Kugeza ubu abarokotse Jenoside baracyahigwa –Perezida Kagame

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yatangaje ko ashingiye ku mvugo zipfobya zikanahakana Jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka w’1994, ndetse n’imyitwarire ya bimwe mu bihugu bitandukanye byo ku isi; asanga abarokotse Jenoside bakirimo guhigwa kugeza iki gihe.

Mu gutangiza icyumweru ngarukamwaka cy’icyunamo, ku wa 07 Mata 2015, Umukuru w’Igihugu yavuze ko guhiga abarokotse Jenoside bikorwa mu mvugo ziyipfobya, kuba amahanga ngo atagaragaza ubushake bwo kurwanya umutwe wa FDLR, ndetse no kudakurikirana mu butabera abaregwa Jenoside yakorewe abatutsi.

Ati “Guhigwa ntabwo birarangira, birakomeje kugeza n’ubu bikaba bikorwa mu bundi buryo bwo gutotezwa; birakorwa n’abanyarwanda ndetse n’abanyamahanga bamaze kujya muri uwo muhigo”.

Perezida Kagame avuga ko abarokotse Jenoside bagihigwa mu bundi buryo.
Perezida Kagame avuga ko abarokotse Jenoside bagihigwa mu bundi buryo.

Yatanze ingero zinyuranye, anenga kuba hari ibihugu birekura bamwe mu bakurikiranyweho ibyaha bya Jenoside (umuntu akaba yakeka ko yashakaga kuvuga uwitwa Claude Muhayimana ufungiwe mu Bufaransa ubucamanza bwavuze ko azarekurwa muri iki cyumweru, “kubera impamvu y’uko ngo nta tegeko rihana jenoside ryariho igihe yakoraga icyaha”).

Ati “Abajenosideri bagizwe VIPs [abantu bakomeye cyane], barafatwa nk’amata y’abashyitsi”.

Perezida Kagame yakomeje asobanura ko mu mwaka wa 2012, amahanga ngo yateraraniye ku Rwanda aruziza umutwe wa M23 utari umaze igihe kinini urwanira mu burasirazuba bwa Kongo “kandi warwaniraga uburengazira bwawo”, ageze kuri FDLR arayirwanirira aho kuyirwanya, kubera urwitwazo rw’uko ngo ari “abana n’abuzukuru b’abajenosideri”; ibi bikagaragaza akarengane.

Perezida Kagame na Madamu we bashyira indabo ku rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi.
Perezida Kagame na Madamu we bashyira indabo ku rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi.

Umukuru w’igihugu yavuze ko abafata abajenosideri nk’amata bibeshya, kuko ngo u Rwanda rurimo kugana aheza, kandi “abanyarwanda bariteguye kwakira amahoro ku babaha amahoro, ndetse no kurwana urugamba ku bifuza intambara”.

Perezida Kagame yabivugiraga ku rwibutso rwa Jenoside ruri ku Gisozi, abibwira abanyarwanda n’abanyamahanga baturutse hirya no hino ku isi, ndetse n’abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda.

Nta muhango ukomeye wo kwibuka ku rwego rw’Igihugu wari wateguwe muri uyu mwaka, ahubwo Leta isaba abaturage kujya bitabira ibiganiro n’ubuhamya bitandukanye, birimo kubera ku rwego rw’imidugudu.

Perezida Kagame na Madamu we bacana urumuri rw'icyizere ku rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, ku Gisozi.
Perezida Kagame na Madamu we bacana urumuri rw’icyizere ku rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, ku Gisozi.
Abanyamahanga bifatanyije n'Abanyarwanda kwibuka abazize Jenoside yakorewe abatutsi.
Abanyamahanga bifatanyije n’Abanyarwanda kwibuka abazize Jenoside yakorewe abatutsi.
Perezida Kagame, Madamu we Jeannette Kagame n'umunyamabanga wa Komisiyo yo kurwanya Jenoside, Dr Bizimana Jean Damascene bafata umunota wo kwibuka abazize Jenoside.
Perezida Kagame, Madamu we Jeannette Kagame n’umunyamabanga wa Komisiyo yo kurwanya Jenoside, Dr Bizimana Jean Damascene bafata umunota wo kwibuka abazize Jenoside.

Simon Kamuzinzi

Ibitekerezo   ( 2 )

MUZEHE WACU AVUGISHA UKURI TURAMUSHYIGIKIYE KUKO TWIBUKA KO YATUBWIYEKO NTAGIHUGU NAKIMWE CYAHINDURA AMATEKA YACU TWE TUZIYUBAKA.

MARTIN yanditse ku itariki ya: 8-04-2015  →  Musubize

umusaza ubwotwarikugisozi watwubatse cyane.nufite umutima wokongera kwica,gutoteza,wababwiyepe!babyibagirwe ubu abarokotse nabagabo abagore ,abasore,inkumi turadadiye.

twahirwa yanditse ku itariki ya: 8-04-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka