Abakobwa ibihumbi 10 bo muri Huye na Nyamagabe bacikirije amashuri batewe inda, baraburira bagenzi babo ko kudakora, ariyo nzira yo gushukwa.
Mu giterane cy’amasengesho bise “Maraba Shima Imana”, abanyamadini bo mu Murenge wa Maraba Akarere ka Huye, biyemeje kurwanya isuku nke ikigaragara mu ngo z’abakirisitu.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Gatsibo rutangaza ko mu gihe rumaze rwihangiye imirimo rwatangiye kubona inyungu rubikesha gahunda ya “Kora wigire”.
"Unity Club" Intwararumuri itangaza ko yishimira ibyagezweho kubera umusanzu yatanze mu gufasha Abanyarwanda kongera kubana neza nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Imvura yiganjemo urubura yaguye muri Kamonyi, ku mugoroba wo kuwa kabiri tariki 01 Ugushyingo 2016, yangije imyaka y’urutoki, Kawa, Ibigori n’ibishyimbo byose bihinze kuri hegitari zisaga 100.
Minisiteri y’Ibikorwa Remezo (MININFRA) itangaza ko hari gushakishwa uko amashanyarazi yakongerwa akagera kuri bose kuko ariyo nkingi ya mwamba y’iterambere.
Perezida Kagame yakiriye muri Village Urugwiro Jan Eliasson, Umunyamabanga Mukuru wungirije w’Umuryango w’Abibumbye (UN), uri mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda.
Mu nama ya 27 y’Umuryango wa Afurika yunze ubumwe iherutse kubera mu Rwanda muri Nyakanga 2016, Perezida Kagame yahawe inshingano zo kuvugurura komisiyo y’uyu muryango.
Gahunda yiswe “Gikuriro” yashowemo arenga miliyoni 190RWf mu rwego rwo kurwanya imirire mibi ikigaragara mu bana bo mu Karere ka Ngoma.
Leta zunze Ubumwe z’Amerika zageneye u Rwanda inkunga ya Miliyari 14,5Frw yo kurufasha ku rwanya Malariya mu mwaka utaha wa 2017.
Abaturage bo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, bihanangirijwe kongera kugura ubutaka batabanje kubaza ubuyobozi.
Abasaga 100 bo mu Murenge wa Kirehe bahagaritswe mu kazi ka VUP bemeza ko byatewe n’amakosa hashyirwa abantu mu byiciro by’Ubudehe.
Rutahizamu w’ikipe ya Kiyovu Sport Romami André aratangaza ko kuba atarakina umukino n’umwe wa Shampiona uyu mwaka ari uko akina nk’umunyamahanga.
Ababyeyi 16 bagizwe inshike na Jenoside yakorewe Abatutsi batuye mu mazu bubakiwe n’umuryango “Unity Club”, bahamya ko bahawe amasaziro meza.
Abakinnyi 26 batarengeje imyaka 20 ni bo bahamagawe n’umutoza Mashami Vincent ngo bitegure irushanwa rizabera muri Maroc ndetse na COSAFA izabera muri Afurika y’Epfo
Abaturage bo mu Karere ka Kamonyi, bavuga ko abategura imihigo bagiye bashingira ku byifuzo byabo, Akarere kahora ku mwanya wa mbere.
Mfitumukiza Vestine amaze kwamamara mu Karere ka Musanze kubera gukora umwiyereko w’akarasisi (Parade) mu birori mu buryo bunogeye ijisho.
Abahinzi bo mu Karere ka Burera bahangayikishijwe n’uburyo imbuto y’ibishyimbo bya kijyambere bateye yatangiye kuborera mu butaka ihereye mu mizi.
Polisi y’igihugu ikorera muri Gicumbi yafashe imodoka y’ivatiri ifite pulake UAR 376D, yikoreye amapaki 770 y’inzoga yitwa Zebra ifatwa nk’ikiyobyabwenge mu Rwanda.
Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside CNLG, yasohoye urutonde rw’abasirikare 22 b’Abafaransa, bashinjwa kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Umuhanzi Senderi International Hit avuga ko yahisemo kuririmbira mu masoko nyuma yo kubona ko indirimbo ze zitagicurangwa ku maradio.
Abanyamuryango ba RPF Inkotanyi bo mu turere dutandukanye tw’igihugu, bahize kuzarandura ubushomeri no gusabiriza mu Banyarwanda, mu igenamigambi bazagenderaho rya 2017-2024.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) iri gushaka icyakorwa kugira ngo imirire mibi igaragara muri bamwe mu bana icike burundu kuko idindiza iterambere ry’igihugu.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamagabe buraburira abo bwise “Ba ntibindeba” bangiza ibidukikije birimo ibyatewe ku nkengero z’imigezi, kuko uzafatwa ngo atazihanganirwa.
Umutesi Aisha niwe wambitswe ikamba rya Nyampinga w’Akarere ka Ruhango nyuma yo gutsinda abo bari bahanganye, tariki ya 30 Ukwakira 2016.
Abadepite bagize komisiyo y’ubuhinzi n’ubworozi n’ibidukikije barasaba Akarere ka Bugesera gufatanya n’amakoperative acunga amakusanyirizo y’amata hagashakwa isoko rihoraho ry’amata apfubusa.
Abatuye mu Mudugudu wa Rugara, Akagari ka Gisagara mu Murenge wa Ndora Akarere ka Gisagara, baravuga ko batazongera guhangayikishwa no guhaha imboga.
Guhera ku wa Gatanu taliki 28 Ukwakira 2016, Shampiona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru yari yakomeje isiga Sunrise iyoboye urutonde rw’agateganyo
Bamwe mu baturage bo muri Kamonyi bashishikarira kugeza ibibazo by’akarengane ku bayobozi baturutse hanze y’akarere kuko ngo bizera ko batabogama.
Babicishije muri gahunda bise “Igiceri cy’icyizere”, abanyeshuri bibumbiye mu ihuriro ryitwa Rwanda Biotechnoligy Student’s Network(RBSN), barihiye mituweri imiryango 18.
Ubuyobozi bw’umuryango SFH Rwanda buhamya ko bikwiye kugaburira abana indyo yuzuye kuko iyo umwana yagwingiye ku mubiri agwingira no mu bwenge.
Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba avuga ko kuba uwa mbere mu mihigo bisaba gukora cyane, hagakorwa ibihanitse ibyoroshye bikajya ku ruhande.
Minisitiri ushinzwe gucyura impunzi no gukumira ibiza, Mukantabana Seraphine avuga ko ubukene ari impamvu y’umutima mubi ugaragara muri bamwe.
Bamwe mu bahanzi batabashije kwitabira umuganda udasanzwe w’abahanzi wabereye i Nyanza, batangaza ko kuba batarawitabiriye bahombye byinshi.
Nteziyaremye Célestin wo mu Karere ka Musanze avuga ko inka yagabiwe igiye kongera kumusubiza ku mata yaherukaga akiri uruhinja.
Abakora umwuga wo gufotora bahuguwe n’ikigo cy’itangazamakuru Kigali Today Ltd, bavuga ko batangiye kwishyira hamwe kugira ngo babyaze umusaruro ubumenyi bahawe.
Umugabo, uri mu kigero cy’imyaka 30, yafatiwe mu murenge wa Rilima muri Bugesera nyuma yo gukekwaho ko akwirakwiza amafaranga y’amiganano.
Ku munsi wa gatatu wa Shampiyona y’umupira w’amaguru, icyiciro cya mbere, ikipe ya Kiyovu Sports yanyagiwe na Gicumbi FC, 4-1, abafana bikoma umutoza.
Ibinyabiziga bituruka mu Mujyi no ku kabindi bigana muri Convention Center na Radson Blue Hotel cyangwa se mu Rugando, bizajya binyura mu muhanda w’iburyo w’icyerekezo kimwe mu masangano (Rond Point ) ya KBC.
Madame Jeannette Kagame arasaba ko gahunda yiswe 12+ Ni Nyampinga, yatangira guteza imbere abahungu n’abakobwa icyarimwe.
Urubyiruko rwo mu karere ka Musanze mu Ntara y’Amajyaruguru rurasabwa guhanga umurimo rukurikije ibibazo sosiyete nyarwanda ifite.
Umuganda usoza ukwezi kw’Ukwakira, mu turere dutandukanye wibanze ku kubaka ibikorwa remezo.
Uwase Annick yegukanye ikamba rya Nyampinga w’ishuri ryisumbuye ry’imyuga rya IPRC Kigali TSS riherereye mu mujyi wa Kigali.
Shiraniro Ngenzi Jean Paul, umucuruzi w’ibirayi ukorera mu Karere ka Rubavu yishyuriye Mitiweli abahinzi babyo 400 kuko ngo bakoranye neza.
Nyuma y’iminsi ikibuga cy’ikipe y’Amagaju, Sunrise na Gicumbi Fc bihagaritswe mu kwakira Shampiona, ubu Ferwafa yamaze kwemerera Amagaju na Sunrise kwakirira ku bibuga byayo
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) yatangaje amazina y’abadepite batatu bashya basimbuye babiri bahawe izindi nshingano n’umwe witabye Imana mu minsi ishize.