Abarobyi n’abacuruzi b’isambaza bo muri Rusizi na Bukavu bavuga ko biyemeje kwimakaza amahoro nyuma y’igihe bashyamiranira mu Kiyaga cya Kivu.
Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi (MINAGRI), ivuga ko imurikabikorwa mpuzamahanga ribera i Kigali ku bijyanye n’ubuki(ApiExpo), rizasigira abavumvu b’Abanyarwanda ikoranabuhanga rigezweho.
Ikipe ya Bugesera yihereranye Mukura iyitsinda ibitego 2-0, igaragaza ko ari ikipe ishobora kuzagora amakipe menshi mu mwaka w’imikino wa 2016/2017
Abantu batandukanye bajya gusengera ku musozi wa Kanyarira batangaza ko banejejejwe no kuba barubakiwe ikiraro kibafasha kugera kuri uwo musozi.
Abayobozi bo mu ntara y’Iburasirazuba, basabwe gukangurira abaturage kugira uruhare mu bibakorerwa, badategereje ko ubuyobozi bubagezaho byose nta ruhare babigizemo.
Madame wa Perezida wa Repubulika, Jenet Kagame ahamya ko ari ngombwa gusobanurira urubyiruko ibijyanye n’ubuzima bw’imyororokere bityo rukarinda ubizima bwarwo.
Abanyeshuri bari gusoza ayisumbuye mu bumenyingiro, bitezweho iterambere ry’igihugu, nibatangira kubushyira mu bikorwa.
Mu mujyi wa Kigali harubakwa imihanda y’amabuye yitwa "Cobblestone", hagamijwe kurengera ibidukikije, guteza imbere ibikorerwa mu gihugu no kubaka ibirama.
Umuryango uharanira ko Jenoside itazongera kubaho ukundi Never Again, uravuga ko kutumva urusaku rw’imbunda, bidakwiye gutuma abanyarwanda birara.
Mu mafaranga akenewe kugirango ishami rya Loni ryita ku Mpunzi (UNHCR), ribashe kwita ku mpunzi z’Abarundi ziri mu Rwanda, hamaze kuboneka 18% byayo gusa.
Abaturage bo muri Huye bavuga ko indaya basigaye bazita “Ibiryabarezi” kubera ko zirya amafaranga ya bamwe mu bagabo bagataha imbokoboko.
Abahanzi b’Abanyarwanda bakeneye kwerekana umuco Nyarwanda muri Leta zunze ubumwe z’Amerika muri "Rwanda Cultural day".
Amakuru aturuka muri Polisi y’igihugu aravuga ko "transformateur" y’inkorano ari yo ishobora kuba intandaro y’inkongi y’umuriro wibasiye ikigo cy’imyidagaduro cya "Bambino Super City".
Uyu munsi ku tariki ya 21 Nzeli 2016, inkongi y’umuriro yibasiye ahazwi nko kuri “Bambino Super City, haherereye mu murenge wa Masaka mu Kerere ka Kicukiro.
Perezida Paul Kagame, avuga ko iyo bibaye ngombwa u Rwanda rudaseta ibirenge mu guharanira inyungu z’abanyagihugu kuko ari zo ziza ku isonga.
Nzabihimana Jean Bosco, utuye mu karere ka Musanze, yafatanywe igisasu cyo mu bwoko bwa gerenade n’icyuma cya gisirikare, amakuru atanzwe n’umugore we.
Abagize impuzamakoperative “Duhaguruke/ Kora” ikorera mu Mujyi wa Musanze, barashinja ubuyobozi bwabo kurigisa umutungo wa miliyoni 30.
Muri Shampiona y’umupira w’amaguru mu Rwanda ya 2016/2017, umukino uzahuza APR na Rayon Spors uteganyijwe tariki ya 21 Mutarama 2017 hatagize igihinduka.
Ku nkengero z’umugezi wa Nyacyondo mu karere ka Karongi hatoraguwe umurambo w’umugabo witwa Munyakazi Adrien bikekwa ko yatwawe n’amazi.
Munyemana Hudu uzwi nka Nzenze, umunyarwanda wasifuraga hagati mu kibuga ku rwego mpuzamahanga, yatangaje ko atazongera gusifura umupira w’amaguru.
Perezida w’Inama y’Amatorero y’Abaporotestanti mu Rwanda, Musenyeri Alex Birindabagabo asaba abayobozi b’amashuri kwakira agakiza, kugira ngo batange uburezi bufite ireme.
Abaturage bo mu murenge wa Gishari muri Rwamagana batangaza ko Ekocenter bubakiwe na Coca Cola imaze kubagezaho iterambere.
Hadi Janvier wari usanzwe akina umukino wo gusiganwa ku magare atangaza ko yasezeye kuri uwo mukino yabitekerejeho, adahubutse.
Abatuye akarere ka Bugesera bavuga ko bafungiwe amazi imyaka itanu kubera umwenda wa miliyoni 13 frw bafitiye Ikigo gishinzwe amazi, isuku n’isukura (WASAC).
Itsinda ry’abadepite barindwi bo mu Nteko ishinga amategeko y’Ubumwe bw’Iburayi (EU), ryasuye ihuriro ry’abanyarwandakazi bo mu Nteko ishinga amategeko mu Rwanda.
Umuhanzi Niyitegeka Gratien uzwi nka Seburikoko atangaza ko atazasubira gushyingura no mu rusengero kuko iyo agiyeyo arangaza abantu.
Igipimo cy’ubwiyunge bw’Abanyarwanda (RRB) cyerekanye ko abibona mu ndorerwamu y’amoko bagabanutseho 10% hagati y’umwaka wa 2010 na 2015.
Kuri uyu wa mbere ku cyicaro cy’ishyirahamwe ry’umukino wa Handball mu Rwanda hatangiye amahugurwa y’abatoza bakiri kuzamuka, bashamikiye ku bigo bikina umukino wa Handball
Abantu bo mu idini rizwi nk’ “Abakusi” bari bariyemeje gusenga biyicisha inzara, umwe muri bo yapfuye, abandi babiri bazanwa mu bitaro bya Nyanza bamerewe nabi.
“Car-free zone” na “Rond-point” ya Kimuhurura zigiye gushyirwamo ibintu bizajya bikurura urujya n’uruza rw’abantu n’abanyamaguru barusheho kuhidagadurira.
Mu mvura yaguye ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere tariki ya 19 Nzeli 2016 mu Karere ka Nyabihu, Inkuba yahitanye umwana na nyina.
Abaturage bo mu kagari ka Rwambogo, umurenge wa Butare, mu Karere ka Rusizi, bavuga ko bahangayikishijwe n’ikibazo cy’abana bata ishuri kubera kwigira kure.
Imiryango 210 itishoboye yo mu karere ka Rubavu, yahawe amatungo agizwe n’ihene n’intama, azayifasha kugira imibereho myiza.
Perezida Paul Kagame yavuze ko u Rwanda rwishimiye kwakira ikigo kizafasha umugabane wa Afurika mu ishyirwa mu bikorwa ry’intego z’iterambere rirambye (SDG Center for Africa).
Ayinkamiye Emerence umuyobozi w’akarere ka Rutsiro, aributsa ababyeyi ko gutoza abana kwizigamira, ari ukubagabanyiriza ibibazo bashobora guhura nabyo imbere.
Imvura y’urubura yaguye mu Karere ka Rubavu mu ijoro ryo ku itariki ya 19 Nzeli 2016, yangije hegitari 40 z’imyaka n’ibisenge by’amazu 87.
Ikipe ya Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye mu mukino wa Karate, ni imwe mu zabonye imidali myinshi mu irushanwa ryabereye i Kigali muri iki cyumweru
Muri iyi minsi usanga abantu benshi bafite ibibazo birebana n’amazina yabo
Abajyanama b’akarere ka Gicumbi biyemeje kurandura ruswa ivugwa muri ako karere nyuma yo kugaragarizwa ko iri ku rwego rwo hejuru.
Ikipe ya Rayon Sports yamaze gutangaza imyambaro ibiri itandukanye izajya ikinana mu mwaka w’imikino wa 2016/2017
Kankindi Nancy, umukobwa wa Maitre Sinzi Tharcisse wamenyekanye mu mukino wa Karate, aratangaza ko yiteguye kugera ku rwego Se yagezeho akaba yanarurenga
Perezida Paul Kagame yagaragarije amahanga uburyo ikoranabuhanga ritagira isi umudugudu umwe gusa, ahubwo ryagira n’uruhare mu kongera ubukungu nk’uko byagaragaye mu bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere.
Umushumba wa Dioyesezi Gatulika ya Kabgayi, Musenyeri Mbonyintege Samaradge, yatangije Paruwasi nshya ya Ruyenzi, bitewe n’ubwiyongere bw’abakristu muri ako gace.
Abatuye mu kagari ka Ngondore umurenge wa Byumba, bavuga ko abasigajwe inyuma n’amateka, batuye mu mudugudu wa Bukamba babangamira umutekano.
Uwamahoro Latifah yashyizwe mu mwanya w’umunyamabanga mukuru w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA), nta piganwa ribaye.
Impuzamiryango iharanira uburenganzira bwa muntu (CLADHO) itangaza ko igiye kwita ku bana baterwa inda zitateguwe, ibaganiriza, inabafasha mu bijyanye n’amategeko.