Ibikorwa bya GAERG&AERG week byakomereje mu Bisesero

Abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994 biga mu mashuri yisumbuye, amashuri makuru na Kaminuza (AERG) ndetse na bakuru babo barangije kaminuza n’amashuri makuru (GAERG) bakomereje ibikorwa byabo ku rwibutso rwa Bisesero ruherereye mu Murenge wa Rwankuba mu Karere ka Karongi.

Ku wa gatandatu tariki ya 21 werurwe 2015, Abagize AERG na GAERG basukuye urwibutso rwa Bisesero rwubatse ku musozi waguyeho abatutsi benshi ndetse banabanje kwihagararaho, ariko abishi bakaza kubaganza.

Aha mu Bisesero kandi banatangije igikorwa cyo kubakira umwe mu barokotse jenoside inzu yo kubamo.

Dore uko ibikorwa biri kugenda mu mafoto kuko Kigali Today ibabereyeyo:

Abanyamuryango ba AERG na GAERG baherekejwe na bamwe mu bayobozi banyuranye berekeza mu Bisesero.
Abanyamuryango ba AERG na GAERG baherekejwe na bamwe mu bayobozi banyuranye berekeza mu Bisesero.
Amarembo y'urwibutso rwa Bisesero.
Amarembo y’urwibutso rwa Bisesero.
Abagize GAERG na AERG n'abayobozi banyuranye bakigera ku Rwibutso rwa Bisesero.
Abagize GAERG na AERG n’abayobozi banyuranye bakigera ku Rwibutso rwa Bisesero.
Uyu mugabo wakoze igishushanyo cy'urwibutso rwa Bisesero yabasobanuriraga imiterere yarwo n'icyo bisobanuye.
Uyu mugabo wakoze igishushanyo cy’urwibutso rwa Bisesero yabasobanuriraga imiterere yarwo n’icyo bisobanuye.
Urwibutso rwa Jenoside yakorewe abatutsi rwa Bisesero.
Urwibutso rwa Jenoside yakorewe abatutsi rwa Bisesero.
Abanyamuryango ba AERG na GAERG n'ababaherekeje bakoze isuku ku rwibutso rwa Bisesero.
Abanyamuryango ba AERG na GAERG n’ababaherekeje bakoze isuku ku rwibutso rwa Bisesero.
Ifoto iriho zimwe mu nterahamwe zishe abantu mu Bisesero ziyobowe n'abafaransa biteguye "gukora".
Ifoto iriho zimwe mu nterahamwe zishe abantu mu Bisesero ziyobowe n’abafaransa biteguye "gukora".
Hakurikiyeho kubakira umwe mu barokotse Jenoside utishoboye wo mu Bisesero.
Hakurikiyeho kubakira umwe mu barokotse Jenoside utishoboye wo mu Bisesero.
Abagize AERG na GAERG n'abandi bafatanyije begeranya ibikoresho ngo batangire kubakira uwarokotse Jenoside.
Abagize AERG na GAERG n’abandi bafatanyije begeranya ibikoresho ngo batangire kubakira uwarokotse Jenoside.
Ba Minisitiri Nsengimana Jean Philbert, ushinzwe urubyiruko n'ikoranabuhanga na Seraphine Mukantabana ushinzwe imicungire y'ibiza n'impunzi bafatanya na AERG na GAERG kubaka umusingi w'inzu.
Ba Minisitiri Nsengimana Jean Philbert, ushinzwe urubyiruko n’ikoranabuhanga na Seraphine Mukantabana ushinzwe imicungire y’ibiza n’impunzi bafatanya na AERG na GAERG kubaka umusingi w’inzu.
Inzu bayubatse bahereye hasi.
Inzu bayubatse bahereye hasi.
Bamwe batundaga amabuye abandi bubaka umusingi.
Bamwe batundaga amabuye abandi bubaka umusingi.
IPRC Kigali nayo irahagarariwe.
IPRC Kigali nayo irahagarariwe.
Maj. Gen. Mubaraka Muganga nawe yifatanyije n'urubyiruko rwarokotse jenoside yakorewe abatutsi muri AERG&GAERG week.
Maj. Gen. Mubaraka Muganga nawe yifatanyije n’urubyiruko rwarokotse jenoside yakorewe abatutsi muri AERG&GAERG week.
Maj Gen Jack Nziza nawe yateye ingabo mu bitugu AERG na GAERG.
Maj Gen Jack Nziza nawe yateye ingabo mu bitugu AERG na GAERG.
Abari mu Bisesero bari mu mwanya w'ibiganiro.
Abari mu Bisesero bari mu mwanya w’ibiganiro.
Senateri Bizimana Jean Damascene ari gutanga ikiganiro ku mateka y'abatutsi mbere ya Jenoside yakorewe abatutsi n'uburyo bakomeje gutotezwa banakorerwa ivangura.
Senateri Bizimana Jean Damascene ari gutanga ikiganiro ku mateka y’abatutsi mbere ya Jenoside yakorewe abatutsi n’uburyo bakomeje gutotezwa banakorerwa ivangura.

Inkuru irambuye turacyayikurikirana.

Kigali Today

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

ni byiza kubona uru rubyiruko rugamije kubaka igihugu maze bityo rugasigasira amateka yabaye ya jenoside ari naho hava inkufu zo gukumira ko yakongera kuba iwacu n’ahandi

victoria yanditse ku itariki ya: 22-03-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka