Baryan Manvir na Sturrock Drew bari batwaye Skoda Bavia ari nayo modoka idasanzwe iri muri irushanwa, begukanye uduce tune twose twabaye muri iki gitondo mu gace ka Rugende.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, NEC, yatangaje ko Murara Jean Damascene na Uwamariya Rutijanwa Marie Pélagie aribo badepite bagomba gusimbura Bamporiki Edouard na Gatabazi JMV baherutse kugirwa abayobozi mu zindi nzego.
Imfungwa n’abagororwa bo muri Gereza ya Muhanga bizihije umuganura basabana n’imiryango yabo kandi bizihiza intsinzi ya Perezida wa Repubulika Paul Kagame.
Ubuyobozi bw’Ikigo ngororamuco no guteza imbere imyuga n’ubumenyingiro cy’Iwawa buvuga ko bufite impungenge z’uko urubyiruko icyo kigo gihugura rushobora kuzasubira mu biyobyabwenge mu gihe babuze ubakurikirana.
Ubushinjacyaha bwa Gisirikare bwasabiye igifungo cya burundu, n’ihazabu ya Miliyoni imwe kuri PTE Nshimyumukiza Jean Pierre ndetse na PTE Ishimwe Claude, bashinjwa kurasa umuturage witwa Ntivuguruzwa Aime Yvan agapfa.
Biteganijwe ko irushanwa ry’ubwiza ryo ku rwego rw’isi ryo muri 2017 (Miss World 2017) rizabera mu Bushinwa, rikazitabirwa na Banyampinga 130 barimo na Miss Rwanda, Elsa Iradukunda.
Mu bushakashatsi bwakozwe n’Ikigo cy’igihugu cyita ku buzima, RBC, mu mwaka wa 2015 bwagaragaje ko abagabo bagera kuri 16% badakoresha agakingirizo, n’aho abagore 24%, bakoze imibonano mpuzabitsina idakingiye.
Urwego rushinzwe ubuzima i Nyamagabe ruvuga ko isuku nke ku batuye muri ako karere, yatumye indwara ziterwa n’umwanda ziyongera.
Ishuri rikuru ry’ubumenyingiro n’imyuga (IPRC West) ryakoze icyuma gishyushya amazi gikoresheje imirasire y’izuba (Water Heater), icyuma gikorewe mu Rwanda ku nshuro ya mbere.
Kuri uyu wa kane kuri Kigali Convention Center habaye umuhango wo gutangiza ku mugaragaro isiganwa "Rwanda Mountain Gorilla Rally 2017",
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo Mari Rose Mureshyankwano yanenze abayobozi barebereye abaturage bubaka inzu mu buryo bunyuranyije n’amategeko mu gihe cy’amatora.
Umunyarwenya Mugisha Clapton uzwi nka Kibonke n’itsinda ry’abafana be bazwi nk’Abanyagasani batoye Nyampinga (Miss) uzajya abavuganira mu bikorwa by’urukundo bakora akazajya anabahagararira aho biri ngombwa.
Mu turere dutandukanye two mu Rwanda batangiye kubona imvura y’umuhindo ariko aho yaguye yatangiye gusenya inzu, kwangiza imyaka no gutwara ubuzima bw’abantu.
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abantu barindwi bakurikiranyweho kuba mu mitwe yitwaza intwaro ikorera mu gihugu gihana imbibi n’u Rwanda.
Abaririmbyi Charly na Nina bakomeje guhirwa n’isoko rya muzika ryo muri Uganda ku buryo batumirwa mu birori bitandukanye ngo bajye gutaramira ababyitabiriye.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 batuye mu Murenge wa Gahengeri mu Karere ka Rwamagana, bagiye gusanirwa inzu babagamo zishaje, bakurwe mu macumbi.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyagatare Mugabo Alex n’ushinzwe amasoko Kayitare Fred bari mu maboko ya Polisi y’igihugu bazira guha isoko utabikwiye.
Imiryango 47 yo mu Karere ka Nyagatare yasenyewe n’ibiza yahawe ibikoresho by’ibanze bibafasha kuba basubiye mu nzu zabo zasambuwe n’umuyaga.
Umuyobozi mushya wa Banki y’Abaturage (BPR) Maurice K.Toroitich arizeza abagana iyo banki serivisi inoze no kubafasha gukabya inzozi zabo.
Ugereranije abantu bitabiriye imurikagurisha mpuzamahanga rya 2017 n’irya 2016, bigaragara ko uyu mwaka abitabiriye biyongereye.
Umunyezamu mushya w’ikipe ya Kiyovu Sports Ndoli Jean Claude aratangaza ko n’ubwo yumva agifite ingufu zo gukina mu izamu ariko ko habura igihe gito ngo asezere ruhago.
Polisi mu Karere ka Muhanga yataye muri yombi umugore witwa Nyirahabimana Marie Goreti, nyuma yo gutahura imifuka itatu y’urumogi mu rugo rwabo.
Bamwe mu rubyiruko bo muri AERG/GAERG bafite imishinga ibyara inyungu bakora,barushanijwe kuyisobanura, abatsinze bemererwa inguzanyo itungukirwa.
Grechishkina Anna, umukobwa w’imyaka 38 wo muri Ukraine wiyemeje kuzenguruka isi atwaye Moto ahamya mu bihugu amaze kugeramo u Rwanda yahasanze ubudasa.
Imodoka 19 ziganjemo izizaturuka hanze y’u Rwanda ni zo zamaze kwiyandikisha kuzitabira isiganwa ry’imodoka rizwi nka Rwanda Mountain Gorilla Rally izaba mu mpera z’iki cyumweru.
Abunzi bo mu Karere ka Gisagara barasaba ko abayobozi b’inzego z’ibanze kubahiriza inshingano zabo zo gutumiza ababuranyi no kubagezaho imyanzuro y’inteko y’abunzi.
Ikipe ya Kiyovu ngo yiteguye kuregera ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ku kuba Fitina Ombolenga yarasinyiye APR akibafitiye amasezerano.
Liliane Kalima, umunyamideri wo mu Rwanda ariko uba muri Amerika (USA) ari mu bazamurika imideri y’imyambaro mu Mujyi wa New York mu birori byiswe “New York Fashion Week”.
Urwego ngenzuramikorere (RURA), ruramenyesha abantu bose ko guhera kuri uyu wa kabiri tariki ya 05 Nzeli 2017, igiciro cy’ibikomoka kuri peteroli cyazamutse.
Mu imurikagurisha mpuzamahanga (Expo 2017) ribera i Gikondo mu Mujyi wa Kigali, abantu baritabira cyane kugura gaz n’amashyiga yayo ya kizungu kuko ibiciro byagabanijwe.
Urugaga rw’Abikorera (PSF) rwatangaje ko imurikagurisha ryaberaga mu Rwanda "Expo2017" rizarangira ku mugaragaro kuri uyu wa Gatatu tariki 6 Nzeri 2017.
Abahinzi bo mu Murenge wa Miyove mu Karere ka Gicumbi, baravuga ko bari kwihuta mu iterambere, babikesha imbuto nshya y’ibishyimbo bita “Zahabu.”
Bisi zose zikorera mu Mujyi wa Kigali zamaze gushyirwamo uburyo bwo kwishyura hifashishijwe ikarita ya Tap&Go yari amaze kumenyerwa na benshi.
Polisi y’igihugu yatangaje ko nyuma yo kubaza Diane Rwigara n’abo mu muryango we babiri ku bibazo bakekwaho, yabarekuye bagataha ikanabaherekeza mu rugo rwabo.
Nyuma y’aho FIFA isabye Ferwafa gusubika amatora y’umuyobozi wa FERWAFA ndetse nayo ikabyemera, ubu biravugwa ko no gutanga kandidatire bigiye gusubirwamo bundi bushya
Ikipe ya Villa Sport Club yo muri Uganda yari imaze iminsi 3 mu Rwanda mu mikino ya gicuti isoje urugendo rwayo itsinda APR ibitego 2-1.
Nyuma y’igihe bivugwa ko umuryango wa Rwigara waburiwe irengero, Polisi y’u Rwanda yawusanze wihishe mu Kiyovu aho batuye.
Abakinnyi bagera muri 20 ba Kirehe FC bamaze kwerekeza mu miryango yabo, baravuga ko bambuwe n’ubuyobozi bw’ikipe, ubuyobozi bwo bukemeza ko nta kibazo bufitanye n’abakinnyi ahubwo ko bagiye kugura ibikoresho.
Urwego rushinzwe ubuzima i Nyamagabe ruvuga ko ku barwayi 100 basuzumwa, batanu basigaye basanganwa indwara karande (zitandura), rukabiheraho rushishikariza abaturage gukoresha isuzumabuzima “checkup”.
Augustine Miles Kelechi, umuhanzi wo muri Nigeria wamamaye cyane nka Tekno Miles agiye kuza mu Rwanda mu gitaramo biteganyijwe ko kizaba ku cyumweru tariki 10 Nzeli 2017.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) ivuga ko igiye gusubira mu masezerano Afurika ifitanye n’Amerika (AGOA), kugira ngo habeho guca imyenda ya caguwa nta bihano bifatiwe u Rwanda.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare buravuga ko abazahinga ibigori mu bibanza byagenewe kubakwamo inzu mu Mujyi wa Nyagatare bashobora kubyamburwa.
Ihuriro ry’abavuzi gakondo mu Rwanda (AGA Rwanda), ritewe impungenge no kubura ibimera bivamo imiti bakoresha. Bamwe ngo bajya kubishaka mu mahanga kuko mu Rwanda birushaho gukendera.
Inzego zitandukanye zishimira abunzi kuba bacira imanza abaturage, ariko zikanenga abayobozi b’inzego z’ibanze kutazirangiza.
Nyuma y’iminsi igera kuri 48 umuririmbyi Kitoko yari amaze mu Rwanda, yongeye gusubira i Burayi mu Bwongereza aho avuga ko hamaze kuba nko mu rugo.
Umutoza Kanyankore Gilbert Yaounde watozaga Bugesera yamaze guhagarikwa n’iyo kipe mbere y’amasaha make ngo isubukure imyitozo