Abakora imyuga itandukanye mu mujyi wa Ngororero bamaze amezi abiri bimuriwe mu gakiriro kubatswe muri aka karere ariko bavuga ko abakiriya batarabamenyera ngo bahabasange. Ibi byatumye akarere kabaha umwaka bakora badakodesha amazu kugira ngo babanze bimenyereze.
Imvura nyinshi yaguye kuri uyu wa kane tariki ya 30/10/2014 mu duce dutandukanye tw’Umujyi wa Kigali, yahitanye umwana witwa Ngabonziza Jackson uri mu kigero cy’imyaka Umunani ahitwa Rwarutabura ho mu Murenge wa Nyamirambo.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ryamaze kwemerera ikipe ya APR FC ari yo izakira umukino wo ku munsi wa 5 uzayihuza na Rayon Sport FC ko umukino uzaba saa kumi n’ebyiri z’umugoroba. Uyu mukino uteganyijwe ku cyumweru tariki 02/11/2014, kuri sitade Amahoro i Nyamirambo.
Abagabo babiri bataramenyekana bari bitwaje imbunda, bateye ikigo Nyarwanda cy’Ubuzima bushingiye ku muco( RCHC) mu mpera z’icyumweru gishize, babaririza umuyobozi wacyo Dr Rutangarwamaboko Nzayisenga Modeste, bagamije kumugirira nabi, ku mpamvu zitaramenyekana.
Abagore bo mu murenge wa Kansi ho mu karere ka Gisagara barashima umugoroba w’ababyeyi bagiye bigiramo gutegura amafunguro afite intungamubiri, abari barwaje bwaki ikaba imaze kwibagirana.
Mu gihe mu Rwanda harimo gutegurwa Inama Nkuru y’Abana ku nshuro ya 10 izatangirizwa ku rwego rw’igihugu mu Karere ka Gicumbi tariki 03/11/2014, abana ndetse n’ababyeyi bo mu Karere ka Karongi bafite ibyo basaba byazaganirwaho byafasha umwana wo mu cyaro.
Gutanga amande, gufungwa cyangwa gushaka indaya babasanganye, ni igihano umudepitekazi uhagarariye umugi wa Saint-Pétersbourg wo mu Burusiya yatanze mu mushinga w’itegeko rihana abakiriya b’indaya.
Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Rwaniro mu Karere ka Huye baratangaza ko kuzigama bidasaba ko umuntu aba yarenzwe. Abavuga gutya babihera ku ko babasha kwizigamira muri Koperative Umurenge Sacco yo mu murenge batuyemo nyamara urebye batagira amafaranga menshi.
Inama y’umutekano yahuje abayobozi batandukanye mu karere ka Rulindo tariki ya 30/10/2014 yize ku ngingo nyinshi zirebana n’uko umutekano uhagaze hagarukwa cyane ku businzi bugenda bufata indi ntera mu baturage batuye aka karere.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe kwihutisha iterambere (RDB) kimaze iminsi gisaba ababa batunze imisambi mu ngo zabo kuyibashyikiriza kugira ngo bayisubize mu ishyamba. Impamvu y’iki gikorwa, ni ukugira ngo isubizwe ku gasozi bityo ibashe kororoka.
Ubuyobozi bw’akarere bwashyizeho amakoperative y’abakora isuku, akazita kuri imwe mu mihanda yo muri aka karere ikunze gufatwa nk’imbogamizi mu bwikorezi n’ubucuruzi kubera kwangirika.
Abaturage b’Akarere ka Gatsibo batuye mu Mirenge ya Gasange na Murambi bemeza ko gukorana na koperative umurenge SACCO byabafashije gushyira mu bikorwa gahunda ya kora wigire, mu rwego rwo kurushaho kwiteza imbere hamwe n’imiryango yabo.
Inzego zishinzwe umutekano mu karere ka Ngororero zivuga ko ikibazo cy’iyimuka ry’abana bava mu karere bajya ahandi hantu hatazwi impamvu cyaba gifitanye isano n’ibyaha by’icuruzwa ry’abantu (Human Trafficking), ubu hakaba barimo gushakishwa impamvu z’uko kugenda n’abababifitemo uruhare.
Urukiko rw’ibanze rwa Busasamana mu karere ka Nyanza rwakatiye umugabo witwa Gasana Gaddy ukurikiranweho gutwika umwana we ibiganza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo muri gereza ya Huye, mu gihe urubanze rwe rugitegereje kuburanishwa mu mizi.
Abanyeshuri bigaga mu ishuri rya Kavumu College of Education mu kwezi kwa 12/2014 bazimurirwa mu ishuri rya Rukara College of Education. Aya mashuri makuru yombi yari asanzwe ari amashuri nderabarezi atandukanye, kuyahuriza hamwe bikaba biri mu rwego rwo gushyira mu bikorwa icyemezo guverinoma y’u Rwanda yafashe mu mwaka wa (…)
Kuri uyu wa kane tariki ya 29/10/2014, nibwo Umugabo witwa Hagenimana Adrien w’imyaka 23 y’amavuko yagaragaje aho yataye umwana we w’imfura witwa Nshimiyimana Adolf w’imyaka 2 n’igice nyuma yo kumwica.
Mu gihe guhera kuwa 25 kugeza kuwa 31/10/2014, mu Rwanda ari icyumweru cyahariwe kuzigama, kuri uyu wa 30/10/2014 abantu 18 barimo abagabo n’abagore bahawe inyoroshyangendo zigizwe n’igare n’igikapu kuri buri umwe bizaborohereza kurushaho kunoza umurimo wabo w’ubukangurambaga bashishikariza abaturage hirya no hino mu (…)
Abaturage bo mu murenge wa Nyamata mu karere ka Bugesera bitabiriye gahunda yo guhunika imyaka mu kigega cya Koperative KOVAPANYA, baravuga ko iyi gahunda ibafasha kudahura n’ikibazo cy’ibura ry’ibiribwa.
Abakora umwuga wo gutwara abagenzi ku mapikipiki mu Ntara y’Amajyaruguru na bo bakoze urugendo rwo kwamagana filime “ Rwanda: Untold Story” yakozwe n’igitangazamakuru BBC bavuga ko ipfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Kubura no kugabanuka kw’amazi y’u Rwanda ni zimwe mu ngaruka ziri kuzanwa n’iterambere igihugu kirigusatira, abahanga mu by’ibidukikije bakaburira abantu ko nihatagira igikorwa igihugu cyazisanga mu butayu cyangwa mu myuzure y’urudaca mu minsi iri imbere.
Umugabo witwa Harerimana bakunda kwita Karumbeti yishwe n’ingona saa cyenda z’urukerera rwo kuri uyu wa 30/10/2014 ubwo yajyaga kuroba amafi rwihishwa mu kiyaga cya Rumira mu murenge wa Rilima mu karere ka Bugesera.
Umugabo witwa Bagirishya n’umugore we batuye mu mudugudu wa Nyagashikura mu kagari ka Mwezi mu murenge wa Karengera mu karere ka Nyamasheke, baravugwaho ubwambuzi n’abaturage kubera kubeshya abagore bakarongorwa n’uyu mugabo akanabatwara amafaranga bafatanyije n’umugore we babana.
Minisiteri ishinzwe imicungire y’ibiza n’impunzi (MIDIMAR) irasaba abaturage kwitabira icyumweru cyo kubaburira ko basabwa uruhare rukomeye mu kwirinda ingaruka z’ibiza, aho bazibanda ku migenzereze yo kwirinda inkongi z’imiriro kugeza ubu zimaze kwangiriza benshi.
Umuyobozi w’akarere ka Muhanga, Mutakwasuku Yvonne arasaba abarebwa no kubaka ikigo abagenzi bategeramo imodoka (Gare) cya Muhanga ko batagomba kudindiza iki gikorwa nyuma y’igihe bashaka kugitangira.
Ikigo gishinzwe guteza imbere amakoperative (RCA: Rwanda Cooperative Agency) kiravugwaho kubogama mu gukemura ibibazo byavutse mu banyamuryango ba koperative COODUGI (Cooperative Duhinduke de Gisozi), ikorera ibikorwa by’isuku mu ngo zo mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo.
Umuhanzi Semanza Jean Baptiste uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Jabastar Intore, yemeza neza ko umuntu wese ugiye mu itorero abikunze, byanze bikunze ngo byamutunga nk’uko yajya mu kandi kazi gasanzwe.
Mu rukerera rwo kuri uyu wa kane tariki 30/10/2014, ingagi umunani zavuye muri pariki y’ibirunga zinjira mu baturage mu mudugudu wa Terimbere mu Kagari ka Mugali, Umurenge wa Shingiro mu Karere ka Musanze.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Francis Kaboneka, arasaba urubyiruko rwo mu Rwanda kugarura umutima wo gukunda igihugu, bakabigira umuco, bakaba igisubizo cy’ibibazo bitandukanye u Rwanda rufite, bakarwanya icyo yise “gutekinika”.
Ubwo abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari 6 tugize umurenge wa Gatore basinyaga imihigo y’utugari kuwa gatatu tariki 29/10/2014, Jean Claude Byukusenge ushinzwe igenamigambi mu karere ka Kirehe, yabasabye kwegera abaturage bagafatanya kwesa imihigo kuko yasinywe mu izina ryabo.
Abaturage bo mu murenge wa Nkombo mu karere ka Rusizi bakoreshejwe na Rwiyemezamirimo witwa Evariste bakunze kwita Surambaya bubaka amazu ya Guest house yo ku Nkombo yubakishwa n’akarere ka Rusizi, bazindukiye ku biro by’akarere kuwa 28/10/2014, basaba ubuyobozi ko bwabishyuriza uwo rwiyemezamirimo amafaranga bakoreye kuko (…)
Abahanzi Arthur Nkusi na Frankie Joe, abanyarwanda bahagarariye u Rwanda mu marushanwa ya Big Brother Africa (BBA) ari kubera muri Afurika y’Epfo, bakeneye gutorwa kenshi na buri munyarwanda kugira ngo badasezererwa muri aya marushanwa u Rwanda rugasigara rudahagarariwe.
Gasana Gaddy utuye mu mudugudu wa Nyagatovu, Akagali ka Kabirizi, umurenge wa Nyagisozi, akarere ka Nyanza yatwitswe umwana we ibiganza bye byombi amuziza kwiba ikijumba mu murima w’umuturanyi we.
Ikipe ya Manchester City yatunguwe no gutsindwa na Newcastle ibitego 2-0 kuri uyu wa 29/10/2014 mu marushanwa ya Capital One Cup mu gihugu cy’ubwongereza.
Rayon Sport yaje ku mwanya wa mbere by’agateganyo nyuma yo gutsinda Etincelles y’i Rubavu ibitego 3-2 kuri uyu wa gatatu tariki 29/10/2014.
Umwe mu badepite bagize inteko ishinga amategeko y’umuryango wa Afurika y’Ibirasirazuba (EALA) arasabirwa gukurwa muri uwo mwanya ashinjwa imyitwarire idahwitse, irimo no gutuka abadepite bagenzi be biganjemo Abanyarwanda.
Abanyeshuri 290 bo mu karere ka Ngororero bari mu bagombaga gukora ikizamini gisoza amashuri abanza ariko ntibagikoze kuko bataye ishuri bakajya ahandi hantu hatandukanye.
Kuvugurura no kwemeza inyandiko ijyanye n’uburenganzira bw’umwana mu bikorwa byo kubungabunga amahoro bizagira uruhare runini mu guteza imbere uburenganzira bw’umwana no kumukorera ubuvugizi.
Urwego rw’umuvunyi rurasaba abakozi b’akarere ka Ngororero bafite aho bahuriye n’ubutaka, abatanga amasoko, abayobozi b’ibigo by’amashuri, ibitaro n’abandi kutagwa mu makosa yo kurya ruswa bitwaje ko batari bazi ko ariyo, ndetse no kudashaka kwigwizaho imitungo mu buryo butemewe n’amategeko.
Abayobozi bo mu karere ka Gatsibo barasabwa gukorera hamwe bagatahiriza umugozi umwe, birinda icyazatuma bongera kuza ku mwanya wa nyuma mu mihigo akarere kaba karahize imbere y’Umukuru w’igihugu.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe Amashuri y’Imyuga n’Amahugurwa, Nsengiyumva Albert, aratangaza ko yishimiye kuba mu banyeshuri 21325 bari gukora ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye biga imyuga, hafi kimwe cya kabiri cyangwa 50% ari abakobwa.
Icyorezo cya Ebola kimaze amezi asaga umunani kibasiye bimwe mu bihugu bya Afurika y’Iburengerazuba gihangayikisheje isi bitewe cyane cyane nuko cyandura mu buryo bworoshye kandi kikaba nta muti n’urukingo kirabonerwa.
Guverineri wa Banki nkuru y’igihugu (BNR), John Rwangombwa aratangaza ko kugira ngo iyo banki irusheho guha serivisi nziza ibigo by’imari ikomeje gahunda yayo yo kwegereza amashami ibigo by’imari hirya no hino mu gihugu, ibi bikazafasha korohereza imirimo amabanki y’ubucuruzi no kuyashishikariza kwegera abaturage.
Ababyeyi b’impuhwe bo mu karere ka Rwamagana bazwiho kwakira no gufasha abana baba batereranywe n’ababibarutse, kuri uyu wa Kabiri tariki ya 28/10/2014, bateraniye mu rugo rwa mugenzi wabo wakiriye uruhinja mu ntangiriro z’uku kwezi kwa 10, kugira ngo bamuhembe nk’umubyeyi wibarutse umwana.
Guverineri wa Banki nkuru y’igihugu, John Rwangombwa, wari uri mu karere ka Rusizi tariki 28/10/2014 yagiranye inama n’abayobozi batandukanye bacunga amafaranga ya rubanda mu turere twa Rusizi, Karongi na Nyamasheke abasaba kudakoresha amafaranga y’abaturage babitse mu nyungu zabo bwite.
Mu gihe imisanzu ya mitiweli yo mu karere ka Rutsiro ica kuri konti ziri muri Sacco nyuma zikayimurira kuri konti ya mitiweli y’akarere ubu izitarabikoze zasabwe kwishyura ayo mafaranga y’imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza bitarenze icyumweru.
Mu nama yahuje abayobozi bo mu nzego zitandukanye zo mu karere ka Nyamasheke, mu mpera z’icyumweru gishize, ubuyobozi bw’akarere bwanenze ubuyobozi bw’umurenge wa Kagano bwohereje raporo y’ibikorwa bugaragaza ko byakozwe mu gihe ibyo bikorwa bitaranakandagira.
Umuyobozi w’Ishami ry’Uburezi muri Kaminuza y’u Rwanda (College of Education), Prof John Njoroge arifuriza abanyeshuri bari gukora ibizamini bya Leta intsinzi, akabibutsa ko batarangije kwiga ahubwo bikwiye kuba intangiriro.
Mu gihe hahagurukiwe ko ibishanga byose byo mu Rwanda bihingwa mu rwego rwo kurwanya inzara, ubushakashatsi bwakozwe n’abanyeshuri bo muri Kaminuza y’u Rwanda bayobowe na Prof. Elias Bizuru, bwo busanga ibishanga bidakwiye guhingwa uko byakabaye.
Nyuma y’uko raporo ya Banki y’isi izagaragaza isura y’ishoramari mu mwaka utaha wa 2015, ishyiriye u Rwanda ku mwanya wa 46 ku isi mu bihugu 189, u Rwanda rurasaba ibisobanuro ku mpamvu zatumye iyo banki irusubiza inyuma kandi umwaka ushize rwari ku mwanya wa 32.