U Rwanda ntirugikinnye na Tanzaniya mu Kuboza

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) rimaze gutangaza ko umukino wagombaga guhuza u Rwanda na Tanzaniya utakibaye kubera irushanwa ry’Umuvunyi.

Ni umukino wari wifujwe n’ikipe y’igihugu ya Tanzaniya mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y’imyaka 53 iki gihugu kimaze kibonye ubwigenge, isabukuru izizihizwa kuwa kabiri tariki 9/12/2014.

Umutoza Constantine yiteguye umukino w'Amavubi U23 n'uburundi.
Umutoza Constantine yiteguye umukino w’Amavubi U23 n’uburundi.

Umukino hagati y’ikipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 23 na Tanzaniya wari uteganyijwe kuzaba tariki 09/12/2014, ukabera muri Tanzaniya ariko waje gukurwaho nyuma y’aho habayeho gusuzuma ku ruhande rwa FERWAFA bagasanga bitashoboka y’uko abakinnyi umutoza Stephen Constantine yifuza baboneka kubera irushanwa ry’igikombe cy’Umuvunyi rizaba kuva 6-7/12/2014.

FERWAFA yahise isimbuza uyu mukino wa gicuti u Rwanda rwagombaga gukina na Tanzaniya uwo ruzakina n’u Burundi uteganyijwe tariki ya 20/12/2014 mu rwego rwo gutegurira ikipe y’abatarengeje imyaka 23 imikino y’amajonjora yo gushaka itike yo kujya mu gikombe cya Afurika, imikino izatangira mu kwa gatatu k’umwaka wa 2015.

U Rwanda na Tanzaniya byahise byumvikana kuzahura mu kwezi kwa mbere umwaka wa 2015.

Abatarengeje imyaka 20 nibo bazakurwamo abazakina amajonjora ya U23.
Abatarengeje imyaka 20 nibo bazakurwamo abazakina amajonjora ya U23.
Ikipe y'u Burundi yaherukaga gutsindira U20 i Nyamirambo.
Ikipe y’u Burundi yaherukaga gutsindira U20 i Nyamirambo.

Jah d’Eau Dukuze

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka