Tagisi Minibusi yavaga i Kigali yerekeza i Remera Rukoma, yaguye mu masaa cyenda z’amanywa yo kuri uyu wa gatanu tariki 6/2/2015, igeze ahitwa Kamiranzovu mu kagari ka Sheli ho mu murenge wa Rugarika; nyuma yo guturika ipine, yakomerekeyemo abantu 14, harimo bane bakomeretse bikabije.
Ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare yarangije gusesekara mu gihugu cya Afurika y’epfo aho igiye kwitabira shampiyona nyafurika muri uyu mukino izatangira ku wa mbere tariki 9/2/2015 ikageza tariki 14/1/2015.
Umugabo witwa Kanani Muhamudu w’imyaka 32 y’amavuko afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu Karere ka Bugesera nyuma yo gufatirwa iwe afite udupfunyika 533 tw’urumogi.
Abatuye mu ntara y’Uburengerazuba bw’u Rwanda basaga 85% bababajwe no kuba batagerwaho n’ibyiza by’amashanyarazi afatwa nk’isoko ya byinshi mu bikorwa by’iterambere n’imibereho myiza.
Abanyeshuri bo mu Karere ka Gatsibo barangije icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye bakaba batarabona ibigo bakomerezaho nyuma yo gusaba ko bahindurirwa aho bari bashyizwe, bavuga ko bahangayikishijwe n’uko amasomo ari kubacika.
Perezida wa Komisiyo y’Abakozi ba Leta (PSC), Habiyakare François atangaza ko uturere tw’Intara y’Amajyaruguru ubu dusigaye twemera ibyemezo n’inama zatanzwe na PSC kandi mbere barabiteraga utwatsi.
Nyuma y’ubugenzuzi bumaze iminsi bukorwa mu Karere ka Rutsiro n’itsinda ry’abagenzuzi b’imari boherejwe n’ubuyobozi bw’intara y’I burengerazuba ngo harebwe niba amafaranga y’ikigo cy’ubwisungane mu kwivuza (MUSA) yaracunzwe neza, hagaragaye amafaranga yaburiwe irengero abagize uruhare mu kuyanyereza bakaba bagiye (…)
Umugore witwa Mukamurara Speciose w’imyaka 52 wari utuye mu Mudugudu wa Remera, Akagari ka Migendezo mu Murenge wa Cyinzuzi mu Karere ka Rulindo, kuwa kabiri tariki ya 03/02/2015, yasanzwe ku buriri bwe yapfuye, abaturage bakaba bakeka ko yishwe n’abagizi ba nabi na n’ubu bataramenyakena.
Uwanyirigira Marie Louise, umuyobozi w’ikigo cy’amashuri cya Kigina mu Karere ka Kirehe ari mu buroko nyuma yo gukekwaho gukoresha umwarimu utabaho, ari nako buri kwezi hasohoka amafaranga yitwa umushahara w’uwo mwarimu.
Mu Mudugudu wa Bitenga, Akagari ka Gihira mu Murenge wa Ruhango ho mu Karere ka Rutsiro hatahuwe umurambo w’umusore witwa Nizeyimana Théophile, kuwa 04/02/2015, ukwekwa ho kumwica akaba agishakishwa kuko yaburiwe irengero.
Ubuyobozi bw’ishuri ryisumbuye rya Nyange mu Karere ka Ngororero (Nyange Secondary School, National Imena Heroes) hamwe n’abanyeshuri baryigaho bavuga ko bamaze imyaka 2 barakoze filimi igaragaza ubutwari bw’abanyeshuri b’i Nyange ikaba yararangiye ariko bakabura inkunga yo kuyimenyekanisha.
Bamwe mu bagize imiryango isanzwe ifashwa n’Umushinga “Higa ubeho” uterwa inkunga n’abanyamerika bagaragaje uburyo bashoboye kwikura mu bukene, kandi ko bazakomeza imikorere basanganwe mu rwego rwo kwirinda guhora bateze amaboko kuko umushinga wabafashaga wahagaze.
Umuhanzi w’umunyarwanda Ruhumuriza James uzwi nka King James agiye gufatanya na Jimmy Gatete mu gukurikirana abana babarizwa muri Goal Star Academy isanzwe ifashwa n’uyu wahoze ari rutahizamu ukomeye.
Nyirakubumba Basilissa na Mutabazi Honoré Jean Bosco bakorera ikigo cy’imari “SACCO Ukuri Nyabimata”, cyo mu Murenge wa Nyabimata mu Karere ka Nyaruguru bari batawe muri yombi bakekwaho kunyereza umutungo w’iki kigo barekuwe.
Mu Karere ka Rwamagana hatashywe ku mugaragaro uruganda rw’ingufu z’imirasire y’izuba rutanga Megawatt 8.5, zingana na 5% by’amashanyarazi yose u Rwanda rufite. Uru ruganda rw’ingufu z’imirasire y’izuba rukaba ari na rwo rwa mbere rwo kuri uru rwego rwubatswe muri Afurika y’Iburasirazuba.
Shampiyona y’icyiciro cya mbere izaba ikinwa umunsi wayo wa 16 mu mpera z’icyumweru, aho umwe mu mikino yari iteganyijwe hagati ya Sunrise na Police FC utakibaye kubera ikiriyo iyi kipe y’i burasirazuba ikirimo.
Abanyarwanda babatu baguye mu mpanuka ikomeye y’imodoka ya Sosiyete ya Trinity Epress Ltd yavaga i Kampala muri Uganda ijya i Kigali mu Rwanda.
Hamwe mu hacukurwa amabuye yo kubaka usanga ababikora badafite imyambaro ibarinda impanuka cyangwa se ubwishingizi bwo kubunganira mu gihe bahahuriye n’impanuka ibabuza gukomeza gukora.
Ministeri y’ubutegetsi bw’igihugu mu Rwanda iremeza ko abafite impungenge ku byiciro by’ubudehe biri kuvugururwa bakwiye gushyitsa umutima hamwe kuko ngo Abanyarwanda ubwabo ari bo bazishyira mu byiciro kandi utazanyurwa akaba azaba afite urubuga rwo kubisubirishamo.
Ubwo zari mu ruzinduko rw’iminsi 10 mu Karere ka Ngororero, Intumwa za rubanda mu nteko ishinga amategeko, imitwe yombi zasabye ko uruganda ruzatunganya umusaruro w’imyumbati rutatangira gukora rudasuzumwe ubuziranenge n’ikigo cy’igihugu kibishinzwe, ndetse banasaba ko hakongerwamo ibindi bikoresho basanze bidatunganye (…)
Itsinda ry’abasirikari bakuru biga mu Ishuri rikuru rya Gisirikare rya Nyakinama bemeza ko u Rwanda rugenda rushyira imbaraga mu kongera ingufu z’amashanyarazi, ku buryo ibindi bihugu byo mu karere k’ibiyaga bigari bikwiye kurwigiraho byinshi.
Ikipe y’igihugu ya Ghana Black Stars izahura na Cote d’Ivoire ku mukino wanyuma w’igikombe cya Afurika cy’ibihugu nyuma yo gutsinda Guinea Equatorial yari mu rugo 3-0, mu mukino wabayemo imvururu zikomeye.
Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Rugarama mu Karere ka Gatsibo bari bamaranye igihe ibibazo bavuga ko bishingiye ku karengane ngo barishimira uburyo kuri uyu wa 5 Gashyantare 2015 Urwego Igihugu rw’Umuvunyi rwabibakemuriye.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Ishyirahamwe ry’Uturere n’Umujyi wa Kigali (RALGA), Karake Théogene aratangaza ko amasezerano y’ubufatanye bagiranye n’Ishuri ry’Amahoro (RPA: Rwanda Peace Academy) azabafasha mu guhanahana abarimu igihe kaminuza bagiye gushinga izaba yatangiye.
Hashize umwaka mu Rwanda hageze ikigo cyitwa Kaymu, gikora akazi ko gutumikira abaturage ku isoko, aho buri wese agituma ibyo ashaka kikabishakisha ku isoko kandi kikabimugezaho mu rugo ku kiguzi cy’amafaranga igihumbi y’u Rwanda ku gicuruzwa icyo ari cyo cyose.
Komiseri mukuru w’ Ikigo cy’igihugu gishinzwe kwinjiza imisoro n’amahoro (RRA) Tusabe Richard yatangaje ko batageze ku muhigo bari bahize wo kwinjiza imisoro mu gihembwe cya mbere 2014/2015.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamasheke, kuru uyu wa 5 Gashyantare 2015, bwakiriye urubyiruko rw’abasore bagera kuri mirongo itatu n’umwe barangije amasomo mu Kigo Ngororamuco cya Wawa bakomoka muri ako karere maze bubasaba gukoresha ibyo bize bagaragaza ikinyuranyo hagati y’ubuzima bahozemo n’ubwo binjiyemo nyuma y’inyigisho (…)
Kuri uyu wa kane tariki 5/2/2015 ni bwo uwari umutoza mu makipe atandukanye mu Rwanda Capt.Rtd Jean Marie Ntagwabira yashyingurwaga mu irimbi rya gisirikare rya Kanombe.
Ishuri rikuru ry’abadivantisti b’abalayiki rya Kigali (INILAK) ryiyemeje gukorana n’Ikigo giteza imbere ibaruramari (iCPAR), kugira ngo abaryigamo ndetse n’abaharangije amasomo ajyanye n’icungamari, bazajye bakorera impamyabushobozi y’umwuga w’ibaruramari iri ku rwego mpuzamahanga.
Leta y’u Rwanda, ibinyujije muri Ministeri y’urubyiruko n’ikoranabuhanga (MYICT), hamwe n’Ishyirahamwe ry’abashoramari mpuzamahanga muri serivisi z’itumanaho (GSMA) bagiranye amasezerano yo guhererekanya ubumenyi bwafasha kubyaza umusaruro uhagije telefone zigendanwa, zigakoreshwa mu nzego zose zigenga imibereho y’abantu.
Uwiringiyimana Aimé Sylvain ufite imyaka 28, utuye mu Murenge wa Muhima, yashyikirijwe amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 100 yegukanwa n’umunyamahirwe w’ukwezi muri Tombola yiswe “Subiza utsindire ibihembo” yateguwe na Kigali Today Ltd.
N’ubwo intara y’Amajyaruguru ari yo iza ku isonga mu kugira ingomero zitanga amashanyarazi nyinshi mu Rwanda, ibipimo biragaragaza ko abafite amashanyarazi muri iyo ntara ari 15% gusa by’abayituye bose.
Abadepite mu Nteko ishinga amategeko barasaba abayobozi b’imirenge, utugari n’imidugudu mu Karere ka Muhanga kwiminjiramo agafu bagasanga abaturage bakabakemurira ibibazo ku gihe, kuko ngo iyo umuturage atibona mu muyobozi gahunda za Leta zihadindirira.
Polisi y’u Rwanda yatangiye kwiga uburyo yashyiraho ishami ryihariye rya Polisi rishinzwe kurwanya iyinjizwa mu Rwanda ry’imiti y’imyiganano n’indi ya forode, mu buryo bwo gukumira ikwirakwizwa ryayo mu Rwanda.
Abaturage bo mu Murenge wa Nyange mu Karere ka Ngororero cyane cyane abaharokokeye n’abandi bafite ababo bahiciwe muri jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994 bahiritsweho kiliziya, bakomeje kubabazwa n’uko hatarubakwa urwibutso rutunganye rwo gushinguramo imibiri iharuhukiye ndetse no kubika amateka y’ibyahabaye.
Karangwa Hussein bita Mahungu ari mu maboko ya Polisi, sitasiyo ya Nyagatare akekwaho kwiba imiti yifashishwa mu kuvura abantu n’imifariso bifite agaciro k’ibihumbi 372.
Umusore Kamana Jean François Regis utuye mu Mudugudu wa Mubumbano mu Kagari ka Mikingo mu Murenge wa Kagano,mu Karere ka Nyamasheke avuga ko yakuranye ipfunwe rikomeye ryo kuvukira mu muryango ukennye byatumaga aho yanyuraga hose haba we n’abavandimwe be babinuba ndetse bakabanena, nyamara nyuma yo gutekereza no gufata (…)
Mu rugendo bamwe mu basirikari bakuru biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Nyakinama bagiriye mu Karere ka Rwamagana kuwa Gatatu, tariki ya 4/02/2015, bishimiye ko iterambere ry’ingufu z’amashanyarazi rigenda rizamura iterambere ry’abaturage kandi bagaragaza ko amashanyarazi ubwayo yunganira umutekano rusange.
Ku gicamunsi cyo kuwa 04/02/2015, inzego z’umutekano zataye muri yombi abayobozi b’utugari dutanu two mu Murenge wa Nyakarenzo ndetse n’umukozi ushinzwe ubuhinzi n’ushinzwe ubworozi muri uyu murenge, bakekwaho gukoresha nabi amafaranga ya VUP agenewewe gufasha abaturage.
Polisi y’u Rwanda irakangurira abafite imbwa kuzicunga no kuzikingiza kugira ngo hirindwe ibibazo by’umutekano muke zishobora guteza.
Bamwe mu bayobozi b’ibigo by’amashuri abanza yo mo turere tugize intara y’Amajyepfo turimo utwa Kamonyi, Muhanga, Ruhango na Nyanza ntibavuga rumwe na Minisiteri y’Uburezi mu Rwanda ku mibare y’abana ivuga ko bataye ishuri mu mwaka ushize wa 2014.
Minisitiri w’Imari n’igenamigambi (MINECOFIN), Ambasaderi Gatete Claver arahamagarira abashoramari b’abanyamahanga kuza gukorera mu Rwanda kubera amahirwe ahari mu kongera ubukungu bw’igihugu n’abagituye.
Urukiko rwisumbuye rwa Nyagatare, rwari rwimuriye imirimo yarwo mu Mudugudu wa Cyenjojo, Akagari ka Cyenjojo, Umurenge wa Rwempasha, ku wa 04/02/2015 rwakatiye Ntambara Jean Damascène w’imyaka 22 y’amavuko igifungo cya burundu nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kwica atemaguye sebuja yaragiriraga inka.
Polisi y’igihugu yashyikirije ibihembo itorero Twizerane ryo mu Karere ka Rubavu ryatwaye umwanya wa kabiri mu ntara y’Uburengerazuba mu gukora ibihangano bishishikariza abantu gukorana na Polisi y’igihugu mu bikorwa byo kwirindira umutekano.
Pasiteri Rutabangira Elie wo mu itorero ry’abangirikani mu Rwanda (EAR) yapfuye ku mugoroba wo ku wa kabiri tariki 03/02/2015 ubwo yari atwaye moto akagongana n’imodoka itwara abagenzi ya sosiyete ya Matunda.
Abaturage b’abanyafurika batari bake bakomeje guca agahigo mu gukoresha nabi inzitiramibu ugereranyije n’abandi batuye ku yindi migabane igize isi.
Umunyamabanga mukuru w’Ikigo mpuzamahanga ry’Itumanaho (ITU), Zhao Houlin arizeza Abanyarwanda ko uyu muryango uzagira uruhare mu gushyigikira ibigo bito bihanga udushya mu ikoranabuhanga, kugira ngo nabyo bigire uruhare mu bukungu n’iterambere ry’u Rwanda.
Kamanzi Damien bahimba “Murundi” wamamaye cyane mu mujyi wa Nyanza wahoze ari inzererezi izwi ho urugomo n’ibikorwa by’ubujura, ubu aremeza ko avuye mu kigo ngororamuco giteza imbere imyuga cya Iwawa yarahindutse, ndetse atandukanye n’uwo yahoze ari we mbere.
Bamurange Jeanine ukomoka mu Kagari ka Rukoma mu Murenge wa Mukamira, Akarere ka Nyabihu, mu gitondo cyo ku wa Gatatu tariki 04/02/2015 abaturage bamusanze hagati mu ngo ahitwa ku Kibuye, mu Kagari ka Cyabararika mu Murenge wa Muhoza atazi iyo ari ameze nk’uwapfuye.