Savio yateye utwatsi Kiyovu Sports yamushyize ku rutonde

Nyuma yo gushyirwa ku rutonde rwa Kiyovu Sports kandi akinira Rayon Sports,Nshuti Savio yatangaje ko Kiyovu yarumushyizeho itarigeze imuvugisha

Uyu mukinnyi byatangiye kuvugwa ko yerekeje mu ikipe ya Rayon Sports ubwo shampiona y’icyiciro cya mbere mu mwaka w’imikino wa 2014/2015 yaburaga iminsi mike ngo irangire,ubu ni umwe mu bakinnyi bamaze iminsi bakinira iyi kipe mu mikino ya gicuti.

Savio ubu ari gukina mu ikipe ya Rayon Sports
Savio ubu ari gukina mu ikipe ya Rayon Sports

Ubwo ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ryashyiraga ho italiki ntarengwa yo gutanga ama lisiti amakipe azifashisha,ikipe ya Rayon Sports yaje gutanga urutonde rugaragaraho uyu mukinnyi,ndetse na Kiyovu Sports iza gutanga urutonde uyu mukinnyi ariho.

Savio aracyarwana no kubona umwanya ubanza mu kibuga
Savio aracyarwana no kubona umwanya ubanza mu kibuga
Yasinyiye Rayon Sports imyaka 2,aha yakinaga na Rwamagana
Yasinyiye Rayon Sports imyaka 2,aha yakinaga na Rwamagana

Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru ubwo yamaraga gukina umukino wa gicuti na Ibanda Sport y’i Bukavu,Nshuti Dominique Savio yatangaje ko atigeze agira icyo avugana n’iyi kipe ya Kiyovu Sports,ko ahubwo yashidutse yisanga kuri uru rutonde.

Savio ati"Ikibazo cya Kiyovu nanjye nacyumvise gutyo kuko nigeze kuhanyura nkiri muto,banshyize ku rutonde tutaraganiriye kuko Kiyovu Sports nkiri mu Isonga nategereje ko iza ngo tuganire ndaheba,ariko Rayon Sports niyo yabashije kunyegera turaganira"

Ngo yashyizwe ku rutonde atabizi,aha ni ku mukino wa Ibanda Sport
Ngo yashyizwe ku rutonde atabizi,aha ni ku mukino wa Ibanda Sport

Nshuti Dominique Savio ni umwe mu bakinnyi bavuye mu ikipe y’Isonga bagaragaza ko bashakishwa n’amakipe mesnhi,aho ndetse kandi yagiye yitwara neza mu ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 20,ndetse akaba anahamagarwa mu ikipe nkuru Amavubi.

Sammy IMANISHIMWE

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

Mbega kiyovu ubwo se irashaka uriyamwana munzira zitarizo

Paul yanditse ku itariki ya: 14-09-2015  →  Musubize

ikiza nuko nyirubwite ariwe wabishubirije Ko ntagahunda afitanye na kiyovu harikindi se? urubanza ntirwarangiye.

Richard yanditse ku itariki ya: 14-09-2015  →  Musubize

Kiyovu ijye igerageza kwiyubaha kabisa ikore ibintu biri mumucyo

tuyishime yannick yanditse ku itariki ya: 14-09-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka