Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, yifatanyije n’urubyiruko rw’abakorerabushake rusaga 7,500 rwateraniye muri BK Arena mu birori byo kwizihiza imyaka 10 y’ibikorwa byarwo mu iterambere ry’Igihugu.
Perezida Paul Kagame yibukije urubyiruko rw’abakorerabushake rwateraniye muri BK Arena kuri uyu wa kabiri tariki 7 Gicurasi 2024 kwizihiza imyaka 10 y’ibikorwa byarwo mu iterambere ry’Igihugu ko rutagomba gupfusha ubusa imbaraga zabo ahubwo bagomba gukora cyane.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ikoranabuhanga mu Itumanaho n’Isakazabumenyi (RISA) cyaguze ikoranabuhanga cyishyura arenga Miliyari ebyiri, hagamijwe gufasha inzego za Leta mu kazi kabo ka buri munsi, ariko iryo koranabuhanga ntiryakoreshejwe uko bikwiye biteza Leta igihombo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi buratangaza ko butangira gutunganya umuhanda Rugobagoba-Mukunguri, ureshya na Km 19, uzakorwa ushyirwamo raterite ukazatwara amafaranga y’u Rwanda asaga miliyari.
Polisi y’u Rwanda yavuze ko yatangiye gukurikirana Dosiye ya SP Musonera Eugene Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Nyanza, ku byaha akekwaho muri Jenoside yakorewe Abatutsi 1994.
Uwahoze ari rutahizamu w’Amavubi Jimmy Gatete avuga ko inzego bireba yaba FERWAFA na Minisiteri ya Siporo nta na rumwe rwari rwamwegera rumusaba ko yagira umusanzu atanga mu iterambere rya ruhago yaba ku Mavubi cyangwa mu bundi buryo.
Muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Sosiyete sivile yamaganye itangwa ry’imodoka zahawe Abadepite bo mu ishyaka rya Perezida Félix Tshisekedi riri ku butegetsi. Radio RFI yatangaje ko izo ari imodoka zo mu bwoko bwa ‘jeep’, zahawe Abadepite bo mu Ntara ba Kinshasa, abo bakaba ari abatowe bo mu ishyaka rya Perezida (…)
Esther Masengesho w’imyaka 21, yarangije amasomo ya tekiniki, imyuga n’ubumenyi ngiro, mu mwaka wa 2023, mu Ishuri ryigisha Tekiniki Imyuga n’Ubumenyi Ngiro ryahoze ryitwa EAV Gitwe, ubu ryahindutse TSS Gitwe ryo mu Karere ka Ngoma. Yize amasomo ajyanye no gukora za Porogaramu za Mudasobwa (Software Development).
Ubuyobozi bw’ishuri rya Saint-Bourget TSS buratangaza ko abanyeshuri 16 bakoze impanuka tariki 05 Gicurasi 2024, bakajyanwa mu bitaro bya Kabgayi barimo boroherwa usibye umunyeshuri umwe wavunitse imbavu ebyiri.
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Mubarakh Muganga, yakiriye mugenzi we wa Sénégal, Gen Mbaye Cissé n’itsinda ayoboye, nyuma bagirana ibiganiro na Minisitiri w’Ingabo w’u Rwanda, Juvenal Marizamunda.
Umunyabigwi Jimmy Gatete wabaye rutahizamu w’Amavubi yageze mu Rwanda aho aje gutangiza ikibuga cy’imikino kizwi nka Kigali Universe kiri mu mujyi wa Kigali
Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga Dr Nteziryayo, yavuze ko kuba hakirwa imanza nyinsi kandi bafite abakozi bacye ari imbogamizi ikomeye bafite kuko itinza ubutabera.
Imodoka ya Bisi yari ivuye ku ishuri gucyura abanyeshuri b’incuke kuri uyu wa mbere tariki 6 Gicurasi 2024 saa 13h40 yageze ahitwa kwa Mutwe i Nyamirambo irenga umuhanda, hakomerekamo abana 3 mu buryo bworoheje.
Mu Murenge wa Mugunga Akarere ka Gakenke haravugwa inkuru y’umusozi witse, inzu 17 ziragwa, umuturage umwe ajyanwa mu bitaro nyuma yo guhungabana.
Mu ijoro rya tariki 16 Mata 2024, Nsanzimana Jean w’imyaka 40 yarokotse urupfu rwamutwaye umugore we Mukandekezi Francine wari ufite imyaka 35, ndetse n’umwana wabo Kagame Hamdan wari ufite imyaka ibiri. Yasigaranye n’umwana wabo mukuru w’imyaka itandatu gusa.
RBC ivuga ko hari ibimenyestso by’ibanze umuntu akwiye kubona akajya kwa muganga kuko ashobora kuba arwaye amenyo cyangwa ishinya. Abantu benshi bajya kwivuza amenyo n’ibijigo ari uko ibageze kure bigatuma hivuza benshi. Abantu bagirwa inama yo kwivuza hakiri kare.
Nkuko Kigali Today igenda ibagezaho inkomoko n’Amateka by’inyito z’ahantu hatandukanye yabakusanyirije amateka y’inkomoko y’izina Rwabanyoro.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere tariki 6 gicurasi 2024, U Rwanda na Uganda byahuriye mu karere ka Nyagatare aho ibihugu byombi biri kuganira ku mutekano wabyo n’ibindi biwubakiyeho.
Umuyobozi w’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere, RGB, Dr Usta Kaitesi yongeye kuvuga ku byerekeranye n’ikipe ya Rayon Sports nyuma y’imyaka ine uru rwego rugize uruhare mu gushyiraho ubuyobozi bushya bwayo.
Ubuhamya bwatanzwe na Mukakabanda Julliette warokokeye i Murambi avuga ko Sindikubwabo Theodore wabaye Perezida wa Leta y’abatabazi hamwe na Bucyibaruta Laurent wari Perefe icyo gihe nibo batanze itegeko ryo gutsemba Abatutsi bari barahungiye i Murambi mu gihe cya Jenoside.
Guverinoma y’u Rwanda yamaganye Leta Zunze Ubumwe za Amerika ziherutse gushinja ingabo z’u Rwanda kurasa ku baturage bari mu nkambi i Goma, rugaragaza ko ibyatangajwe nta shingiro bifite kuko nta perereza ryigenga ryakozwe.
Damien Sempabwa ukomoka ahahoze ari muri Komine ya Rusatira arasaba abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 barimo barangiza ibihano kubagana nk’abayirokotse kuko babafitiye imbabazi.
Nyuma y’uko bigaragaye ko hari abantu benshi by’umwihariko abakora ubuhinzi n’ubworozi buciriritse bakenera amafaranga ariko ntibayabone, ibigo by’imari byatangiye gutekereza uburyo hatangwa inguzanyo ijyanye n’ibyo umuntu akora.
Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Samuel Dusengiyumva, yaburiye abaturage bagituye ahantu hashobora gushyira ubuzima bwabo mu kaga kuhimuka kuko mu byumweru bitatu by’uku kwezi kwa Gicurasi hateganyijwe imvura nyinshi mu bice bitandukanye by’Igihugu.
Niba usanzwe ukurikira umupira w’amaguru mu Rwanda, si ubwa mbere waba wumvise ikipe yitwa Motar FC ikomeje kwitwara neza mu cyiciro cya gatatu ndetse no kumenyekana cyane. Ni ikipe yashinzwe ndetse inakinamo abakora umwuga wo gutwara abantu kuri za Moto (abamotari), ikaba itozwa n’uwahoze akina muri Rayon Sports witwa (…)
Ikipe y’umurenge wa Rubengera wo mu karere ka Karongi ni wo wegukanye irushanwa "Umurenge Kagame Cup" nyuma yo gutsinda uwa Kimonyi wo mu karere ka Musanze
Muri Kenya, itangira ry’igihembwe cya kabiri cy’amashuri ryimuriwe mu gihe kitazwi bitewe n’imvura n’imyuzure bikomeje kwibasira icyo gihugu.
Leta y’u Rwanda ifatanyije n’Ikigega Mpuzamahanga giteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi(IFAD), byubatse amavuriro 15 y’amatungo hirya no hino mu Gihugu, akaba yitezweho kujya afata ibizamini no gupima amatungo yarwaye, akavurwa hamaze kumenyekana ikibazo yagize.
Polisi y’u Rwanda, Ishami rishinzwe Umutekano wo mu muhanda (Traffic Police) hamwe n’imiryango irwanya impanuka zibera mu muhanda, bakomeje kuburira abagenda kuri moto cyangwa ku magare, babasaba kwambara neza ingofero (kasike) zifite ubuziranenge.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) yasuzumye aho umushinga witwa PRISM ifatanyijemo n’imiryango mpuzamahanga mu guteza imbere uruhererekane rw’amatungo magufi n’ibiyakomokaho, ugeze ufasha Abanyarwanda kubona inyama zibahagije zatuma barwanya imirire mibi.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 04 Gicurasi 2024 hakinwe imikino y’umunsi wa 29 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere, yasize Bugesera FC na Sunrise FC zifashe imyanya ibiri ya nyuma.
Abanyamuryango ba Unity Club Intwararumuri, tariki 03 Gicurasi 2024 basuye Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Murambi ruherereye mu Karere ka Nyamagabe mu gikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Umusore ufite ubumuga bwo kutumva no kutavuga witwa Joseph Thermadam, yahawe Isakaramentu ry’Ubusaseridoti (Ubupadiri) ku itariki 02 Gicurasi 2024.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 04 Gicurasi 2024, ikipe ya APR BBC yatsinze US Monastir yo muri Tunisia amanota 89-84, mu mukino wa mbere w’imikino iri kubera muri Senegal yo gushaka itike y’imikino ya 1/4 izabera mu Rwanda.
Mu Kagari ka Kamisave mu Murenge wa Remera, Akarere ka Musanze, umuryango w’abantu batatu barimo umugore n’abana be babiri, baridukiwe n’inkangu yatewe n’imvura yaraye igwa mu ijoro rishyira tariki 04 Gicurasi 2024, inzu barimo irabagwira, umubyeyi arapfa, abana be bararokoka.
Abana babiri b’abakobwa bo mu Murenge wa Ndaro mu Karere ka Ngororero bagwiriwe n’inzu bari baryamyemo bahasiga ubuzima, nyuma y’uko inkangu ikubise iyo nzu igasenyuka, tariki 03 Gicurasi 2024. Abapfuye umwe yari afite imyaka 18, undi afite imyaka 9.
Kayiranga wavukiye muri Komini Kibirira ariko we n’umuryango we bakabuzwa amahwemo bagahungira muri Gisenyi kugera bageze ku mupaka wa Sudani, avuga ko ihohoterwa Abatutsi bakorewe ryatangiye kera.
Ubuyobozi bwa Banki ya Kigali (BK) bwashimiye abanyamuryango bakoranye urugendo rw’igihe cy’imyaka isaga 30 bakorana umunsi ku wundi, mu bikorwa bitandukanye.
Ku Gicamunsi cyo ku wa Gatanu tariki 3 Gicurasi 2024, Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente, yifatanyije na za Minisiteri zitandukanye mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 30 abari abakozi bazo bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Mu muhanda Nyabihu-Ngororero mu Murenge wa Mukamira, Akarere ka Nyabihu, imodoka itwara abagenzi izwi nka Twegerane, yagwiriwe n’igiti, abagenzi n’umushoferi barokorwa n’uko bari bamaze gusohoka muri iyo modoka.
Imbangukiragutabara (Ambulance) yo ku bitaro bya Remera-Rukoma, yari itwaye umurwayi iva ku kigo nderabuzima cya Kabuga, imujyanye kuri ibyo bitaro, yatwawe n’amazi y’umugezi uri hagati y’Imirenge ya Runda na Ngamba.
Abakozi b’Umuryango ‘World Vision International Rwanda’ bateguye igikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, biyemeza kugarura indangagaciro za gikirisitu, ndetse no kugira uruhare mu kongera kwiyubaka k’umuryango nyarwanda.
Ihuriro ry’Imiryango y’abantu bafite ubumuga mu Rwanda (NUDOR) tariki 30 Mata 2024, ryagiranye ibiganiro n’imiryango irengera abatishoboye, imiryango n’inzego zita ku bikorwa by’ubutabazi, imiryango y’abafite ubumuga, hamwe n’inzego za Leta zifite mu nshingano abafite ubumuga, baganira ku buryo abantu bafite ubumuga (…)
Umusore witwa Ishimwe Ramazani wo mu Murenge wa Bugarama mu Karere ka Rusizi mu Ntara y’Iburengerazuba, wari ufite imyaka 24 y’amavuko, birakekwa ko yiyahuye yimanitse mu mugozi, nyuma y’uko umukobwa amwanze.
Ku Gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu, tariki 3 Gicurasi 2024, ni bwo Umukuru w’Igihugu yakiriye abayobozi batandukanye bafite aho bahuriye na Siyansi.
Mu Bushinwa, umugore yafunzwe azira gushimuta umwana w’umukobwa w’imyaka 11 y’amavuko ashaka kumushyingira umuhungu we w’imyaka 27 y’amavuko, kuko ngo yabonaga yazavamo umugore mwiza uzira amakemwa.
Urutare rwa Ndaba ni hamwe mu hantu nyaburanga mu Rwanda ndetse inteko y’umuco yahashyize ku rutonde rw’ahantu nyaburanga hagomba kubungwabungirwa amateka.
Kuba ingabo za Leta zunze Ubumwe za Amerika zo muri ‘base 201’ zari ziri muri Niger, zaravanyweyo ku mugaragaro hagati muri Mata 2023, zikavanwayo ku buryo bwihuta, ngo byahungabanyije gahunda Amerika yari ifite muri Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara, iyo akaba ari yo mpamvu igisirikare cy’Amerika kirimo kwihutisha (…)
Mu Murenge wa Nyarusange mu Karere ka Muhanga ku rugomero rwa Nyabarongo, hatoraguwe umurambo w’umubyeyi uhetse umwana bapfuye, bigakwa ko batwawe na Nyabarongo.
Mu Karere ka Nyamagabe hari abarimu batari bakeya, bivugwa ko baba babarirwa muri 200, binubira ko bari hafi guhabwa ubwasisi (bonus) bw’umwaka 2022-2023 mu gihe n’ayo bahawe mbere yaho (mu mwaka wa2021-2022) atajyanye n’amanota bagize. Aba barezi bavuga ko ibyo byavuzwe ndetse bakabwirwa ko bizakosorwa ariko bikaba (…)