Ibitaro bikuru bya Byumba biri kubaka inyubako nshya, izunganira iyari imaze imyaka 69, mu rwego rwo kunoza serivisi.
Abaturage bo mu kagari ka ryabega umurenge wa Nyagatare, banenzwe kuba bagihabwa inkunga y’ibiribwa, kandi bafite ubutaka bwera cyane.
Abatuye mu duce twa Musamvu na Karenge two mu murenge wa Kibungo, muri Ngoma, bahangayikishijwe n’ibura ry’amazi ridasanzwe.
Abaririmbyi n’abandi bakora ibijyanye na muzika mu Rwanda bahamya ko igitaramo Sauti Sol yakoreye mu Rwanda cyabasigiye isomo bazagenderaho.
Imvura ivanze n’umuyaga yasambuye amashuri, amazu y’abaturage 35, inangiza bimwe mu bicuruzwa,mu murenge wa Nasho, mu karere ka Kirehe.
Migabo Celestin wari umukuru w’umudugudu wa Gisunzu, mu karere ka Rutsiro, umuryango we wamusanze mu bwiherero, yimanitse mu mugozi yapfuye.
Abagize urubyiruko rushamikiye ku muryango FPR-Inkotanyi bahagarariye abandi mu karere ka Kicukiro, barasabwa kuba maso, bakamenya ibiranga abyihebe byiyitirira Isilamu.
Ku mugoroba wo ku wa gatandatu tariki ya 17 Nzeli 2016, itsinda ry’abahanzi ryitwa "Sauti Sol" ryo mu gihugu cya Kenya, ryaje mu Rwanda, rimurika album nshya ryise" Live and Die in Afrika"
Irushanwa rya As Kigali Tournament ryasojwe kuri uyu wa Gatandatu tlriki ya 17 Nzeli 2016, aho igikombe cyegukanywe na APR itsinzeVita Club yo muri Congo-Kinshasa ku mukino wa nyuma.
Abakozi babiri b’abagore b’Akarere ka Kamonyi, barwaniye mu biro, bari kugenzurwa kugira ngo bazahanwe hakurikijwe abategeko agenga abakozi.
Ikipe ya Rayon Sport imaze kunyagira Kiyovu ibitego 3-0 ihita yikuraho ikimwaro yambitswe na APR muri ½ mu irushanwa rya As Kigali Pre-season Tournament.
Biteganyijwe ko uruganda rutunga ibikomoka kuri avoka, rwo mu Karere ka Huye, ruzaba rukora bitarenze umwaka wa 2019.
Urugaga nyarwanda rw’Abikorera (PSF) rutangaza ko abagore bikorera bakiri bake, rugasaba abafatanyabikorwa gushyigikira gahunda ya HeForShe, bakongera umubare wabo.
Abahanzi b’Abanyakenya bagize itsinda rya Sauti Sol batangaza ko nubwo baririmbiye Perezida Barack Obama bajyaga bamwoherereza indirimbo ntazumve.
Imvura yaguye muri Karongi ku mugoroba wo ku itariki 16 Nzeli 2016, yahitanye abantu batatu n’inka imwe inasenya amazu atatu.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gatsibo buvuga ko kuba ababyeyi bamwe batuzuza inshingano zabo, ari kimwe mu bituma abana bata amashuri.
Umuyobozi w’Intara y’Iburengerazuba Caritas Mukandasira afatamyije n’inzego z’umutekano, baraburira abatuye akarere ka Ngororero ko abafite ibitekerezo by’amacakubiri n’ubutagondwa batazahabwa umwanya.
Uwacu Julienne uyobora Ministeri ya Siporo n’umuco (Minispoc) aratangaza ko umusaruro muri siporo y’u Rwanda muri rusange ukomeje kuba mubi ariko akavuga ko hakwiye gushakwa uburyo waba mwiza.
Igitaramo cy’itsinda ry’abahanzi bo mu gihugu cya Kenya bazwi nka Sauti Sol, baje gutaramira i Kigali cyahinduriwe aho cyagombaga kubera habura amasaha make.
Ubuyobozi bufatanyije n’inzego z’umutekano bataye muri yombi abantu batanu bakekwaho ubujura bwayogoje ahazwi nka “Dobandi” mu Mujyi wa Kigali.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru buratinyura abagore bafite ibitekerezo by’imishinga kugana banki n’ibigo by’imari,kuko babihugurirwa ariko ntibabyitabire.
Kuri uyu wa Gatanu ni bwo mu Rwanda hatangira irushanwa mpuzamahanga rya Tennis ryitwa Rwanda Open, rikazarangira taliki ya 25 Nzeli 2016
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango buvuga ko, gukoresha ikoranabuhanga bizarinda abaturage gutanga ruswa, kubyo bagenewe guhabwa ku buntu.
Aborozi batandukanye bo mu murenge wa Nyagatare barifuza uruganda rw’ibiryo by’amatungo hafi yabo kuko babibona bihenze banakoze urugendo rurerure.
Abakoresha umuhanda wa kaburimbo Huye-Nyamagabe-Kitabi barasaba ko wakorwa kuko ugenda wangirika cyane kuburyo wagabanya ubuhahirane n’imigenderanire.
Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Caritas Mukandasira, yanenze Akarere ka Ngororero kuba karasubiye inyuma mu mihigo ya 2015-2016, ibintu yafashe nk’ubugwari.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe kwinjiza imisoro n’amahoro (RRA) cyiyemeje kuzamura imyumvire ku misoro, gihereye mu bigo by’amashuri yisumbuye na za kaminuza.
Ikipe ya APR Fc yihimuye kuri Rayon Sports yari imaze kuyitsinda kabiri muri uyu mwaka, ihita yerekeza ku mukino wa nyuma aho izahura na Vita Club mu gikombe cyateguwe na AS Kigali
Abagore 300 bo mu Karere ka Musanze, bacuruzaga mu kajagari,bazwi ku izina rya “Abazunguzayi” bemerewe inkunga ya miliyoni 6 ngo biteze imbere.
Ikipe ya Vita Club yo mu gihugu cya Congo-Kinshasa yamaze kubona itike yo gukina umukino wa nyuma mu irushanwa “As Kigali Pre-season Tournament” nyuma yo gutsinda Kiyovu 1-0.
Amazu 26 y’abaturage bo mu Karere ka Bugesera yasambuwe n’umuyaga uvanze n’imvura yaguye ku itariki ya 14 Nzeli 2016.
Bwa mbere mu mu Rwanda hagiye gutangizwa gahunda yo kwibagisha by’umurimbo, gahunda izwi ku izina rya "Cosmetic Surgery".
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi FIFA ryasohoye uko ibihugu bikurikiranye ku isi mu mupira w’amaguru mu kwezi kwa Nzeli maze rishyira u Rwanda ku mwanya wa 107 ruvuye ku wa 121 rwari ruriho mu kwezi kwa 8.
Ibyumba by’amashuri byubatswe mu karere ka Nyamagabe ku nkunga ya Leta zunze ubumwe za Amerika, bizongera umubare w’abanyeshuri.
Abaturage bo mu Turere twa Nyabihu, Ngororero, Muhanga na Gakenke, basabwe gucika ku ngeso mbi yo guhuguza, bashaka gutungwa n’ibyo batavunikiye.
Niyobugingo Givence wo mu Murenge wa Nyamugari, Akarere ka Kirehe, yatoye umwana w’uruhinja mu murima agihumeka, bigaragara ko akivuka.
Perezida Paul Kagame yatumiwe muri Kaminuza ya Yale aho azatanga ikiganiro ku bantu batandukanye, mu gikorwa kiswe "Coca-Cola Word Fund at Yale"
Itsinda ry’abadepite b’Inteko Ishingamategeko y’ibihugu bigize umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EALA) riri mu Rwanda kwiga ku byateye Jenoside n’uko ingengabitekerezo yayo yarwanywa.
Umuyobozi w’Akarere ka Musanze, Musabyimana Jean Claude, asanga umwanda ari wo watumye akarere ayoboye kabona amanota ya nyuma mu mwaka w’imihigo wa 2015-2016.
Mu irushanwa ryiswe "AS Kigali Pre-season Tournament", hatangajwe zimwe mu mpinduka ziza kuranga imikino ya 1/2 ibera kuri Stade Amahoro.
Camera ya telefone igezweho, iPhone 7, yageragerejwe mu Rwanda mu rwego rwo kureba ubwiza bw’amafoto ifotora.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gicumbi bwashimiwe uruhare bwagize, mu kugaruza umwana w’amezi abiri wari wibwe.
Ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru y’abagore yamaze gusezererwa mu mikino ya CECAFA idatsinze umukino n’umwe mu mikino ibiri yakinnye.
Abaturage bo muri Kirehe bahangayikishijwe n’izamuka ry’ibiciro by’ibiribwa ku isoko kuburyo hari aho ngo byikubye kabiri.
MTN Rwanda, yahaye mudasobwa 24 zigendanwa ikigo cy’ishuri ryisumbuye ry’imyuga rya kigarama (TSS Kigarama), mu Karere ka Ngoma.
Urukiko rwa gisirikare rwategetse ko Maj Dr Aimable Rugomwa na mukuru we Nsanzimfura Memelito bafungwa by’agateganyo iminsi 30.
Abaturage bakoze imihanda muri gahunda ya VUP mu murenge wa Mukindo, akarere ka Gisagara baravuga ko bugarijwe n’ubukene kubera kudahembwa.
Abakora mu gishanga cya Nyabarongo mu murenge wa Mugina, muri Kamonyi, bakoze imyigaragambyo basaba kwishyurwa kuko bamaze amezi atatu badahembwa.
Abana bo mu karere ka Nyamasheke bata ishuri bakajya gushaka akazi ko kuroba mu kivu, bavuga ko babiterwa n’ubukene bw’imiryango.