Miss Aurore na Kalimpinya barakangurira abagore gutinyuka umukino wo gusiganwa mu modoka

Mu Ntara y’Amajyaruguru mu Karere ka Rulindo habereye Isiganwa ry’Imodoka rya Nyirangarama Rally 2025, ryakinwaga ku nshuro yaryo ya gatatu. Ni isiganwa ryagaragayemo Miss Aurore Kayibanda wari wungirije Gakwaya Eric mu gutwara (co-driver), umuhanzi Semana Ish Kevin wari wungirije Hakizimana Jacques ndetse na Miss Kalimpinya Queen wari wungirijwe na Ngabo Olivier.

Miss Queen Kalimpinya (ufite ibikombe) ari mu bitwaye neza muri iri rushanwa. Mugenzi we Miss Aurore na we avuga ko ari intangiriro nziza nubwo we n'uwo bari bafatanyije batabashije gusoza irushanwa kubera ko imodoka yabo yagize ikibazo cya tekinike
Miss Queen Kalimpinya (ufite ibikombe) ari mu bitwaye neza muri iri rushanwa. Mugenzi we Miss Aurore na we avuga ko ari intangiriro nziza nubwo we n’uwo bari bafatanyije batabashije gusoza irushanwa kubera ko imodoka yabo yagize ikibazo cya tekinike

Iri siganwa ryitabiriwe n’imodoka icyenda mu gihe hari hiyandikishije 10, izitabiriye zikaba ari umunani z’abashoferi bo mu Rwanda n’imwe y’umunyamahanga.

Queen Kalimpinya agereranyije iri siganwa n’andi yitabiriye, avuga ko iri riba ari rito kuko rikorwa umunsi umwe mu gihe andi amara iminsi itatu, ariko kandi rikaba ritoroshye kubera imisozi ihanamye cyane, ku buryo ukoze ikosa rito wagwa mu manga. Ni mu gihe ahandi bakunze gukorera mu Burasirazuba ho haba hari imirambi.

Kalimpinya akangurira abandi bakobwa gutinyuka bakitabira bene aya marushanwa yakunze gufatwa nk’ay’abagabo, kuko abagore n’abakobwa na bo bashoboye.

Imodoka Miss Kalimpinya Queen yari atwaye, irimo iragenzurwa mbere yo gukomeza irushanwa
Imodoka Miss Kalimpinya Queen yari atwaye, irimo iragenzurwa mbere yo gukomeza irushanwa

Yagize ati “Ni ibintu byiza ko abari n’abategarugori dutinyuka, tukitabira imikino iyo ari yo yose n’iyo yaba izwiho ko ikinwa n’abagabo, cyane ko dufite Igihugu cyiza kidushyigikiye mu nzego zose.”

Miss Kalimpinya asaba abafite ubushobozi kubatera inkunga y’ibikoresho kuko nk’imodoka bakoresha usanga zishaje, zidafite imbaraga zihagije. Ati ”Ababyumva mwaturebera ubufasha ku buryo twabona imodoka zigezweho ku buryo tubasha gusiganwa tukajya guhiganwa no mu mahanga kandi turbizi neza ko twatsinda.”

Miss Aurore Kayibanda yitabiriye bwa mbere irushanwa ryo gusiganwa mu modoka, yungirije Gakwaya Eric
Miss Aurore Kayibanda yitabiriye bwa mbere irushanwa ryo gusiganwa mu modoka, yungirije Gakwaya Eric

Aurore Kayibanda wabaye Miss Rwanda 2012 na we yitabiriye bwa mbere irushanwa ryo gusiganwa mu modoka, yungirije umushoferi mukuru Gakwaya Eric. Miss Aurore Kayibanda, amara impungenge abatinya uyu mukino kubera gutinya impanuka, kuko ari nk’indi mikino yose, kandi ibamo ibyiza n’ibibi. Ati “Mu mikino yose impanuka ntaho zitaba. Muri Basketball wakina ukavunika, no muri Football hose habamo impanuka. Rero buri wese, yaba umukobwa cyangwa umugore wumva akunda uyu mukino ntagire ubwoba ntabwo bikanganye ahubwo ni umukino utanga ibyishimo.”

Clarisse Umugwaneza uri mu bakurikiraniye hafi imigendekere y’iri siganwa rya Rally Nyirangarama 2025, yagize ati “Iri rushanwa ryaduhaye ibyishimo, abaturage bishimye, byose byagenze neza. Mwabonye kandi ko abakobwa n’abadamu baryitabiriye, bigaragaza ko muri iki gihe ntawe ukwiye kwibaza ku bushobozi bwacu, natwe turashoboye.”

Rutabingwa Fernand, Umuyobozi w’isiganwa ry’imodoka rya Rally Nyirangarama 2025, avuga ko muri rusange isiganwa ryagenze neza kuko nta mpanuka yabayeho, izavuyemo bikaba byatewe n’ibibazo bya tekinike.

Avuga ko ari isiganwa rifitiye akamaro aka gace kuko ari ryo ryonyine ribera mu Majyaruguru mu rwego rwo kwegera abaturage no kubereka ibyiza by’isiganwa ry’imodoka.

Naho kuba rikorerwa mu bice birimo imisozi ngo nta mpungenge biteye kuko imodoka ziba zarakorewe kugenda mu mihanda mibi no mu misozi, bikabafasha kuzitwara neza mu marushanwa bitabira.

Ababaye aba mbere ni Davite Giancarlo wari ufashijwe na Davite Matteo, bakaba ari na bo banyamahanga bitabiriye iri rushanwa.

Davite Giancarlo wari ufashijwe na Davite Matteo babaye aba mbere
Davite Giancarlo wari ufashijwe na Davite Matteo babaye aba mbere

Ku mwanya wa kabiri haje Kanangire Christian na Mujiji Kevin, Miss Kalimpinya Queen ahembwa nk’uwitwaye neza mu bari n’abategarugori.

Iri siganwa ry’imodoka rya Rally Nyirangarama ritegurwa n’ishyirahamwe nyarwanda ry’umukino wo gusiganwa mu modoka (Rwanda Automobile Club - RAC), ku bufatanye n’umushoramari Sina Gerard ufite Enterprise Urwibutso.

Abaturage b'i Rulindo baryohewe n'umukino w'isiganwa ry'imodoka, bashima abaritegura baba baribegereje kuko ribafasha gususuruka
Abaturage b’i Rulindo baryohewe n’umukino w’isiganwa ry’imodoka, bashima abaritegura baba baribegereje kuko ribafasha gususuruka
Umuhanzi Ish Kevin na we ari mu barushanwaga gutwara imodoka
Umuhanzi Ish Kevin na we ari mu barushanwaga gutwara imodoka

Reba uko abasiganwa barushanyijwe (abari mu ibara ry’umutuku ni abatarangije irushanwa)

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka