Reba inyubako iberamo igikombe mpuzamigabane cya Handball kirimo u Rwanda (Amafoto)

Guhera kuri uyu wa Gatatu mu mujyi wa Pristina mu gihugu cya Kosovo, hari kubera irushanwa "IHF Trophy/Intercontinental Phase rihuza ibihugu bihagarariye imigabane yabyo.

Mu mujyi wa Pristina, umurwa mukuru wa Kosovo ku mugabane w’i Burayi, hari kubera irushanwa rihuza ibihugu byabaye ibya mbere ku migabane yabyo, aho Afurika ihagarariwe n’u Rwanda.

Ni irushanwa rya Handball rizwi nka IHF Trophy/Intercontinental Phase ritangirira mu mazones, aho u Rwanda rwabanje gutwara igikombe cya Zone 5, ruhagararira Zone 5 mu rwego rwa Afurika aho rwaje kwegukana iki gikombe.

U Rwanda kuri ubu ruhagarariye Afurika mu batarengeje imyaka 20, ruri mu itsinda B hamwe na Nicaragua na Uzbekistan, aho kuri uyu wa Kane Saa munani za Kigali rukina na Nicaragua yo muri Amerika yo hagati.

Palace of Youth and Sports uyirebeye inyuma
Palace of Youth and Sports uyirebeye inyuma

Iyi mikino iri kubera mu nyubako yitwa Palace of Youth and Sports yo mu mujyi wa Pristina, irimo ibice bibiri harimo icyakira abantu 8,000 n’icyakira abafana 2,800.

Adem Jashari ufatwa nk'intwari y'ubwigenge bwa Kosovo, amafoto ye agaragara kuri iyi nyubako
Adem Jashari ufatwa nk’intwari y’ubwigenge bwa Kosovo, amafoto ye agaragara kuri iyi nyubako
Iyi ni Stade ikiniramo ikipe ya FC Prishtina, nayo yegeranye n'iyi nyubako
Iyi ni Stade ikiniramo ikipe ya FC Prishtina, nayo yegeranye n’iyi nyubako
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka