
Basanga kuba uyu muco ugenda ucika ari kimwe mu bituma Inkiko zihura n’imanza nyinshi, kandi bigatera ubukene mu miryango, bagasaba ko wabungabungwa aho ukiri ari hake, nk’uko bivugwa n’uwitwa Nsanzababyeyi Innocent utuye mu Murenge wa Bwishyura.
Agira ati “Uriya muco wo hambere w’abakuru b’imiryango wafashaga abantu, ubu aragira ikibazo akirukira mu nkiko, agata uwo mwanya we wo gukora ari nako ahatakariza amafaranga, uwawugarura hose byadufasha.”
Gasamunyiga André we avuga ko ingaruka z’uko imiryango myinshi idafite abayikuriye zirigaragaza kuri iki gihe.

Ati “Reba nawe amakimbirane yirirwaho, kera nta kibazo cyapfaga kunanirana mu muryango, kandi buriya mu miryango niho baba bazi ukuri kw’ibibazo biwurimo.”
Akimana Laurence, umuyobozi w‘Urwego rugira inama abaturage ku bijyanye n‘amategeko (MAJ) mu karere, yemeza uyu muco wari ufite akamaro, ariko na none hakaba aho washoboraga kugira ingaruka zitari nziza.
Ati “ Uriya muco wari mwiza kuko wakemuraga ibibazo bitagombye kugera mu nkiko, ariko na none kuba umutware w’umuryango ari we wari ufite ijambo rikuru kandi nta bundi bumenyi mu mategeko cyangwa kubera amarangamutima yashoboraga kurenganya umuntu. ”
Abavuga ibyiza by’uyu muco kandi bashingira ku kuba kugeza ubu ibibazo bigera kuri 90% by’ibigezwa mu nkiko bishingiye ku mitungo cyane cyane ubutaka, mu gihe ababa babifiteho amakuru ari abo mu muryango.
Ibitekerezo ( 1 )
Ohereza igitekerezo
|
Murecye duharanire uyumuco wenda twakwiteza imbere tukagiran,inama mugihe amacyimbirane yavutse mungo