Abagore batandatu n’abagabo batanu bo mu Karere ka Musanze bibumbiye muri koperative Hirwa Musanze (KOHIMU) bashinga uruganda rutunganya ibikomoka ku bigori rufite agaciro ka miliyoni 25 rutanga akazi ku bantu 10.
Mu nama yahuje abayobozi bo mu nzego zitandukanye zo mu karere ka Nyamasheke, mu mpera z’icyumweru gishize, ubuyobozi bw’akarere bwanenze abayobozi batanga raporo zituzuye, izindi zidakurikije amabwiriza ngenderwaho kugira ngo amakuru akenewe yose agaragare, ndetse hanengwa cyane ubuyobozi bw’umurenge wa Kagano bwohereje (…)
Abagore batandatu n’abagabo batanu bo mu Karere ka Musanze bibumbiye muri “koperative Hirwa Musanze (KOHIMU)” bashinga uruganda rutunganya ibikomoka ku bigori rufite agaciro ka miliyoni 25 runatanga akazi ku bantu 10.
Abaturage barema isoko rya Byangabo mu Karere ka Musanze bongeye guhamagarira ubuyobozi guca umukino w’urusimbi uzwi nka “kazungunarara” ukinirwa ku isoko ugacuza bamwe amafaranga baje guhahisha.
Kuri uyu wa 28/10/2014 ikipe ya APR FC yasuye Marines kuri Stade Umuganda I Rubavu. Ubusanzwe ni ikintu kitorohera ikipe iyo ariyo yose gukura amanota kuri Sitade Umuganda yakinnye n’imwe mu makipe yaho yaba Marines cyangwa Etincelles.
Nubwo ubuyobozi bw’akarere ka Gicumbi budahwema gushishikariza abaturage kugira isuku, bamwe mu baturage baravuga ko ubwo buyobozi bugira uruhare mu gutuma ubuzima bwabo buhungabana kubera aho bamena imyanda iva mu mujyi wa Byumba.
Abanyeshuri 201 bo mu ishuri rya GS Rwimishinya mu murenge wa Rukara wo mu karere ka Kayonza ngo bagiye bata ishuri mu bihe bitandukanye muri uyu mwaka wa 2014 akenshi biturutse ku mibanire itanoze ya bamwe mu babyeyi.
Nyuma yo gusenyerwa amazu n’imvura, abatuye umurenge wa Musha ho mu karere ka Gisagara bahuye n’iki kiza barasaba ko bafashwa kubona aho batura n’ ibyo kurya kuko ibyo bari bafite mu mazu byangiritse.
Mu gutangiza icyumweru ngarukamwaka cyahariwe kwizigamira kuri uyu wa 28/10/2014, Umunyamabanga wa Leta muri Ministeri y’imari n’igenamigambi (MINECOFIN), Dr Uzziel Ndagijimana yamenyesheje abantu ko nta rwitwazo bafite rwo kutizigamira.
Mu karere ka Nyabihu, umurenge wa Shyira, akagari ka Kintarure, umudugudu wa Kabuguzo habereye impanuka y’indege yo mu bwoko bwa Kajugujugu ya “Akagera Aviation” kuri uyu wa 28/10/2014.
Minisitiri ushinzwe ibikorwa by’inama y’abaminisitiri, Stella Ford Mugabo avuga ko buri Munyarwanda akwiye guhaguruka agafatanya n’abandi kurwanya icyorezo cya Ebola ndetse n’icuruzwa ry’abana ryugarije ibihugu bya Afurika harimo n’u Rwanda.
Bamwe mu baturage baturiye Pariki y’Akagera ku ruhande rw’akarere ka Kayonza bavuga ko badatewe impungenge no kuba intare zagarurwa muri iyo Pariki n’ubwo zifatwa na benshi nk’inyamaswa z’inkazi.
Abaturage bo mu Murenge wa Kinigi, Akarere ka Musanze batangaza ko umubano w’u Rwanda n’u Buyapani bawumvaga ariko bashima ko na bo ubwabo bawibonamo kuko abaturage b’ibihugu byombi basabana.
Minisiteri y’uburezi (MINEDUC) iratangaza ko impinduka zihora zikorwa mu burezi zigamije kugirira inyungu uburezi bw’u Rwanda, n’ubwo hari benshi mu bana bagisa nk’aho babihomberamo kuko uburyo biga ubu atari bwo bakomeza kwigamo uko impunduka zibaye.
Mu gihe bigaragara ko amashuri y’inshuke akiri macye mu mujyi wa Muhanga, ubuyobozi bw’ako karere burashishikariza abikorera kugira uruhare rufatika mu gutangiza aya mashuri kuko Leta itabyishoboza yonyine.
Abarimu bo mu karere ka Bugesera baravuga ko uburyo bwo kwigisha hakoreshejwe imikino mu ishuri bwatumye abanyeshuri barushaho gusobanukirwa n’amasomo ku buryo bwihuse kandi bworoshye, ku buryo byanazamuye ireme ry’uburezi kandi binagabanya umubare w’abana bataga ishuri.
Umusaza witwa Kadiguza John arasaba ko yahabwa uburenganzira bwo gusubiza beneyo amafaranga yari yahawe agurishije ubutaka agasubirana ubutaka bwe.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rutsiro bwahagurukiye abishyuza imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza bakayishyirira mu mifuka yabo bigatuma aka karere gahora inyuma mu gutanga imisanzu ya mitiweli.
Ishuri “Akagera International school” riri mu karere ka Kirehe ryakira abana baturutse mu bihugu binyuranye rikaba rifite gahunda yo kurenga imbibi z’u Rwanda rikaba ishuri mpuzamahanga nkuko izina ry’ikigo ribivuga.
Mu gihe byari biteganyijwe ko mu kwezi kumwe haba hagiyeho aho abashoferi bazajya baruhukira bava cyangwa bajya mu karere ka Nyamasheke, kuri ubu ntabwo birabasha gukunda kubera ko amafaranga atarabasha kuboneka.
Abanyeshuri barokotse jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda mu w’1994 biga mu Ishuri rikuru ry’imyuga n’ubumenyingiro mu ntara y’iburasirazuba (IPRC East) bibumbiye mu muryango wa AERG bafunguye ku mugaragaro ikigega kizatera inkunga imishinga yabo ibyara inyungu.
Ubuyobozi bw’ikigo nderabuzika cya Gatebe kiri mu murenge wa Gatebe, mu karere ka Burera, butangaza ko gifite ikibazo cy’ibikoresho bidahagije n’abaganga bake, ndetse n’amazi meza n’amashanyarazi nabyo bitarahagera.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyabihu bwanyuzwe n’icyemezo cy’uko Gishwati yahinduka Pariki nyuma y’igihe kitari gito bwamaze bwerekana ko Gishwati ari agace keza nyaburanga kakurura benshi mu bakerarugendo bitewe n’imiterere yako myiza ibereye ijisho, inzuri nziza, n’amashyamba ateye ku misozi mu buryo bunogeye amaso.
Désiré Komayombi wo mu kagari ka Mutanda mu murenge wa Cyabingo mu karere ka Gakenke, ni umwe mu baturage batangiranye na gahunda y’ubudehe mu mwaka wa 2008 aho yahawe amafaranga ibihumbi 60 yaje kubyaza umusaruro ku buryo uyu munsi abarirwa umutungo uri hejuru ya miliyoni icumi.
Ikigo cy’imari cyitwa Letshego cy’abanya Botswana cyafunguye ishami mu Rwanda aho ngo kigiye kwibanda ku iterambere ry’abaturage bataragerwaho na serivisi z’imari, kandi bafatwa nk’abasuzuguritse.
Ikipe y’igihugu ya Karate nyuma yo kwitabira amarushanwa ku rwego rwa Afurika yabereye mu gihugu cya Senegal ikitwara neza, Gashagaza Solange umwe mu bakobwa bagize iyi kipe akegukana umudari wa Bronze mu rwego rwa Afurika, ubu yakajije imyitozo aho yitegura kuzitabira amarushanwa ku rwego rw’isi azabera mu gihugu (…)
Abanyehuye bakora umwuga w’ubucuzi binubira abagura ibyuma bitagifite umumaro bakunze kwita injyamani bakabijyana mu gihugu cya Uganda, kuko ngo batuma babura bimwe mu bikoresho ubundi bifashisha mu mwuga wabo.
Kuri uyu wa Mbere tariki 27/10/2014, impuguke za gisivili na gisirikare 22 zikomoka mu bihugu umunani byo muri Afurika y’uburasirazuba bifite ingabo ziteguye gutabara aho rukomeye igihe cyose (EASF) ziteraniye mu Ishuri Rikuru ry’Amahoro (RPA: Rwanda Peace Academy), mu Karere ka Musanze mu mahugurwa yo kunoza (…)
Umunsi wa gatatu wa Shampiyona y’u Rwanda wasize Rayon Sport FC yari ku mwanya wa mbere by’agateganyo igeze ku mwanya wa 3. Ni nyuma yo kunganya n’ikipe ya Musanze FC 1-1 kuri Stade Regional i Nyamirambo.
Ubuyobozi bw’akarere ka Kayonza burashimira ishuri rikuru rigisha imyuga n’ubumenyingiro mu ntara y’iburasirazuba (IPRC East) kubera ubufatanye ryagaragaje mu kubakira Abanyarwanda birukanywe muri Tanzaniya.
Minisiteri y’imari n’igenamigambi (MINECOFIN) yijeje ko inzego z’ubutabera zizakora mu buryo bwubahiriza ibipimo mpuzamahanga zibifashijwemo n’inkunga yatanzwe n’igihugu cy’u Buholandi ingana n’amayero miliyoni 20 € ahwanye n’amafaranga y’u Rwanda miliyari 17.3.
Abasivili 42 baturuka mu bihugu umunani by’Afurika, kuri uyu wa Mbere tariki 27/10/2014 batangiye amahugurwa mu Ishuri Rikuru ry’Amahoro (RPA: Rwanda Peace Academy) riri mu Karere ka Musanze abategurira imyitozo-ngiro yo kugarura amahoro izabera muri Etiyopiya (EASF CP-X 2014).
Umuryango nyarwanda uharanira iterambere ry’abantu Citizen for Development Network (CDN) umaze gutangizwa mu Rwanda n’Abanyarwanda bavuga ko bagiye gukora ibishoboka agatsiko k’ibihugu bicye biyoboye umuryango w’abibumbye (UN) kagahinduka.
Muri shampiyona y’igihugu cya Espagne “La liga” ikipe ya FC Barcelona yokejwe igitutu na Real Madrid nyuma y’aho iyitsindiye I Santiago Bernabeu ibitego 3-1 ku wa 25/10/2014. N’ubwo Barcelona ariyo yabanje kwinjiza igitego gitsinzwe na Neymar ku munota wa 4 ntibyayibujije gutsindwa 3 itongeye gukoramo.
Nyuma y’umunsi wa gatatu wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda, ikipe ya APR iyoboye urutonde by’agateganyo n’amanota 9/9 mu mikino 3 imaze gukinwa.
Umunyarwanda w’imyaka 27 wari waraburiwe irengero, nyuma y’umwaka urenga yashoboye kugaruka mu Rwanda avuye muri gereza yitwa Trois ZULU iri muri Kinshasa, umurwa mukuru wa Kongo, aho yari afungiye yitwa umusirikare w’u Rwanda.
Nyuma y’uko ubuyobozi bw’akarere n’imirenge hamwe na polisi ikorera mu karere ka Ngororero bakajije ingamba mu guhuza amasaha y’amasoko y’inka ndetse n’amasaha y’ingendo z’amatungo, no gukaza amarondo mu baturage, ubujura bw’inka bwari bwibasiye abaturage bwacitse intege.
Abatuye mu Mudugudu wa Zihari, Akagari ka Muyira, Umurenge wa Kibirizi mu Karere ka Gisagara, barashima ko batangiye kugerwaho n’ibikorwa bigamije kugira Zihari Umudugudu w’ikitegererezo, ibikorwa bihuriweho n’abafatanyabikorwa b’akarere ka Gisagara mu iterambere (JADF).
Bwa mbere mu mateka y’akarere ka Rusizi, hagaragaye abana bize amashuri atatu y’incuke. Umuhango wo kubaha impamyabumenyi ibemerera ko umwaka utaha w’amashuri bagomba gutangira kwiga amashuri abanza wabaye 26/10/2014.
Mu rugendo akorera mu bihugu by’abarabu mu rwego rwo gushaka ubucuti n’ubufatanye bw’ibihugu, taliki ya 26/10/2014 Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yakiriwe n’igikomangoma cyo mu bihugu byunze ubumwe by’Abarabu Gen. Sheikh Mohamed bin Zayed Al Nahyan.
Depite Berthe Mujawamariya wifatanyije n’abatuye akarere ka Kirehe mu kwizihiza umunsi w’umugore wo mu cyaro yavuze ko umugore wo mu cyaro atunze benshi kandi ngo ni nawe utunze umubare mu nini w’abaturage bo mu mujyi.
Abanyamuryango batanu nba FPR-Inkotanyi mu murenge wa Byimana, akarere ka Ruhango, bagaragaje ubwitange mu guteza imbere umuryango bashimiwe mu ruhame maze biyemeza gukomeza gukora ibikorwa byo guteza imbere umuryango wa FPR-Inkotanyi kuko bazi aho wabakuye. Hari ku cyumweru tariki ya 26/10/2014, ubwo abanyamuryango ba (…)
Abatuye mu karere ka Nyaruguru barasaba abayobozi kujya babegera kenshi bakumva ibibazo byabo kandi bakanabikemura, badategereje kubegera mu gihe cy’ukwezi kw’imiyoborere myiza.
Ubwo hizihizwaga umunsi mpuzamahanga wahariwe umugore wo mu cyaro, umuco nyarwanda wagaragajwe nk’imwe mu nzitizi zituma abagore bo mu karere ka Gakenke badatera imbere.
Abaturage b’umurenge wa Musheli mu karere ka Nyagatare bavuga ko kanyanga ihaboneka ndetse harimo na bamwe mu bayobozi bayinywa ari nayo mpamvu idacika burundu. Abenshi ngo bayita akantu mu rwego rwo kujijisha ubuyobozi.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi burasabwa gukomeza gushyira imbere umuco w’imiyoborere myiza barangwa no kumurikira abaturage ibibakorerwa kugira ngo babashe kubigiramo uruhare. Ibi akarere ka Rusizi kabisabwe mu muhango wo gusoza imurikabikorwa ry’akarere wabaye tariki ya 24/10/2014.
Umunyamabanga wa Leta muri minisiteri y’ubuzima (MINISANTE), Dr Patrick Ndimubanzi yashimiye abagore bo mu kagari ka Nyakabuye mu murenge wa Byimana mu karere ka Ruhango bakora ububoshyi bw’agaseke, abasaba kutabyihererana ahubwo bagahaguruka bakabyigisha abandi.
Isosiyete ikora ubucuruzi bwa sima “Kilimanjaro Cement” yiyemeje gufasha abaturage b’umurenge wa Ndera mu karere ka Gasabo kububakira isoko rya Kijyambere risimbura iryari ritangiye kubakwa mu buryo butajyanye n’igihe.
Abahanzi bibumbiye mu itsinda “Active” ku bufatanye n’itorero Inganzo Ngari n’umuryango Hope for The Future, kuri uyu wa 25/10/2014 bashyikirije inkunga abana b’impfubyi bo mu karere ka Gicumbi irimo ibyo kurya, imyambaro n’ibindi bikoresho bitandukanye byo mu rugo ndetse banasana amazu 3 aho bayasize irangi bakanayatera (…)