Umuryango uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi IBUKA urashimira abafatanyabikorwa, ibigo bya Leta n’abikorera bazirikana bakanasura bagamije gufata mu mugongo abarokotse Jenoside batishoboye batuye mu bice bya kure mu cyaro.
Abaturage bo mu Murenge wa Mbuye barishimira ikiraro cyo mu kirere bubakiwe ku mugezi w’Ururumanza, kikaba gihuza Akagari ka Mwendo na Gisanga, kizabarinda kongera gutwarwa n’amazi.
Intama ikomeje kuba imari ishyushye ku baturage batuye mu Karere ka Nyabihu aho buri wa Kabiri na buri wa Kane w’icyumweru, ku isoko ry’amatungo magufi rya Mukamira muri aka Karere usanga haba hashyushye, ari urunyuranyurane rw’amatungo magufi (cyane cyane Intama), aho abacuruzi baba baje kurangura izo bajyana hirya no hino (…)
Ibitare bya Mashyiga biherereye mu Ntara y’Amajyepfo, Akarere ka Kamonyi, Umurenge wa Karama, Akagari ka Bitare, Umudugudu wa Kokobe. Ni agace kahoze kitwa Gishubi (Rukoma). Ni ibitare byinshi binogeye ijisho, bimwe biteretse hejuru y’ibindi nk’ibiri ku mashyiga, ari na ho hakomotse iyo nyito ngo ni Ibitare bya Mashyiga.
Perezida Mahamat Idriss "Kaka" Déby Itno, watsinze amatora yo kuyobora Chad nyuma y’uko yari amaze imyaka itatu ayobora icyo gihugu mu nzibacyuho, yavutse ku itariki 4 Mata 1984, akaba yari umusirikare mukuru ufite ipeti rya Jenerali w’inyenyeri enye.
Taliki ya 07 Gicurasi 2024 i Dakar muri Sénégal hateraniye Inama Mpuzamahanga kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994 yateguwe na Ambasade y’u Rwanda muri Sénégal ifatanyije n’Umuryango uharanira inyungu z’Abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi, IBUKA Sénégal.
Mu Murenge wa Nyakabanda w’Akarere ka Nyarugenge, ku wa Kane tariki 9 Gicurasi 2024, hatashywe ikimenyetso cy’amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi, kigizwe n’urukuta ruriho amazina y’abazize Jenoside mu 1994.
Ubuyobozi bw’Ikigega Gitera Inkunga Imishinga y’Iterambere (BDF) bwananiwe gukoresha amafaranga y’u Rwanda arenga Miliyoni 800 yari kugirira Abanyarwanda akamaro bahitamo kuyasubiza.
Ku wa Kane tariki 09 Gicurasi 2024, ikipe ya APR BBC yatsinzwe na US Monastir yo muri Tunisia amanota 83-70, bikomeza imibare ya APR BBC mu gushaka itike y’imikino ya 1/4 izabera mu Rwanda.
Mu Karere ka Bugesera hari abaturage mu myaka ishize bakunze kugaragaza ko kuba ako Karere kadafite igishushanyo mbonera cy’imikoreshereze y’ubutaka cyemewe, byadindije imishinga yabo, bituma n’iterambere ry’Umujyi wa Nyamata ritihuta, kubera ko hari ibyo batemererwaga gukora kuko babwirwaga ko icyateganyirijwe ubutaka bwabo (…)
Ubuyobozi bw’Ikigo gishinzwe Guteza Imbere ibikorwa by’Iterambere mu Nzego z’Ibanze (LODA), bwasabwe ibisobanuro ku modoka baguriye rwiyemezamirimo kandi nyamara mu masezerano hagaragaramo ko bagombaga kuyimukodeshereza.
Perezida Paul Kagame yakiriye itsinda ry’abanyeshuri n’abayobozi babo baturutse mu ishami ry’ubucuruzi rya Kaminuza ya Harvard iherereye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Nsanzabaganwa Straton, yitabye Imana ku myaka 79 y’amavuko aguye mu bitaro bya Kanombe azize indwara yo guturika kw’imitsi y’ubwonko izwi nka ‘stroke’. Abamuzi bamushimira ko asize umurage mwiza ujyana n’umusanzu ukomeye yatanze mu bijyanye no kubungabunga ururimi rw’Ikinyarwanda, umuco ndetse n’amateka.
Ihuriro ry’abafatanyabikorwa mu iterambere ry’Akarere ka Ngororero, JADF Isangano, baratangaza ko biyemeje kurandura igwingira mu bana, barushaho kwigisha abaturage kuko ibyo kurya byo bihari.
Ingabo z’u Rwanda zibarizwa muri (Rwanbatt-12) ziri mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Repubulika ya Santrafurika (MINUSCA) zambitswe imidari y’ishimwe ku bw’ibikorwa by’indashyikirwa zikora mu kubungabunga amahoro muri icyo gihugu.
Umusore ukomoka muri Nigeria witwa Young C yatangiye igikorwa cyo gutinyura abantu kugerageza gukora bimwe mu bintu batinya mu cyo yise "Daring Challenge" harimo no gushyingurwa umuntu ari muzima nyuma y’uko amaze mu mva amasaha 23.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, tariki 16 Mata na tariki 6 Gicurasi 2024 rwataye muri yombi abantu batandatu bakurikiranyweho icyaha cyo gushyira ahagaragara no ku mbuga nkoranyambaga ibiteye isoni.
Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda, yatangaje ko umubano w’u Burundi n’u Rwanda wabaye mubi ndetse ko icyemezo bwafashe cyo gufunga umupaka kibabaje.
Hirya no hino mu Mujyi wa Kigali haje sitasiyo (Electric Vehicle Plug-in/EVP) zisharija ibinyabiziga bitwarwa 100% n’amashanyarazi, aho moto ihabwa umuriro ku mafaranga 1,680Frw ikagenda ibirometero hafi 100 utarashiramo(urugendo rwo kuva nk’i Kigali ujya i Huye).
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangaje ko bugiye gutangira gahunda yo gutunganya ahantu harindwi hasanzwe imyubakire y’akajagari, mu rwego rwo gufasha abatuye ahashobora gushyira ubuzima bwabo mu kaga gutura neza.
Guverinema ya Kenya yaginyanye amasezerano n’abaganga, bari bamaze igihe mu myigaragambyo kongera gusubira mu bikorwa byo kwita k’ubuzima bw’abaturage b’iki gihugu.
Umuraperi w’Umunya-Canada Aubrey Drake Graham uzwi nka Drake, ubuzima bwe buri mu kaga nyuma y’uko urugo rwe ruherereye i Toronto rurashweho n’umutu utaramenyekanye agakomeretsa mu buryo bukomeye ushinzwe umutekano we.
Rutahizamu w’Umunya-Nigeria Ani Elijah ukinira Bugesera FC azakinira Amavubi kuva muri Kamena 2024.
Kuri uyu wa Gatatu tariki 08 Gicurasi 2023, shampiyona y’icyiciro cya mbere yari yakomeje , Ikipe ya REG BBC itsinda ikipe ya UGB BBC amanota 87-86 mu mukino waranzwe n’amahane naho mu bagore amakipe arimo APR na REG BBC yitwara neza.
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro muri Santarafurika (RWABATT12), ku bufatanye n’Ubuyobozi bw’ingabo z’Umuryango w’Abibumbye (UN) zituruka mu bihugu bitandukanye ziri mu butumwa bw’amahoro muri Santrafurika (MINUSCA) ndetse n’ubuyobozi bwite bwa Leta y’icyo gihugu, batashye ku mugaragaro inzu y’ababyeyi yo (…)
Habimana Alfred wari usanzwe ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Macuba mu Karere ka Nyamasheke ni we watorewe kuba Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Rusizi ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu.
Abenshi mu bitabiriye imikino ya nyuma mu marushanwa Umurenge Kagame Cup, aherutse kubera mu Karere ka Rubavu kuva ku itariki 04-06 Gicurasi 2024, babonye umukecuru wakiniraga ikipe yari ihagarariye Akarere ka Rulindo mu bagore, mu mukino wa Basketball.
Muri Afurika y’Epfo, abantu batanu bapfuye abandi bagera kuri 50 bo bari baheze munsi y’ibikuta by’inyubako y’umuturirwa igeretse gatanu, yasenyutse ikirimo kubakwa mu Mujyi wa George, mu Ntara ya Western Cape, impamvu y’uko gusenyuka ikaba itahise imenyekana.
Raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta igaragaza ko Ingo Mbonezamikurire zirenga ibihumbi bibiri zikora nyamara zitarakorewe ubugenzuzi.
Mu ijoro ryo kuri uyu wa 8 Gicurasi 2024, ikipe ya Real Madrid yasezereye Bayern Munich muri 1/2 cya UEFA Champions League 2023-2024 iyitsinze igitego 2-1, mu mukino wo kwishyura wabereye Santiago Bernabeu muri Espagne.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buvuga ko abaturiye inzira z’amazi ava kuri Sitade Amahoro mu Tugari twa Nyakabanda muri Niboye na Nyabisindu muri Remera, bagiye kwimurwa kugira ngo hubakwe ruhurura nini zivana amazi muri biriya bice ziyageza hasi mu bishanga.
Cécile Umurazawase, Komiseri ushinzwe imibereho myiza muri IBUKA mu Karere ka Huye, avuga ko umuti w’ihungabana ryatewe na Jenoside ukwiye gushakirwa mu mwihariko w’ubudasa bw’Abanyarwanda.
Abaturage b’akarere ka Kamonyi bakoresha umuhanda Rugobagoba-Mukunguri, barifuza ko umuhanda bagiye kubakirwa harebwa uko ushyirwamo kaburimbo, kuko gutsindagiramo igitaka gusa bitaramba kubera imodoka nini z’amakamyo ziwunyuramo zikawangiza.
Bamwe mu baturage batuye mu Mudugudu w’Intiganda, Akagari ka Tetero, mu Murenge wa Muhima w’Akarere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, baratabaza bavuga ko hari umuturanyi wabo bita ‘umunyabubasha’, wabafungiye inzira yerekeza mu ngo zabo.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangarije Komisiyo y’Inteko Ishinga Amategeko ishinzwe gukurikirana Imikoreshereze y’Imari n’Umutungo by’Igihugu (PAC), ko bwafunze amwe mu masoko bwari bwarubakiye abazunguzayi (abacururiza mu muhanda) kuko ngo batayashaka.
Tariki 03 Gicurasi 2024, umunyamakuru wa Kigali Today yinjiye muri Farumasi imwe mu zikorera mu Karere ka Nyarugenge, atagamije kugura umuti, ahubwo agamije kureba urujya n’uruza rw’abakiriya baza kugura imiti muri iyo Farumasi.
Nubwo Minisiteri y’Ikoranabuhanga na Inovasiyo (MINICT) yari yihaye intego y’uko nibura 60% by’abaturage bazaba bamaze kubona indangamuntu z’ikoranabuhanga bitarenze 2023, ariko si ko byagenze kuko kugeza ubu zitaratangwa.
Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko kuba Leta Zunze Ubumwe za Amerika ziherutse gushinja u Rwanda kugaba igitero ku nkambi irimo impunzi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bidasobanuye ko umubano w’u Rwanda na Amerika wangiritse.
Ikigo gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi(RAB) hamwe n’Umuryango mpuzamahanga uteza imbere ubuhinzi, One Acre Fund-Tubura, byiyemeje kongera ibikorwa remezo byo kumisha imyaka hadashingiwe ku zuba, kuko hari ubwo ritabonekera igihe.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 8 Gicurasi, Umuyobozi wa Ritco muri gare ya Rubavu yagonze mugenzi we bakorana, ahita apfa.
Mu mujyi wa Eldorado do Sul uherereye mu Majyepfo ya Brésil abantu 90 bahitanywe n’ibiza, abandi 131 baburirwa irengero naho abandi 155.000 ntibafite aho kuba.
Iraguha Jean Nepomscene ni Umugabo w’imyaka 26 atuye mu kagari ka Kabariza Umurenge wa Rutunga mu karere ka Gasabo avuga ko mu mwaka wa 2006 yafashe icyemezo ava mu muryango we ahunga Se kuko yamushyiragamo ingengabitekerezo yo kwanga Abatutsi.
Mu ijoro ryo ku wa Kabiri tariki 7 Gicurasi 2024, ikipe ya Borussia Dortmund yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League 2023-2024 nyuma yo gusezerera Paris Saint-Germain (PSG) iyitsindiye iwayo.
Perezida Vladimir Putin w’Uburusiya mu muhango wo kurahirira kuyobora iki gihugu muri manda ye ya Gatanu yabwiye abaturage ko nibafatanya bazatsinda.
Ku wa Kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, bigoranye cyane, ikipe ya APR BBC yatsinze AS Douanes BBC ihagarariye igihugu cya Senegal amanota 66-61, byongerera APR BBC amahirwe yo kubona itike y’imikino ya 1/4 izabera mu Rwanda.
Ku mupaka wa Rusizi habereye impanuka y’imodoka ya Taxi itwara abagenzi yo muri Congo yabuze feri inanirwa guhagarara igonga imodoka itwara amazi abantu barindwi barakomereka bikomeye.
Tariki 6 Gicurasi 2024, Ingabo zirinda Papa zungutse abasirikare 34 bashya basezeranye kurinda Papa kugera no kuba bamwitangira.
Perezida Paul Kagame yasabye urubyiruko rw’Abakorerabushake kubyaza umusaruro amahirwe bafite muri iki gihe we n’urungano rwe batigeze bagira ubwo bari urubyiruko, abibutsa kwirinda guteta, ahubwo bakagira uruhare mu mibereho yabo y’ejo hazaza.