Ikipe ya APR FC ni yo yegukanye irushanwa ryateguwe na Society for Family Health mu rwego rwo kumenyekanisha agakingirizo ka Prudence, aho iyi kipe y’ingabo z’igihugu yashoboye gutsinda Police ibitego 2-1 ku mukino wnayuma w’iri rushanwa wabaga kuri iki cyumweru.
Abanyarwanda barakangurirwa kurangwa n’ubutwari mu byo bakora umunsi ku w’undi, kuko intwari yibukwa ari izibera Abanyarwanda bose urugero, nk’uko byagarutsweho ubwo hizihizwaga umunsi w’intwari z’u Rwanda, kuri iki cyumweru tariki 1/2/2015.
Umuganda wakozwe n’abaturage b’akarere ka Gasabo ku rwego rw’akarere ukabera mu murenge wa Kimihurura, aho abaturage bacukuye imirwanyasuri ahahoze hitwa Kimicanga mu Kagali ka Kamukina, wahawe agaciro ka miliyoni ebyiri n’igice z’amafaranga y’u Rwanda.
Abaturage bo mu Karere ka Nyanza barasabwa kwizihiza umunsi w’intwari bagera ikirenge mu cyazo, kandi bigakorwa mu ngeri zose z’imibereho y’abantu n’iy’igihugu muri rusange.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngoma burasaba abagura ibibanza mu mujyi wa Ngoma kwitonda bakabanza bakabaza mu biro by’ubutaka igiteganyirijwe aho bashaka kugura, kugira ngo bahagure bazi ikihateganirijwe mu gishushanyo mbonera cy’umujyi giherutse kwemezwa.
Abaturage b’imidugudu ya Rwarucura na Ryabega akagali ka Mbare umurenge wa Karangazi bemeza ko ubutaka bwa hegitari ebyiri bwari bwaragenewe isoko bwahawe abantu bishoboye nyuma yo kubeshya bari abatuye mu manegeka.
Akarere ka Nyanza niko kaza ku isonga mu turere 8 tugize Intara y’Amajyepfo mu micungire idahwitse y’imali ya Leta, n’amakosa 89 yo mu buryo butandukanye mu ngengo y’imali ya 2012-2013.
Minisitiri w’intebe, Anastase Murekezi yabwiye abaturage ko agaye ku mugaragaro bamwe mu bayobozi batekinika bagahimba imibare minini y’abaturage bafite ubwishingizi mu kwivuza, aho usanga iyo mibare itajyana n’amafaranga yatanzwe kugira ngo kwivuza ndetse n’imiti iboneke mu bitaro no mu bigo nderabuzima.
Bamwe mu bakirisitu basengera mu itorero Pantekoti mu Rwanda, bakunze kwita abarokore, batuye ku Kirwa cya Bugarura giherereye mu Murenge wa Boneza ho mu Karere ka Rutsiro batangaza ko kuboneza urubyaro ari icyaha bityo bakaba batabikozwa.
Uwanyirigira Chantal utuye mu Mudugudu wa Rugwiro, Akagari ka Kidahwe, Umurenge wa Nyamiyaga mu Karere ka kamonyi yinjiye mu mwuga wo gufotora abitewe n’uko icyaro atuyemo bakeneraga amafoto bakabura ubafotora.
Abagana Kantine y’akarere batangaza ko babangamiwe no kutabona ubwiherero bakoresha igihe bibaye ngombwa kuko bufunze.
Umwana w’imyaka 17 usanzwe ari umukozi wo mu rugo mu Kagari ka Ruhanga, Umurenge wa Kigina mu Karere ka Kirehe arakekwaho gusambanya umwana w’imyaka ibiri n’igice ku mugoroba wo kuwa kane tariki 29/01/2015.
Abapolisi babiri bakorera mu Karere ka Bugesera bakoze ibikorwa by’indashyikirwa banga kwakira amafaranga bagenewe ya ruswa kugira ngo bafungure abantu cyangwa ibintu bashimiwe ku mugaragaro n’ubuyobozi bwa polisi ku rwego rw’igihugu.
Gushyira mu bikorwa itegeko rihana abatitabiriye umuganda nibyo bizatuma abaturage b’Akagari ka Nyagatare barushaho kuwitabira.
Minisitiri w’intebe, Anastase Murekezi arasaba abaturage kunganira Leta mu bikorwa by’iterambere binyuze mu muganda.
Umunyamabanga wa Leta muri minisiteri y’ibikorwaremezo ushinzwe gutwara abantu n’ibintu, Nzahabwanimana Alexis, kuwa 30/01/2015, yatangije ku mugaragaro imirimo yo gusana ikibuga cy’indege cya Kamembe giherereye mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka Rusizi.
Minisitiri w’intebe, Murekezi Anastase yatangaje ko yanyuzwe n’ibikorwa by’amajyambere biri kugera mu Karere ka Nyamasheke birimo umuhanda wa kaburimbo uri kubakwa, ashima uburyo urubyiruko ruri kwitabira gukora imyuga mu gakiriro ndetse ashima intera ibitaro bya Bushenge bigezeho mu guha serivisi nziza ababigana.
Mukangarambe Asinath wo mu Murenge wa Kigina, Akarere ka Kirehe yiyahuye anyweye umuti wa tiyoda bamugejeje mu bitaro ahita apfa.
Amakipe ya APR FC na Police ni yo azakina umukino wanyuma w’irushanwa ryitiriwe Prudence nyuma yo gusezerera As Kigali na Rayon Sports yahuraga na yo kuri uyu wa gatandatu.
Abanyeshuri 989 bashyikirijwe impamyabumenyi zo kugororwa no kwiga imyuga nyuma y’umwaka bamaze mu kigo ngororamuco no kwigisha imyuga cya Iwawa, mu muhango wabaye kuri uyu wa gatandatu tariki 31/1/2015.
Abahinzi b’urusenda bibumbiye amatsinda agizwe n’urubyiruko rutagize amahirwe yo gukomeza amashuri rwo mu karere ka Bugesera baratangaza ko bagiye kongera imbaraga mu buhinzi bwarwo kuko basanze ruteza imbere abaruhinga.
Bamwe mu bari mu cyiciro cya mbere n’icya kabiri cy’ubudehe bo mu kagari ka Kidahwe mu murenge wa Nyamiyaga, bibumbiye mu matsinda yo kuzigama no kugurizanya, maze abafasha kubona igishoro cyo gukora imishinga ibateza imbere muri gahunda bise “nshore nunguke.”
Minisitiri w’umuco na siporo Joseph Habineza yashishikarije abanyeshuri biga mu kaminuza yigenga ya ULK ishami rya Gisenyi ko buri wese ashobora kuba intwari abiharaniye, kuko biharanirwa bitavukanwa.
Kuba intwari y’u Rwanda Fred Gisa Rwigema yaratabarukiye mu murenge wa Matimba mu karere ka Nyagatare, abatuye uyu murenge bifuza ko umusozi yaguyeho wagirwa ahantu nyaburanga kuko ubitse amateka y’ubutwari.
Nk’uko bisanzwe buri wa gatandatu wa nyuma w’umuganda, Kigali Today ibagezaho uko igikoa cy’umuganda kiba cyagenze hirya no hino mu gihugu. Uyu munsi twabahitiyemo amwe mu mafoto abanyamakuru bacu baherereye mu turere dutandukanye bafashe agaragaza uko umuganda w’uyu munsi tariki 31/1/2015 witabiriwe.
Umuyobozi bw’akarere ka Burera bufatanyije na Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) batangaza ko isoko mpuzamahanga ryo ku mupaka wa Cyanika rizatangira kubakwa bidasubirwaho mu kwezi kwa 3/2015, nyuma yuko umushinga wo kuryubaka wasaga nkuwahagaze.
Iyamumpaye Rwaka Marcellin wari usanzwe akorera banki ya Kigali (BK) mu Karere ka Nyamasheke yakatiwe igifungo cy’imyaka irindwi, ihazabu ya miliyoni 10 ndetse na miliyoni esheshatu z’indishyi z’akababaro, nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo gukoresha inyandiko mpimbano, kunyereza umutungo n’imikoreze mibi yonona umutongo wa BK.
Minisitiri w’Ibikorwaremezo, James Musoni atangaza ko icyererekezo 20-20 u Rwanda rwifuza kugeraho rutakigera Leta ifatanyije gusa n’abikorera, ngo uruhare rw’amatorero ni ngombwa, akaba ashimira umusanzu utangwa n’itorero ry’Abangilikani mu Rwanda (EAR), Diyoseze ya Shyira.
Minisitiri w’Intebe, Anastase Murekezi, uri mu ruzinduko mu karere ka Rusizi, atangaza ko uruganda rwa Nyiramugengeri ruri kubakwa nirumara kuzura ruzagira akamaro gakomeye, birimo kuba umutungo kamere w’igihugu uzaba utangiye kubyazwa umusaruro uzakoreshwa mu nganda n’ahandi mu gihugu.
Abakunzi b’ikipe ya Rayon Sports bahuriye muri Fan Club ya Gikundiro Forever, kuri uyu wa kane basezeye abari abakinnyi babo Sibomana Abuba na Nizigiyimana Karim barangije kwerekeza mu ikpe ya Gor Mahia yo muri Kenya.
Inteko idasanzwe y’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda Ferwafa, yaraye yemereye amakipe atandatu kuzakina shampiyona y’icyiciro cya kabiri agasanga ayandi 19 yari asanzwe yaremejwe kuzitabira iyi shampiyona izatangira mu cyumweru gitaha.
Umuyobozi w’ingabo z’ u Rwanda mu ntara y’Iburengerazuba, Maj Gen Mubarakh Muganga avuga ko ibikorwa byo kurwanya FDLR muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC) ntacyo bizahungabanya ku mutekano w’u Rwanda kuko urinzwe neza.
Ubuyobozi bw’umutwe wa FDLR bwasabye guhabwa iminsi 30 kugira ngo bube bwashyize intwaro hasi mu gihe leta ya Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo yatangaje ko ibikorwa byo kuyirwanya bitangiye.
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi Umunyakenyakazi Njoroge Lovini Wanjiru wari ufite ibiro bibiri n’igice by’ikiyobyabwenge cya Cocaine bifite agaciro ka miliyoni zigera kuri 85 z’amafaranga y’u Rwanda, yari avanye mu mujyi wa Sao Paolo muri Brazil yerekeza muri Kenya.
Abatuye mu Murenge wa Kamubuga mu Karere ka Gakenke bavuga ko baheze mu bwigunge bitewe no kuba batagira umuhanda ukoze neza ubahuza n’iyindi mirenge baturanye.
Abaturage bo mu Kagari ka Kigasha mu Murenge wa Ngarama ho mu Karere ka Gatsibo bavuga ko ubukene bubamereye nabi kubera kutagira ubutaka bwo guhingaho, ikindi kandi ngo nta n’imirimo bashobora kubona byibura ngo babe bajya no guhingira abandi kuko iki kibazo bagihuje.
Abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda mu 1994 batishoboye barimo n’inshike 44 babaga mu mazu yashaje agiye kubagwaho bashyikirijwe ku mugaragaro amazu yabo nyuma yo kuyasana, ku bufatanye n’inkeragutabara ku nkunga ya leta binyuze mu kigega cyita ku barokotse Jenoside batishoboye (FARG).
Umwe mu bavuzi gakondo bakorera mu Karere ka Ngoma mu Murenge wa Rurenge avuga ko n’ubwo bamwe bitiranya abavuzi gakondo n’abapfumu we atabemera, kuko abapfumu bamumazeho amafaranga araguza ngo abana be badapfa ariko bakarenga bagashira, bigatuma abivamo akakira gakiza.
Abaturage bari batuye ku kirwa cya Mafundugu, kimwe mu birwa byo mu kiyaga cya Kivu bibarizwa mu Karere ka Rutsiro, baratangaza ko ubuyobozi bw’akarere bwabimuye bubizeza ingurane y’imitungo yabo ariko ngo kugeza na n’ubu ntibarayibona.
Umunyamabanga Mukuru mushya w’Ikigo Mpuzamahanga cy’Itumanaho (ITU), Houlin Zhao azasura u Rwanda kuva tariki ya 1 kugeza tariki ya 4/02/2015.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyange mu Karere ka Ngororero, Niyonsaba Ernest avuga ko kuba ku ishuri ry’Intwari rya Nyange hatarubakwa imva rusange nk’urwibutso rw’Intwari z’Imena zahaguye, byatewe no kutumvikana ku ngurane akarere kagombaga guha nyiri ubutaka gashaka gukoreraho icyo gikorwa.
Mu Kagari ka Bunge, umurenge wa Rusenge ho mu Karere ka Nyaruguru hagiye kubakwa uruganda rutonora rukanaronga kawa, mu rwego rwo korohereza abahinzi ba kawa bajyaga bakora urugendo rurerure bagemura kawa yabo mu Murenge wa Nyagisozi.
Ishuri rikuru ryigenga ry’Abalayiki b’Abadivantiste rya Kigali (INILAK), ishami rya Nyanza ryatanze impamyabushobozi ku banyeshuri 23 barangije icyiciro cya gatatu cya kaminuza (Master’s Degree) ku nshuro ya mbere, biyongera ku bandi 150 barangije icyiciro cya kabiri cya kaminuza (Bachelor’s Degree).
Nyuma y’igitaramo umuhanzi Byumvuhore yakoreye mu Rwanda aturutse i Burayi mu mpera z’umwaka wa 2014, abafana be mu Rwanda bafatanyije na Konka Group biyemeje gusura ikigo cy’abafite ubumuga cya HVP Gatagara (Home de la Vierge des Pauvres Gatagara) kiri mu Murenge wa Mukingo mu Karere ka Nyanza uyu muhanzi yigiyemo maze (…)
Umuyobozi w’Intara y’amajyepfo, Munyantwari Alphonse arasaba abiga Filosofiya gukomeza kurangamira icyo bemera ariko bakanibuka ko hari n’ibindi bidatatirwa birimo umutekano w’igihugu, iterambere n’ibindi biteza imbere abanyarwanda.
Kuri sitasiyo ya Kirehe mu Karere ka Kirehe hafungiye Umunyatanzaniya witwa Muhamedi Zuberi n’imodoka yari atwaye akurikiranyweho guha ruswa umupolisi.
Abanyeshuri babiri, Uw’imyaka 16 n’uw’imyaka 17 bafatanwe indangamanota z’impimbano barimo kuzisabisha ishuri mu rwunge rw’amashuri rwa Ntarama mu Karere ka Bugesera.
Umugaba w’ingabo za Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC), Gen. Didier Etumba, tariki ya 28/01/2015 yageze mu mujyi wa Beni aho yarategerejweho gutangiza ibikorwa byo kurwanya umutwe wa FDLR warengeje tariki ya 2/1/2015 wahawe cyo gushyira intwaro hasi ku bushake.
Minisitiri w’ibikorwaremezo, James Musoni aratangaza ko gucanira umuhanda Kigali-Rubavu bizatanga umusaruro mu guteza imbere ubucuruzi, ubukerarugendo ndetse no kongera ubuhahirane hagati y’u Rwanda na Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC).
Kuwa Kane tariki ya 29/01/2015, KT Radio, Radiyo ya Kigali Today ivugira kuri 96.7FM, yakoze inkera y’umwaka mushya wa 2015, yatangiye mu mataha y’inka ikageza mu gitondo cyo kuwa 30/01/2015.