Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryamaze gutangaza ko ritakigurishije uburenganzira bwo kwerekana shampiyona igitangazamakuru icyo ari cyose nyuma yo gusanga nta na kimwe cyujuje ibisabwa.
Inzego za Leta y’u Rwanda zishinzwe iby’ingufu no guteza imbere ishoramari ngo zizeye ko abashoramari baturutse hirya no hino ku isi bari mu nama i Kigali yiswe Infrastructure Partnership for Africa Developmet (iPAD), bazafasha kugera kuri megawati z’amashanyarazi (MW) 563 zikenewe muri 2017, kugira ngo ingamba z’iterambere (…)
Abajyanama b’ubuzima mu karere ka Ruhango baravuga ko nyuma yo kwibumbira mu makoperative abateza imbere, bishimira amahugurwa bahabwa ku kwicungira imitungo kuko bituma bashobora gucunga no kugenzura neza ibikorwa byabo.
Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda, François Kanimba avuga ko imwe mu nshingano ntakuka leta y’u Rwanda yihaye ari ugushyiraho politiki zorohereza ba rwiyemezamirimo bashaka gushora imari ya bo mu mishinga itandukanye mu Rwanda.
Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN) irasaba abayobozi bo mu gihugu kwibuka uruhare rwabo mu gukangurira abaturage kwitabira gutanga umusoro, kuko ari yo nkingi y’ubukugu kugeza ubu ukaba winjiza 50% mu ngengo y’imari buri mwaka.
Umutoza w’ikipe ya Chelsea Jose Mourrinho yanenzwe n’abafana b’ikipe ye nyuma yo kubavugaho amagambo atari meza ku mukino Chelsea yatsinzemo Queens Park Rangers ibitego 2-1 ku wa gatandatu tariki ya 01/11/2014.
Ikipe y’igihugu y’umukino wa Volleyball y’abatarengeje imyaka 23 iri buhaguruke mu Rwanda ku gicamunsi cyo kuri uyu wa mbere tariki ya 03/11/2014 yerekeza mu Misiri kwitabira irushanwa nyafurika ry’abatarengeje imyaka 23.
Ubwo hatangizwaga urugerero mu ishuri rikuru rya Kibogora (KP: Kibogora polytechnic), Umuyobozi wa komisiyo y’itorero ry’igihugu, Rucagu Boniface yasabye abanyeshuri kuba umusemburo nyawo w’iterambere ry’aho batuye bahazana amajyambere, kandi bimakaza indangagaciro na kirazira mu mibereho yabo.
Mu gihe hari bamwe mu bakobwa usanga banenga imyuga imwe n’imwe bavuga ko yagenewe abahungu gusa, umukobwa urimo kuyiga mu karere ka Nyagatare bashishikariza bagenzi babo kwitabira imyuga kuko kubaka urugo bitakireba umugabo gusa.
Isosiyete yo muri Amerika yakoze igikomo (bracelet) gihana ucyambaye igihe akoze ibidakwiye. Kimwe mu bihano icyo gikomo gitanga mu gukebura ucyambaye, ni ugufatwa n’amashanyarazi.
N’ubwo ifite abakinnyi bakomeye benshi bazwi ku rwego rw’isi barimo Lionel Messi, Luis Suarez, Neymar, Iniesta n’abandi, ikipe ya FC Barcelona kuri ubu yavuye ku mwanya wa mbere mu gihugu cya Espagne nyuma yo gutsindwa na Celta Vigo 1-0 naho Real Madrid igatsinda Granada 4-0.
Abatuye umurenge wa Kigembe mu karere ka Gisagara barashima ikigo nderabuzima begerejwe, bagasaba ko serivisi yo kwita ku babyeyi babyara itaragera muri iki kigo nderebuzima yakwihutishwa kuhagera kuko ababyeyi bakivunika bakora urugendo.
Innocent Sebayoboke, umugore n’abana be batandatu batuye mu Kagari ka Nyabikokora umurenge wa Kirehe bamaze icyumweru bacumbitse mu baturanye nyuma yo gusenyerwa n’imvura yaguye tariki 25 Ukwakira 2014.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Bigogwe, Mutwarangabo Simon yihanangirije abagifite imyumvire y’uko iyo abanyeshuri baje mu biruhuko ari isenene ziba ziguye, kuko uzafatwa yashutse umwana azabihanirwa bikomeye.
Bamwe mu bahinzi b’urutoki bo mu murenge wa Nyanza mu karere ka Gisagara biteze umusaruro mwiza bitewe n’ingamba bafashe zo kuruvugurura.
Mukamana Jeannette utuye mu kagari ka Nyabigugu mu murenge wa Mwendo akarere ka Ruhango, atunzwe n’akazi ko mu bucukuzi bw’amabuye mu birombe biri muri uyu murenge, akavuga ko aka kazi kamurinze ibishuko byinshi ajya abona abakobwa bakunze kugwamo.
Abaturage bo mu karere ka Ngororero bahawe inguzanyo zo kwiteza imbere binyuze muri VUP (Vision 2020 Umurenge Program) barasabwa kwishyura umwenda bahawe kugira ngo uhabwe abandi baturage nabo bakeneye kwiteza imbere.
Nyuma y’uko bigaragaye ko hari abayobozi bo mu tugari bahabwa amafaranga y’imisanzu y’abaturage mu kwivuza bakamara ighe kinini batarayatanga, ubuyobozi bw’akarere bwabafatiye ingamba.
Ibikorwa bya VUP (Vision 2020 umurenge program) mu murenge wa Kigembe, mu karere ka Gisagara bimaze kuzamura abahatuye, bivuye ku nyigisho bagiye bahabwa zijyanye no kuzigama nk’uko babyivugira.
Ku munsi wa 5 wa Shampiyona, ikipe ya APR FC yaraye ku mwanya wa mbere by’agateganyo nyuma yo gutsinda Rayon Sport FC ibitego bibiri kuri kimwe mu mukino wabereye kuri Stade Amahoro i Remera tariki 02/11/2014.
Abaturage bo mu murenge wa Rubaya wo mu karere ka Gicumbi batuye mu mudugudu w’icyitegererezo mu kagari ka Kabeza baravuga ko kororera mu gikumba byabafashije gucana bakoresheje Biogaz.
Nyuma y’uko Arthur Nkusi na Frankie Joe bari bahagarariye u Rwanda mu marushanwa ya Big Brother Africa (BBA) bashyizwe ku rutonde rw’abashobora gusezererwa, byaje kurangira Arthur Nkusi asezerewe ku mugoroba wa 02/11/2014 naho Frankie Joe we abasha gukomeza.
Mu rwego rwo guca inzoga z’inkorano zitemewe zifatwa nk’ibiyobyabwenge, abazafatwa bazikora cyangwa bazicuruza mu karere ka Ngororero bazajya bajyanwa mu kigo ngororamuco cy’akararere giherereye mu murenge wa Kabaya.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umuryango Pro-Femmes Twese Hamwe, Emma Marie Bugingo, arasaba abagore kudakoreshwa na kamere yabo ngo bitwaze ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye kuko hari abagore bitwaza iryo hame bagakora ibyo bishakiye ndetse bakanahohotera abagabo.
Muri iki gice cya gatatu kikaba ari nacyo cya nyuma ku mateka ya muzika mu Rwanda, turareba ingorane z’umuziki nyarwanda mu minsi yakurikiye Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda ndetse n’iterambere umuziki nyarwanda umaze kugeraho muri iyi minsi.
Abaturage bo mu Karere ka Huye bahawe inka muri gahunda ya Girinka bakabasha kuzifata neza, hanyuma na zo zikabakura mu bukene, bishimira cyane aho bamaze kugera babikesha izo nka.
Aba baturage bo ku kirwa cya Nkombo mu karere ka Rusizi baravuga ko bamerewe nabi n’imvura ibanyagirira ku byambu bibahuza n’indi mirenge kuko aho biri hitaruye amazu bashobora kugamamo.
Mu kwizihiza umunsi w’abatagatifu bose ku itariki 01 Ugushyingo 2014, Padiri mukuru wa Paruwasi ya Kirehe Diyosezi ya Kibungo, César Bukakaza, yijeje ko kuba umutagatifu ku Munyarwanda bishoboka ngo icyangombwa ni igukora ugushaka kw’Imana.
Abahagarariye ibihugu byabo n’imiryango mpuzamahanga mu Rwanda bagiriye uruzinduko mu karere ka Rusizi kuri uyu wa gatandatu tariki 01/11/2014, batungurwa n’iterambere abaturage bo mu cyaro bamaze kugeraho bitandukanye n’ibyo basanzwe bumva.
Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi bo mu murenge wa Ngoma mu karere ka Nyaruguru baratangaza ko bagiye kurushaho kunoza imikorere kuko ngo bigaragara ko hari imirimo idakorwa nk’uko bikwiye.
Ubwo abagenzi bari mu modoka iva Kigali igana Byumba ku mugoroba wa tariki 31/10/2014 bashatse kujya kwihagarika ubwo bari bageze mu mudugu wa Cyamutara, akagari ka Kajevuba, mu murenge wa Ntarabana mu karere ka Rulindo umwe abona uruhinja rw’amezi 5 hepfo y’umuhanda mu ishyamba.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Kiyombe mu karere ka Nyagatare bwafashe icyemezo ko nta muntu bazongera kwemerera gutwika amakara mu gihe cy’izuba kubera ko biteza impanuka z’inkongi y’umuriro yibasira amashayamba.
Abajyanama mu by’ubucuruzi bo mu karere ka Nyamasheke bari bamaze iminsi icumi mu mahugurwa ajyanye no gucunga imishinga n’imari ndetse no gukora ubucuruzi bwunguka biyemeje kuyabyaza umusaruro kugira ngo bazabashe kugera ku ntego biyemeje.
Mu gihe bamwe mu baturage bo mu murenge wa Kiyombe bakora muri gahunda ya VUP bishimira iterambere bamaze kugeraho, bamwe mu bageze mu zabukuru bo bahabwaga inkunga y’ingoboka inyuze muri iyi gahunda bo bavuga ko batakiyibona, ubuyobozi bw’uyu murenge buvuga ko abakiri muri iyi gahunda bose bagihabwa iyi nkunga uretse (…)
Bamwe mu baturage batuye mu karere ka Rulindo batangaza ko n’ubwo gahunda ya “Gira inka” yarabagejeje ku bukungu n’imibereho myiza, baracyafite baracyabangamiwe no kubona iby’ibanze by’inka n’umwatsi bwazo n’ubuvuzi bituma hari abahitamo kwiyororera amatungo magufi.
Bamwe mu bagore bo mukarere ka Nyaruguru baratangaza ko n’ubwo bahawe ijambo bakaba basigaye babasha kujya mu bandi ngo bakibangamiwe n’uko abagabo babo babashakiraho abandi bagore bikadindiza iterambere ryabo.
Imirambo ibiri y’umugabo n’umugore we bari baburiwe irengero ku wa Mbere tariki ya 27/10/2014, mu murenge wa Kigabiro mu karere ka Rwamagana, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 31/10/2014, yataruwe mu gishanga cya Nyagashi kiri ku ruhande rw’ikiyaga cya Muhazi ruherereye mu murenge wa Muhazi mu karere ka Rwamagana.
Abaturage batuye umurenge wa Gatare, kugana amatsinda yo kwizigama no kugurizanya byabakuye mu bukene aho babashije kwigurira amatungo magufi, bagura amamashini adoda, biga ububaji n’ibindi bikorwa bitandukanye byazamuye imibereho myiza yabo.
Abasivili 44 bava mu bihugu umunani by’umuryango w’Afurika y’Iburasizuba bifite ingabo ziteguye gutabara aho rukomeye (EASF), kuri uyu wa Gatanu tariki 31/10/2014 barangije amahugurwa abategurira ibikorwa byo kugarura amahoro mu butumwa bw’amahoro bukorerwa hirya no hino muri Afurika.
Minisitiri w’Umuco na Siporo arasanga harabayeho amakosa yo kwemeza no gutangaza amabwiriza hatabayeho kubanza kubaza Abanyarwanda. Asabira imbabazi abakoze aya mabwiriza akavuga ko yakomeza kugibwaho impaka byaba na ngombwa akarekwa hagakomeza imyandikire isanzwe.
Umugabo witwa Nsengiyumva Emmanuel afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera nyuma yo gufatanwa litiro 46 z’inzoga itemewe ya Kanyanga.
Abafatanyabikorwa ba Ministeri y’imari n’igenamigambi (MINECOFIN) muri gahunda yiswe ‘Access to Finance Rwanda/AFR’ y’ubukangurambaga bwo kwizigamira, bashimye iyo gahunda ndetse na bamwe mu baturage bamaze kwizamura mu bukungu bitewe no kuyitabira.
Perezida wa Senay’u Rwanda, Bernard Makuza, yasabye abari bitabiriye inama yari ihuje abadepite b’Inteko mu bihugu bigize umuryango wa Afurika y’uburasirazuba(EAC) n’ub’umuryango wa bagize EALA n’abandi bafatanyabikorwa, ko hafatirwamo n’ingamba zo kurwanya Jenoside.
Abahagarariye ibihugu byabo n’imiryango mpuzamahanga yo hirya no hino ku isi ikorera mu Rwanda, tariki 31/10/2014 basuye ingoro ndangamateka ziherereye mu Rukali ahubatswe ingoro y’umwami Mutara wa III Rudahigwa, n’ingoro y’ubugeni n’ubuhanzi iri ku Rwesero mu karere ka Nyanza.
Abaturage batuye mu kagari ka Rutabo mu murenge wa Gashenyi mu karere ka Gakenke bahangayikishijwe no kubaho badakoresha itumanaho uko bikwiye bitewe nuko agace batuyemo katabamo umunara n’umwe w’isosiyete zikorera mu gihugu rwagati.
Mu gihe kitarenze amezi atanu imirimo yo kwagura uruganda rukora sima rwa CIMERWA ruri mu karere ka Rusizi mu Murenge wa Muganza iraba ishojwe. Gahunda yo kwagura uruganda rwa Cimerwa igamije kurwongerera ubushobozi ku buryo ruzajya rukora sima igera kuri toni ibihumbi 600 mu gihe rwakoraga toni ibihumbi 100 gusa mu mwaka.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuhinzi (RAB) kiratangaza ko kuri ubu ubuhinzi bw’ibitoki mu Rwanda buhagaze neza, nyuma y’aho hakozwe amavugurura n’ubukangurambaga ku ndwara ya kirabiranya yari yarateje abahinzi igihombo kuva yaduka mu mwaka wa 2006.
Kuri uyu wa gatandatu tariki ya 01/11/2014, abahagarariye ibihugu bitandukanye mu Rwanda barakorera uruzinduko mu karere ka Rusizi aho biteganijwe ko bazasura ibikorwa binyuranye.
Abayobozi n’abashinzwe umutekano mu karere ka Ngororero bavuga ko abagabo bo muri aka karere aribo bakunze kwiyahura kurusha abagore. Ibi bikaba bishobora kuba bifitanye isano n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge bikunze kugaragara cyane mu bagabo kurusha abagore.
Abaturage bo mu kagari Nyabigugu mu murenge wa Mwendo akarere ka Ruhango, baravuga ko bahangayikishijwe n’ikibazo cy’inzara kuko bahinga ntibeze bitewe n’udusimba twitwa ifuku, ducengera mu butaka tukangiza imyaka yabo.