Umunyamakuru wa Kigali Today wagerageje gufata aya makuru ariko agakumirwa n’ubuyobozi bw’ikigo, yamenye ko uwo mwana yaguye muri icyo kigega cya metero umunani ubwo yageragezaga gukurura amazi n’umugozi akanyerera akituramo mu gitondo cyo kuri uyu wa gatanu tariki 20 Gicurasi 2016.

Aba banyeshuri batashatse ko amazina yabo amenyekana bavuze ko byatewe n’uburangare bw’ikigo kuko nta robine zihagije zihari, bigatuma abanyeshuri bahitamo kuvomera muri iki kigega. Ubuyobozi b’ishuri bwo ntibwashatse kugira icyo buvuga kuri uru rupfu.
Bavuze ko uwo yaguye muri icyo kigega ahagana mu ma sa mbiri.

Umuryango w’uyu mwana utuye mu Kagali ka Nyamagana mu Murenge wa Remera hafi y’iri shuri ukimebya iyi nkuru byawutunguye nyina abanza kugira ihungabana.
Ubuyobozi bwa polisi yavuze ko nta mategeko bahaye iki kigo gisanzwe ari icya Kiliziya Gatolika yo kubuza abanyamakuru kwinjira, kuko kigenga bikaba ari uburenganzira bwabo gutanga amakuru.

Ibitekerezo ( 12 )
Ohereza igitekerezo
|
Ewana ni hatari kbx
Twihanganishije umuryango we bakomere.
Ubwose icyo kigega nicyo bakivomamo abayobozi bakuriranwe
ababyeyi b’uwo mwana babahe impozamarira itubutse kdi bahindure ubuyobozi bwose bwikigo babwirukane kuko amakosa ni ubuyobozi bw’ikigo
Ko mbona se iki kigega gifite umwanda ntikizateza ikindi kibazo cy’indwara?
Kabare twarahize muri za 2000-2004 ariko icyo kigega kirabagama pe! Hari nundi mukobwa witwaga Gituza waguyemo ariko we hari ku manywa babasha kumukuramo. Twebwe abahungu mugihe nkiki amazi yabuze twahitagamo kuyagura kwa Alphonsine kuko ku ishuri baranayatwimaga ayo mu kigega.
Police ikore iperereza ryimbitse imenye uko byagenze kuko abanyeshuri bararushya wasanga ubuyobozi bwishuri butari buzi ko bavoma mu kigega.Uwo mwana RIP
Ababyeyi bihangane kndi ikigo nacyo kirebe aho byapfiriye bikosore
ABASHINJWE UMUTEKANO NIBAKORE IPEREREZA BUNVE UWOHEREJE UWO MUNYESHURI KUVOMA
ABABYEYI BANYAKWIJYENDERA NIBIHANGANE
Ni uburangare nyine, none se niba nta robinet, kuki bemera ko abana bavoma ahantu hafite DANGER kuriya. Nyine umuntu ku muriha birakomeye, ariko bazatanga impozamarira itubutse kuri uriya muryango. Ibindi bigo byumvireho. Kuki batahashyira umuntu mukuru w’umukozi ubihemberwa akabavomera. Ibaze nawe, banze gushyiraho robinet none bagiye kuzishyiraho ari uko hapfuye umuntu. BIRABABAJE, Kubyihanganira biragoye, buri wese yishyire mu mwanya w’umuryango w’uyu mwana uzize uburangare bw’ishuri.
Uwo mwana IMANA Imuhe iruhuko ridashira kd nihanganishije ababyeyibe N.B.uwo muyobozi akurikiranwepe kuki ntamuntu ureberera abobana kweri?