Uko amakipe azahura mu majonjora ya CHAN byashyizwe ahagaragara

Ku cyicaro cy’impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF) i Cairo mu Misiri, habereye tombola y’uko amakipe azahura mu gushaka itike yo kwerekeza mu gikombe cy’Afurika gihuza abakinnyi bakina imbere mu gihugu (CHAN) kizabera mu Rwanda mu mwaka wa 2016.

Muri iyi Tombola yabaye ku cyumweru tariki ya 05 Mata 2015, Amakipe y’ibihugu 42 yamaze kumenya ayo bazahura mu guhatanira imyanya 15 yo kwitabira CHAN.

Iyi tombola yari iyobowe n’umunyamabanga mukuru wa CAF, General Hicham El Amrani afashijwe na Visi Perezida wa kabiri wa CAF ari nawe ukuriye akanama gashinzwe gutegura CHAN, Almamy Kabele Camara.

Umunyamabanga mukuru wa CAF, General El Amrani na Visi Perezida wa kabiri wa CAF, Kabele Camara bakoresha Tombola y'uko amakipe azahura.
Umunyamabanga mukuru wa CAF, General El Amrani na Visi Perezida wa kabiri wa CAF, Kabele Camara bakoresha Tombola y’uko amakipe azahura.

Uko tombola yagenze hagendewe ku turere tw’imikino muri Afrika

Zone y’amajyaruguru

Ibihugu: Libya, Morocco, Tunisia (barahatanira imyanya ibiri)
Libya na Tunisia
Morocco na Libya

Zone y’iburengerazuba A

Ibuhugu: Gambia, Guinea, Guinea Bissau, Liberia, Mali, Mauritania, Senegal, Sierra Leone, (barahatanira imyanya ibiri)

Guinea Bissau na Mali
Mauritania na Sierra Leone
Guinea na Liberia
Senegal na Gambia

Zone y’iburengerazuba B

Ibihugu: Burkina Faso, Cote d’Ivoire, Ghana, Niger, Nigeria, Togo (barahatanira imyanya itatu)

Ghana na Cote d’Ivoire
Nigeria na Burkina Faso
Niger na Togo

Tombola y'uko amakipe azahura mu majonjora yo gushaka itiki yerekeza muri CHAN izabera mu Rwanda muri 2016 yabaye ku wa 05 Mata 2015.
Tombola y’uko amakipe azahura mu majonjora yo gushaka itiki yerekeza muri CHAN izabera mu Rwanda muri 2016 yabaye ku wa 05 Mata 2015.

Zone yo hagati

Ibihugu: Cameroon, Repubulika ya Centrafrica, Chad, Congo Brazzaville, RD Congo, Gabon (barahatanira imyanya itatu)

RD Congo na Repubulika ya Centrafrica
Cameroon na Congo Brazzaville
Chad na Gabon

Zone y’Uburasirazuba bwo hagati

Ibihugu: Burundi, Djibouti, Ethiopia, Kenya, Uganda, Sudan, Tanzania (barahatanira imyanya itatu)

Ijonjora rya mbere

Tanzania na Uganda
Djibouti na Burundi
Ethiopia na Kenya

Zone y’amajyepfo

Ibihugu: Angola, Botswana, Ibirwa bya Comore, Ibirwa bya Maurice, Lesotho, Mozambique, Namibia, Seychelles, Swaziland, South Africa, Zambia (barahatanira imyanya itatu)

Ijonjora rya mbere
Zimbabwe n’ibirwa bya Comore
Lesotho na Botswana
Namibia na Zambia
Mozambique na Seychelles
South Africa n’Ibirwa bya Maurice
Swaziland na Angola

Aya majonjora azatangira hagati y’itariki ya 19-21 Kamena 2015 kugeza mu mpera z’icyumweru cyo ku wa 28-30 Kanama 2015, habonetse amakipe 15 aziyongera ku ikipe y’u Rwanda ruzaba rwakira iyo mikino kuva tariki ya 16 Mutarama 2016 kugeza tariki ya 07 Gashyantare 2016.

Sammy Imanishimwe

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 5 )

Nibaze tubahe ibibuga bikinire, naho twe iby’umupira byaratunaniye. Biturutse kuko abatarawukinnye aribo bashaka kuwuyobora kandi batzi iyo werekera. Nibareke, umupira uyoborwe n’aakinnyi bigeze kuwukina kandi bakaba intashyikirwa. nibo bazi ibyawo, kandi baba bazi ibanga ryo gutsinda, n’ukuntu intsinzi itegurwa kandi ikaryoha. naho se abantu b’amagambo gusa muri tekiniki byahura gute. Niho hava amanyanga, bashaka kubogamira ku ikipe ifite ingufu, ngo ijye ibavugira. ibi rero aho bigeza umupira ni ah mubona umupira wacu ugezeaharindimuka, kandi nibikomeza gutya nta kizere cyo kubyuka.

hfdfd yanditse ku itariki ya: 8-04-2015  →  Musubize

Nibaze turebe aho bafite gahunda nziza y’umupira batwereke umupira. Twe se ko nat gahunda ihari. baze tubahe ibibuga bikinire. Ndifuza kuzabona Ferwafa iyobowe na komite igizwe n’abakinnyi bakanyujijeho mu mupira wo mu Rwanda. Niho tuzabona umupira uzamuka.

hfdfd yanditse ku itariki ya: 8-04-2015  →  Musubize

nkuko bisanzwe kwakira abatugana numuco wacu natwe tuzunguka byinshi.

egide yanditse ku itariki ya: 7-04-2015  →  Musubize

muraho neza kondeba se u Rwanda ritari kurutonde bimeze gute

egide yanditse ku itariki ya: 7-04-2015  →  Musubize

twiteze kuzabakira neza kandi ikipe yacu ikomeze kwitegura neza cyane maze intsinzi izatahe iwacu

kagango yanditse ku itariki ya: 6-04-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka