Uwase Annick niwe Nyampinga wa IPRC Kigali TSS (Amafoto)

Uwase Annick yegukanye ikamba rya Nyampinga w’ishuri ryisumbuye ry’imyuga rya IPRC Kigali TSS riherereye mu mujyi wa Kigali.

Nyampinga Uwase Annick n'ibisonga bye
Nyampinga Uwase Annick n’ibisonga bye

Nyampinga Annick yambitswe iryo kamba nyuma yo guhigika abandi bakobwa 10 bari bahanganye mu muhango wabereye ku nshuro ya mbere kuri iryo shuri ku wa gatanu tariki ya 28 Ukwakira 2016.

Nyampinga Annick avuga ko yatunguwe no kuba ari we wegukanye iryo kamba kuko umwe mu bo bari bahanganye witwa Bella yari amufitiye ubwoba.

Agira ati “Byantunguye cyane, niga mu mwaka wa gatanu ntabwo nari mbyiteguye, Bella yari ashyigikiwe cyane yari anteye ubwoba ariko mbashije kumutsinda. Ni ibintu bikomeye cyane kuri njyewe.”

Yakomeje avuga ko kuri we ari ishema ahesheje ikigo cye kandi ko ibikorwa nk’ibi byerekana ko n’abakobwa bashoboye, atari ubwiza gusa.

Miss Uwase ari kumwe na Miss IPRC 2014
Miss Uwase ari kumwe na Miss IPRC 2014

Mbere yo gutangaza uwegukanye ikamba rya nyambinga, abahatanaga babanje kwiyerekena mu myambaro itandukanye irimo n’iya Kinyarwanda.

Buri wese kandi yagendaga aserukana igikoresho yahisemo mu byamufasha kugera ku bumenyi ngiro.

Miss Uwase ubwo batangazaga ko ariwe wegukanye ikamba yishimye cyane
Miss Uwase ubwo batangazaga ko ariwe wegukanye ikamba yishimye cyane

Nyuma yo kwiyerekana, hakurikiyeho guhatwa ibibazo n’akanama nkemurampaka mu rwego rwo guhuza ubwiza n’ubumenyi bwo mu mutwe.

Igisonga cya mbere
Igisonga cya mbere
Igisonga cya mbere
Igisonga cya mbere

Umuhanzikazi Tonzi, umwe mu bari bagize akanama nkemurampaka yishimiye iki gikorwa ahamya ko ibintu nk’ibyo bituma abana batinyuka.

Agira ati “Byari byiza! Ni initiative (igitekerezo) nziza y’abanyeshuri, bituma abana bitinyuka, wabonaga kandi ko bagize umwanya wo kwitegura, kandi ni byiza byatumye ubona ko impano zabo zigaragara.

Ni ibintu byiza mu rubyiruko, urabona ko abakobwa bashoboye. Byari byiza cyane kandi byagenze neza cyane.”

Miss Photogenic
Miss Photogenic
Miss Popularity
Miss Popularity

Ibi birori kandi byitabiriwe na Nyampinga w’amashuri yisumbuye (Miss High School 2016) Ingabire Kenny n’abahanzi nka Ama-G The Black, Mr Gloire n’abandi.

Andi mafoto

Abahatanira ikamba rya Nyampinga wa IPRC Kigali TSS babanje kwiyerekana mu buryo butandukanye.

Ibyo birori byari byitabiriwe n’abantu batandukanye

Tonzi umwe mu bari bagize akanama nkemurampaka
Tonzi umwe mu bari bagize akanama nkemurampaka
Umuraperi AmaG The Black ari mu basusurukije abitabiriye ibyo birori
Umuraperi AmaG The Black ari mu basusurukije abitabiriye ibyo birori

Amafoto: Muzogeye Plaisir

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Ababana bafite ahazaza heza peeeee!

Ange yanditse ku itariki ya: 21-02-2017  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka