Kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi ku nshuro ya 21 -Amafoto

Ku wa 07 Mata 2015, mu Rwanda hose hatangiye ibikorwa byo kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda.

Kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi ku nshuro ya 21 bizibanda ku guhangana n’abapfobya Jenoside kandi bibere mu midugudu.

Kigali Today ibabereye hirya no hino mu midugudu itandukanye y’igihugu. Dore amwe mu mafoto agaragaza uko byari byifashe.

Gasabo

Perezida wa Repubulika Paul Kagame na Madamu we, Jeannette Kagame bacana urumuri rw'icyizere ku rwibutso rwa Jenoside yakorewe abatutsi rwa Kigali, ruri ku Gisozi.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame na Madamu we, Jeannette Kagame bacana urumuri rw’icyizere ku rwibutso rwa Jenoside yakorewe abatutsi rwa Kigali, ruri ku Gisozi.
Aha ni i Ruhanga mu Murenge wa Rusororo mu Karere ka Gasabo.
Aha ni i Ruhanga mu Murenge wa Rusororo mu Karere ka Gasabo.

Nyamagabe

Abaturage bo mu Mudugudu wa Nyanza, Akagari ka Karama mu Murenge wa Cyanika wo mu Karere ka Nyamagabe batangije urugendo rwo kwibuka rugana ku rwibutso rwa Cyanika.
Abaturage bo mu Mudugudu wa Nyanza, Akagari ka Karama mu Murenge wa Cyanika wo mu Karere ka Nyamagabe batangije urugendo rwo kwibuka rugana ku rwibutso rwa Cyanika.
Nyuma y'urugendo rwo kwibuka no kunamira abazize Jenoside bashyinguye mu rwibutso rwa Cyanika, abatuye Umudugudu wa Nyanza bakomereje mu biganiro kuri gahunda yo kwibuka.
Nyuma y’urugendo rwo kwibuka no kunamira abazize Jenoside bashyinguye mu rwibutso rwa Cyanika, abatuye Umudugudu wa Nyanza bakomereje mu biganiro kuri gahunda yo kwibuka.

Nyaruguru

Abaturage b'Umudugudu w'Agateko, Akagari ka Kibeho, Umurenge wa Kibeho mu Karere ka Nyaruguru bahuriye ku rwibutso rwa Jenoside rwa Kibeho.
Abaturage b’Umudugudu w’Agateko, Akagari ka Kibeho, Umurenge wa Kibeho mu Karere ka Nyaruguru bahuriye ku rwibutso rwa Jenoside rwa Kibeho.
Umusaza Ruzigangabo arimo gutanga ikiganiro ku mateka n'inkomoko ya Jenoside.
Umusaza Ruzigangabo arimo gutanga ikiganiro ku mateka n’inkomoko ya Jenoside.

Nyanza

Mu Karere ka Nyanza ibikorwa byo kwibuka byakorewe ku cyuzi cya Nyamagana hibukwa abatutsi bakijugunywemo.
Mu Karere ka Nyanza ibikorwa byo kwibuka byakorewe ku cyuzi cya Nyamagana hibukwa abatutsi bakijugunywemo.
Abayobozi banyuranye bifatanyije n'abaturage.
Abayobozi banyuranye bifatanyije n’abaturage.

Ruhango

Mu Kagari ka Gikoma ko mu Murenge wa Ruhango mu Karere ka Ruhango naho abaturage bahuriye hamwe n'abayobozi bibuka Jenoside yakorewe abatutsi ku nshuro ya 21.
Mu Kagari ka Gikoma ko mu Murenge wa Ruhango mu Karere ka Ruhango naho abaturage bahuriye hamwe n’abayobozi bibuka Jenoside yakorewe abatutsi ku nshuro ya 21.

Muhanga

I Muhanga ho batangije igitambo cya Misa muri Katedarali ya Kabyayi, bahava bakomereza ibiganiro i Kavumu.
I Muhanga ho batangije igitambo cya Misa muri Katedarali ya Kabyayi, bahava bakomereza ibiganiro i Kavumu.

Kamonyi

Aha ni mu Mudugudu wa Nyirabihanya mu Kagari ka Taba mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka Kamonyi.
Aha ni mu Mudugudu wa Nyirabihanya mu Kagari ka Taba mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka Kamonyi.
Abaturage b'Umudugudu wa Nyirabihanya bitabiriye.
Abaturage b’Umudugudu wa Nyirabihanya bitabiriye.
Uyu musore arashimira uyu musaza wamuhishe agatuma arokoka.
Uyu musore arashimira uyu musaza wamuhishe agatuma arokoka.

Rubavu

Aha ni i Mudende ahahoze Kaminuza y'abadivantisiti haguye abatutsi benshi bari bahahungiye. Ni mu Mudugudu wa Tetero, Akagari ka Micinyiro mu Murenge wa Mudende mu Karere ka Rubavu. Hahuriye Imidugudu ya Tetero, Gasiza na Ndiza.
Aha ni i Mudende ahahoze Kaminuza y’abadivantisiti haguye abatutsi benshi bari bahahungiye. Ni mu Mudugudu wa Tetero, Akagari ka Micinyiro mu Murenge wa Mudende mu Karere ka Rubavu. Hahuriye Imidugudu ya Tetero, Gasiza na Ndiza.
Abayobozi mu nzego zinyuranye bifatanyije n'abaturage i Mudende.
Abayobozi mu nzego zinyuranye bifatanyije n’abaturage i Mudende.

Rusizi

Abatuye Umudugudu wa Ntwali mu Kagari ka Cyangugu mu Murenge wa Kamembe i Rusizi babanje gusura urwibutso rwa Jenoside rwa Kamembe bunamira abashyinguyemo, bakomereza muri Sitade.
Abatuye Umudugudu wa Ntwali mu Kagari ka Cyangugu mu Murenge wa Kamembe i Rusizi babanje gusura urwibutso rwa Jenoside rwa Kamembe bunamira abashyinguyemo, bakomereza muri Sitade.

Nyamasheke

Ubuyobozi bw'Akarere n'abafatanyabikorwa bifatanyije n'abatuye Umudugudu wa Kabacuzi mu Kagari ka Mariba mu Murenge wa Nyabitekeri mu Karere ka Nyamasheke.
Ubuyobozi bw’Akarere n’abafatanyabikorwa bifatanyije n’abatuye Umudugudu wa Kabacuzi mu Kagari ka Mariba mu Murenge wa Nyabitekeri mu Karere ka Nyamasheke.

Nyabihu

Aha ni mu Mudugudu wa Rwankeri mu Kagari ka Rurengeri mu Murenge wa Mukamira mu Karere ka Nyabihu.
Aha ni mu Mudugudu wa Rwankeri mu Kagari ka Rurengeri mu Murenge wa Mukamira mu Karere ka Nyabihu.
Abatuye Umudugudu wa Rwankeri mu Kagari ka Rurengeri bahuriye muri College ya Rwankeri.
Abatuye Umudugudu wa Rwankeri mu Kagari ka Rurengeri bahuriye muri College ya Rwankeri.

Musanze

Abaturage bo mu Mudugudu wa Mwidagaduro mu Kagari ka Bukinanyana mu Murenge wa Cyuve mu Karere ka Musanze bafata umunota wo kwibuaka abazize Jenoside yakorewe abatutsi.
Abaturage bo mu Mudugudu wa Mwidagaduro mu Kagari ka Bukinanyana mu Murenge wa Cyuve mu Karere ka Musanze bafata umunota wo kwibuaka abazize Jenoside yakorewe abatutsi.

Burera

Ibikorwa byo kwibuka byabimburiwe n'urugendo rwo kwibuka abaturage bagana ku rwibutso rwa Jenoside rwa Rugarama.
Ibikorwa byo kwibuka byabimburiwe n’urugendo rwo kwibuka abaturage bagana ku rwibutso rwa Jenoside rwa Rugarama.
Umuyobozi w'Akarere ka Burera, Sembagare Samuel na Depite Semasaka Gabriel bashyira indabo ku rwibutso rwa Jenoside rwa Rugarama, ahashyinguwe imibiri 13 y'abazize Jenoside.
Umuyobozi w’Akarere ka Burera, Sembagare Samuel na Depite Semasaka Gabriel bashyira indabo ku rwibutso rwa Jenoside rwa Rugarama, ahashyinguwe imibiri 13 y’abazize Jenoside.

Gicumbi

I Gicumbi babanje gushyira indabo ku rwibutso rwa Byumba rushyinguyemo abishwe mu gihe cy'ibyitso.
I Gicumbi babanje gushyira indabo ku rwibutso rwa Byumba rushyinguyemo abishwe mu gihe cy’ibyitso.
Abaturage bo mu Mudugudu wa Gisuna mu Kagari ka Gisuna mu Murenge wa Byumba wo mu Karere ka Gicumbi bakomereje mu biganiro.
Abaturage bo mu Mudugudu wa Gisuna mu Kagari ka Gisuna mu Murenge wa Byumba wo mu Karere ka Gicumbi bakomereje mu biganiro.

Rwamagana

Ubuyobozi bw'Akarere ka Rwamagana bwifatanyije n'abaturage bo mu Mudugudu wa Rebero mu Kagari ka Mwurire.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rwamagana bwifatanyije n’abaturage bo mu Mudugudu wa Rebero mu Kagari ka Mwurire.
Abaturage bo mu Mudugudu wa Rebero mu Kagari ka Mwurire bateze amatwi ibiganiro.
Abaturage bo mu Mudugudu wa Rebero mu Kagari ka Mwurire bateze amatwi ibiganiro.
Umusaza Gahirima atanga ubuhamya bw'uko yarokokeye i Mwurire.
Umusaza Gahirima atanga ubuhamya bw’uko yarokokeye i Mwurire.
I Rwamagana banaremeye umwe mu barokotse Jenoside yakorewe abatutsi utishoboye.
I Rwamagana banaremeye umwe mu barokotse Jenoside yakorewe abatutsi utishoboye.

Nyagatare

Aba bo bari berekeje ku mugezi w'Umuvumba kwibuka abatutsi batawemo.
Aba bo bari berekeje ku mugezi w’Umuvumba kwibuka abatutsi batawemo.
Aha hahuriye abatuye Umudugudu wa Biryogo, Akagari ka Rurenge, Umurenge wa Rukomo.
Aha hahuriye abatuye Umudugudu wa Biryogo, Akagari ka Rurenge, Umurenge wa Rukomo.

Kirehe

Umuhango wo kwibuka mu rwego rw'akarere wabereye ku mugezi w'Akagera ahiciwe abatutsi benshi.
Umuhango wo kwibuka mu rwego rw’akarere wabereye ku mugezi w’Akagera ahiciwe abatutsi benshi.

Ngoma

Abayobozi b'Akarere ka Ngoma n'abadepite bifatanyije n'abo mu Murenge wa Zaza, Umudugudu wa Jyambere bashyira indabo ku rwibutso rwa Zaza.
Abayobozi b’Akarere ka Ngoma n’abadepite bifatanyije n’abo mu Murenge wa Zaza, Umudugudu wa Jyambere bashyira indabo ku rwibutso rwa Zaza.
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

Turabashimiye murakoze cyane kigali today

emmy yanditse ku itariki ya: 7-04-2015  →  Musubize

Big up to Kigali Today Staff muri abantu b’abagabo cyane!

Mukomeze mutubere hirya no hino mu tugezaho ibirimo kuhabera mu gihe cy’icyunamo mu Rwanda.

Ntimuryame cyangwa ngo mugohehe.

Jean yanditse ku itariki ya: 7-04-2015  →  Musubize

twibuke tuniyubaka kandi duhangana n’abapfobya jenoside aho baba bari hose

karangwa yanditse ku itariki ya: 7-04-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka