Umukino w’Amavubi na Tanzaniya ushobora guteza impinduka muri shampiyona

Ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru y’u Rwanda n’iya Tanzaniya zirateganya guhurira mu mukino wa gicuti kuwa kabiri tariki 9/12/2014, umukino uzaba ku munsi w’ubwigenge bw’igihugu cya Tanzaniya.

Ni umukino wifujwe n’ikipe y’igihugu ya Tanzaniya mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y’imyaka 53 iki gihugu kimaze kibonye ubwigenge.

Aganira na Kigali Today, umuvugizi w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Mussa Hakizimana, yatangarije ko ikipe ya Tanzaniya yifuje uyu mukino kandi ko nta gihindutse wazakinwa kuwa kabiri.

Ati “Tanzania yari yadusabye umukino wa gicuti tariki ya 9. Twari twasabye umutoza ngo awemeze bityo niwe ugomba kwemeza ko uzaba. Birumvikana ko nuramuka ukinwe, bizatuma haba impinduka ya shampiyona yo mu cyumweru gitaha cyane cyane ku makipe afite abakinnyi mu ikipe y’igihugu”.

Amavubi azakina umukino wa Gicuti n'ikipe ya Tanzaniya.
Amavubi azakina umukino wa Gicuti n’ikipe ya Tanzaniya.

Umutoza w’ikipe y’igihugu, Stephen Constantine yarangije kwemeza ko uyu mukino uzaba ariko ko azifashisha abakinnyi batarengeje imyaka 23 kuri wo. Aganira na Super sport, umutoza Constantine yavuze ko yizeye ko Tanzaniya izamufasha muri byinshi kuri uyu mukino.

“Tanzaniya ifite ikipe nziza, twiteze ko hari icyo bazafasha ikipe yacu. Uyu ni umwanya mwiza wo gutegura abatarengeje imyaka 23, bazakina imikino y’amajonjora y’imikino Olempike muri Werurwe, umwaka utaha," Umutoza Constantine.

Umutoza w'amavubi avuga ko uyu mukino uzafasha ikipe y'abatarengeje imyaka 23 kwitegura.
Umutoza w’amavubi avuga ko uyu mukino uzafasha ikipe y’abatarengeje imyaka 23 kwitegura.

Tombola yabereye muri Etiyopiya mu kwezi kwa cyenda yasize u Rwanda rutomboye Somaliya mu cyiciro cya mbere cy’abatarengeje imyaka 23, rwaramuka ruyitsinze rugahita ruhura n’abagande.

Ikipe izatsinda hagati ya Uganda n’u Rwanda izakina na Misiri mu cyiciro cya nyuma cy’aya majonjora, aho ikipe izatsinda izahita ibona itike yo kwerekeza mu gikombe cya Afurika kizabera muri Congo Kinshasa kuva 5-19/12/2015. Ibihugu bitatu bizaba byitwaye neza bikazaserukira Afurika mu mukino Olempike izabera i Rio de Janeiro, Brazil muri 2016.

APR FC yiganjemo abakinnyi bahamagarwa mu batarengeje imyaka 23.
APR FC yiganjemo abakinnyi bahamagarwa mu batarengeje imyaka 23.

Shampiyona y’icyiciro cya mbere yagombaga gusubukurwa mu mpera z’icyumweru gitaha tariki 13/12 aho umukino wari witezwe ari uwa Rayon Sports na As Kigali gusa bishobora kurangira habayemo impinduka kubera umukino wa Tanzaniya.

Jah d’Eau Dukuze

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka