo bazabyifashisha mu kuzamura imibereho y’abaturage babo bakivana mu bukene.
Ahagana saa sita z’amanywa kuri uyu wa kabiri tariki 06/05/2014, umuntu ucyekwaho ubujura yarasiwe mu mujyi wa Kigali hafi ya banki ya Kigali ubwo polisi yamubonaga ashaka kwiba ibintu mu modoka yagerageza kumufata akiruka.
Abanyeshuri biga mu ishami ry’imibare ubukungu na mudasobwa mu kigo cy’urwunge rw’amashuri rwa Ruhuha mu karere ka Bugesera, baravuga ko batewe impungenge n’umubare muto wa mudasobwa bigiraho kuko uyu mwaka bazakora ikizamini cy’iri somo gisoza amashuri yisumbuye.
Mu gihe hari hashize igihe kitari gito imirimo yo kubaka hotel y’Akarere ka Gatsibo ihagaze, ubu noneho yongeye gusubukurwa. Imirimo yari yahagaze nyuma y’amezi atanu iyi hoteli itangiye kubakwa.
Umuyobozi wungirije w’umuryango w’abibumbye wita ku bana (UNICEF), Geeta Rao Gupta arasaba ababyeyi b’abagabo kwita ku mikurire y’abana ba bo kuva bagisamwa na nyuma yo kuvuka, kuko iyo bikozwe bituma umwana akura neza haba mu mutwe no ku mubiri.
Ubwo abatuye akarere ka Huye basabwaga gutanga ibitekerezo ku mushinga w’itegeko rigenga imicungire y’umutungo w’abashyingiranywe, impano, n’izungura, basabye ko ababyeyi bazajya batanga iminani bararangije kubyara.
Umuhanzi Faycal Ngeruka wahinduye izina aho asigaye yitwa Kode, ni umwe mu bahanzi bitabiriye amarushanwa ya“Euro Music Contest” nyuma y’imyaka itatu gusa amaze aba ku mugabane w’Uburayi, akaba akeneye ubufasha bwa buri Munyarwanda mu kumutora.
Nyuma y’igihe gito atangiye kuyobora intara y’uburengerazuba, Guverineri Mukandasira Caritas taliki ya 5/5/2014 yasuye abaturage batuye mu mirenge ya Busasamana, Bugeshi na Cyanzarwe na Mudende yegereye umupaka wa Kongo aho ashimira abaturage kugira uruhare mu gufatanya n’inzego z’umutekano.
Mu nama bagiraye na bamwe mu bayobozi mu karere ka Rulindo, itsinda ry’abadepite bane bagize komisiyo ya politike y’uburinganire n’ubwuzuzanye bw’abagore n’abagabo mu iterambere ry’igihugu, bahumurije aba bayobozi ko mu nteko badateze gutora itegeko ryemerera Abanyarwanda gukora ubutinganyi.
Ubwo Nyampinga w’u Rwanda 2014, Akiwacu Colombe, yari amaze gukora ikizamini cy’uruhushya rw’agateganyo rwo gutwara ibinyabiziga, yatanze ubutumwa akangurira abantu kwirinda gushakira impushya zo gutwara ibinyabiziga mu nzira zitemewe n’amategeko nk’uko hari bamwe bamaze iminsi babifatirwamo na Polisi y’u Rwanda.
Ubwo Umuvunyi mukuru, Aloysie Cyanzayire, hamwe n’itsinda ry’abakozi b’uru rwego bari mu karere ka Nyagatare muri gahunda y’icyumweru cyahariwe kurwanya n’akarengane, yagejejweho ibibazo byerekeye ubutaka bukoreshwa icyo butagenewe.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Bweramana mu karere ka Ruhango bwasabye ko iteme riri mu gishanga cya Base muri uyu murenge ahari umuhanda wakoreshwaga n’imodoka ziturutse i Kigali zikanyura mu Ruhango zikerekeza Buhanda n’ahandi, ko ryaba rihagaze kugirango ridateza impanuka zikomeye kuko ryamaze kwangirika bikomeye.
Umusore witwa Ndikumana Bernard w’imyaka 30 y’amavuko afungiye kuri sitasiyo ya polisi mu karere ka Bugesera akurikiranyeho icyaha cyo gutera umumotari icyuma agamije kumwiba moto yari atwaye.
Ku bufatanye bwa Leta y’u Rwanda n’umushinga Operation Smile, kuva ku munsi w’ejo tariki 04/05/2014, inzobere z’abaganga bo muri Amerika ziri mu Bitaro bya Ruhengeri mu gikorwa cyo kuvura abantu bafite indwara y’ibibari.
Habinshuti Jean de Dieu na Karimunda Jean Bosco bombi b’imyaka 26 bacumbikiwe kuri Sitasiyo ya Polisi ya Muhoza mu Karere ka Musanze kuva ku cyumweru tariki 04/05/2014 nyuma yo gufatanwa miliyoni zisaga gato 30 bari bibye umucuruzi wo mu Mujyi wa Kigali.
Komisiyo y’ubutabera n’amahoro ya Diyosezi Gatolika ya Cyangugu yamurikiye abayobozi bo mu nzego z’ibanze n’abafatanya bikorwa b’iyi komisiyo bo mu turere twa Rusizi na Nyamasheke ubushakashatsi bwakozwe ku mibereho y’abasigajwe inyuma n’amateka hagamijwe kugirango icyo cyiciro cy’Abanyarwanda nacyo kizamuke mu iterambere.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere tariki 05/05/2014, impunzi zo mu nkambi ya Kigeme zakoreshejwe na kampani ya COOP Rwanda mu mirimo yo gukora imiyoboro y’amazi harwanywa isuri mu nkambi ya Kigeme maze ntizishyurwe, zakoze imyigaragambyo zifunga umuhanda winjira muri iyo nkambi zisaba ko zakwishyurwa amafaranga zakoreye.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke butangaza ko nta muntu n’umwe wemerewe kujya kwiga muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo kubera impamvu nyinshi zirimo umutekano w’igihugu, impamvu z’uburezi buhatangirwa, umuco n’ibindi.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri mata 1994 bo mu muryango wa Sebitabi Damien wari utuye mu kagari ka Nyabivumu mu murenge wa Gasaka mu karere ka Nyamagabe bahaye imbabazi abantu 28 bishyuzwaga imitungo basahuye iwabo.
Mu gihe mu murenge Mutendeli ho mu karere ka Ngoma habarizwa igigo by’imari na Banki, umubare wabitabira kubitsa no kuguriza uracyari muke muri ibi bigo by’imari.
Umuryango IBUKA ushinzwe kurengera inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda wamaganye icyemezo cy’umucamnanza Theodor Meron cyo gufungura Dr Ntakirutimana Gérard wari wakatiwe gufungwa imyaka 25 nyuma yo guhamwa n’ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
John Ngirababyeyi w’imyaka 35 y’amavuko afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera nyuma yo gufatwa aha umupolisi ushinzwe umutekano mu muhanda ruswa y’amafaranga ibihumbi bibiri.
Bamwe mu bayobozi mu karere ka Rulindo cyane cyane abunzi ngo bakunze guhura n’ibibazo bijyanye n’amakimbirane mu miryango byiganjemo iby’impano, izungura n’ibindi, bakabura uko babikemura kuko nta tegeko ryihariye ryari rihari mu gukemura ibyo bibazo.
Abarimu kimwe n’abanyeshuri ba Kaminuza ya INATEK Campus ya Rulindo basanga abize bagomba gufata iya mbere mu kugarura isura y’igihugu, bahumuriza abahungabanye kandi ngo bakaba ari nabo bafata iya mbere mu gusana imitima y’ababuze ababo mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi muri mata 1994.
Ibihano byari byafatiwe ikipe ya Rayon Sport kubera imvururu zabaye kuri Stade Amahoro nyuma y’umukino wari wahuje iyo kipe na AS Kigali tariki 20/4/2014, byagabanyijwe nyuma y’aho ubuyobozi bw’iyo kipe bufashe icyemezo cyo kujurira kuko bwavugaga ko butemera ibyo bihano.
Umuhanzi w’umunyarwanda Alpha Rwirangira ubarizwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, kuri ubu ari mu Rwanda aho yaje mu biruhuko by’amezi atatu nk’uko yabitangarije abanyamakuru ubwo yari akimara kugera ku kibuga cy’indege.
Mu murenge wa Nyarubaka wo mu karere ka Kamonyi, tariki 3 Gicurasi, bibutse abana b’abahungu bishwe bazira ko ari abatutsi. Aba bana batswe ababyeyi ba bo bari mu rugendo rwerekezaga i Kabgayi aho bari bahungiye.
Kuwa gatandatu tariki 03/05/2014 mu karere ka Nyanza habereye umuhango wo kwibuka no gushyingura mu cyubahiro imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 basaga ibihumbi 20 bakaba bashyinguwe mu rwubutso rushya rw’aka karere.
Abayobozi, abakozi n’abanyeshuri b’ishuri rikuru ry’ikoranabuhanga rya Tumba College of Technology baratangaza ko gusura urwibutso ari ugusubiza agaciro Abatutsi bishwe muri Jenoside.
Umusaza witwa Nyabwami Karoli utuye mu murenge wa Kazo akarere ka Ngoma, avuga ko kuva yaca ubwenge yahise yiga umwuga wo gukora amagari none akaba awumazemo imyaka 60 umutunze kandi wamugejeje kuri byinshi.
Umuyobozi w’ikigo cy’igihugu gishinzwe imiturire mu Rwanda, Esther Mutamba, avuga ko hashyizweho ingamba zo gukura ku mazu amabati ya Fibro-ciment aho agomba kurangirana n’umwaka wa 2017.
Ku munsi wa nyuma wa shampiyona tariki 4/5/2014, APR FC yagukanye igikombe cyayo cya 14, nyuma yo gutsinda AS Muhanga kuri mpaga, naho Esperance FC na AS Muhanga zarangije shampiyona ziri ku myanya ibiri ya nyuma zisubira mu cyiciro cya kabiri.
Pascal Nzasabimana uvura indwara z’amaso mu bitaro bya Murunda yatowe na bagenzi be nk’umukozi w’indashyikirwa n’intangarugero bitewe ahanini n’uburyo yita ku bamugana agamije kugera ku ntego ye yo kurwanya uburwayi bw’amaso mu baturage b’akarere ibitaro biherereyemo.
Isonga FC na Sunrise zo mu cyiciro cya kabiri, zifite amahirwe menshi yo kuzakina icyiciro cya mbere umwaka utaha, nyuma yo kwitwara neza mu mikino ibanza ya ½ cy’irangiza yabaye ku wa gatandatu tariki ya 3/5/2014.
Cyuzuzo Aimée wiga muri Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye, yifuza uwamuha amakuru kuri papa we kuko atigeze agira amahirwe yo kumumenya.
Ubwo mu ishuri rikuru rya Kibogora Polytechnique bibukaga Abatutsi bazize Jenoside, bamwe mu bayirokotse bagaragaje ko hari imibiri yajugunwe mu mazi na n’ubu itaraboneka ndetse ko na bamwe mu bashyinguwe mu rwibutso rwa Kibogora bakwiye gushyingurwa ku buryo bukwiye mu cyubahiro umuntu akwiriye.
Abatuye mu kagari ka Burunga mu murenge wa Gihundwe baravuga ko bamerewe nabi n’ubujura buciye icyuho bukomeje kubibasira ariko ikibabaje cyane ngo ni uko abana bato bakoreshwa n’abantu bakuru babatuma kujya kwiba bababwira ko bazajya babagurira ibyo bibye nabo bakabigurisha.
Bamwe mu bafite ubumuga bw’ingingo mu karere ka Rubavu bavuga ko kuba badafite ingingo bitagomba kujyana no gusabiriza no kwisuzugura ahubwo hari ibyinshi bakora bakiteza imbere, bagateza imbere n’igihugu cyabo.
Mu mikino w’umunsi wa 26 wa shampiyona ari nawo wa nyuma yakinwe ku wa gatandatu tariki 03/05/2014, Kiyovu Sport yanganyije na AS Kigali igitego 1-1 mu mukino wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, naho i Muhanga Mukura Victory Sport ihanganyiriza na Espoir FC ibitego 2-2.
Kuri uyu wa gatandatu tariki 03/05/2014, abaforomo b’abakorerabushake b’ikigo mpuzamahanga cy’ubutwererane cya Koreya (KOICA), basoje igikorwa cyo gutanga ubuvuzi bw’ibanze ku buntu ku baturage b’imidugudu ya Raro na Gasharu yo mu kagari ka Nyabivumu mu murenge wa Gasaka isanzwe iterwa inkunga na Leta ya Koreya binyuze mu (…)
Kuri uyu wa gatandatu tariki 2/4/2014, muri kaminuza ya INATEK campus ya Rulindo bakoze umuhango wo kwibuka Abatutsi baguye ku musozi wa Rulindo iyi kaminuza yubatseho.
Bamwe mu bayobozi mu karere ka Rulindo ngo basanga nta muntu ku giti cye wakagombye kwambura uburenganzira undi muntu bitanyuze mu mategeko cyangwa mu nkiko ngo hamenyekane koko niba uwo muntu aba akwiye gucibwa mu muryango we.
Urubyiruko rurakangurirwa kwitabira ibikorwa biruteza imbere kugira ngo intego Abanyarwanda bihaye yo kwigira no kwihesha agaciro narwo ruyigire iyarwo kuko bitashoboka ko umuntu yakwihesha agaciro mu gihe agiteze amakiriro ku bandi.
Mu gihe utundi turere turi kugira amakipe y’umupira w’amaguru akomeye mu cyiciro cya mbere n’icyiciro cya kabiri, ndetse utundi turere tukagira amakipe y’imikino y’intoki nka volleyball na basketball, akarere ka Nyamasheke karashaka kugira umukino wo gusiganwa ku maguru nk’imwe mu mikino ikomeye mu Rwanda.
Nyuma yuko ishyirahamwe ry’imikino mu mashuri ku rwego rw’igihugu hamwe na minisiteri y’uburezi batangirije sport ngarukakwezi ya bose (sport de masse) mu mashuri, abanyeshuri bo mu karere ka Ngoma baravuga ko iyi sport igenda ibakundisha sport.
Bamwe mu bagize imiryango y’Abasigajwe inyuma n’amateka yatujwe mu mudugudu wa Kiyovu mu kagari ka Musumba mu murenge wa Nyamirama wo mu karere ka Kayonza ngo bafite ibibazo by’imirire mibi baterwa no kuba batagira amasambu ahagije yo guhinga.
Umusore w’imyaka 19 y’amavuko witwa Mburenumwe utuye mu kagari ka Twabugezi mu murenge wa Murunda mu karere ka Rutsiro yimanitse mu mugozi, tariki 3/04/2014 ashiramo umwuka, nyuma yo kuvuga ko yibwe telefoni ebyiri n’inkoko imwe yari yashoye mu isoko.