Umuryango wigenga uharanira iterambere ry’ubuhinzi (AGRIFOP), uvuga ko gutumiza imbuto mu mahanga aribyo bituma abahinzi batazibonera igihe bikagira ingaruka ku musaruro.
Leta y’u Rwanda igiye gushora miliyari 170RWf mu iyubakwa ry’imidugudu 30 y’icyitegererezo izakwizwa mu turere twose tw’igihugu.
Musabyimana Jean Claude, wari umuyobozi w’Akarere ka Musanze, yagizwe Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru asimbuye Bosenibamwe Aimé wayoboye iyo ntara imyaka irenga itandatu.
Mu kwizihiza icyumweru mpuzamahanga cyahariwe kwita ku baguzi, Banki y’Abaturage (BPR) yiyemeje gukemura ibyo abakiriya bayisaba birimo imirongo miremire y’abayigana.
Bamwe mubanyarwanda birukanwe muri Tanzaniya batujwe mu Bugesera mu murenge wa Mayange baranengwa kutabyaza umusaruro amasambu bahawe.
Abaturage bo mu Murenge wa Mugano mu Karere ka Nyamagabe, barasaba kubakirwa isoko hafi y’aho batuye.
Imvura igwa hirya no hino mu gihugu yatumye uruzi rw’akagera rwuzura, amazi arengera imyaka ihinze mu gishanga cya Gashora.
Studio Ingenzi yatangije gahunda y’ibitaramo ku bahanzi bakorana nayo mu rwego rwo kubafasha kurushaho kumenyekana no kwiyegereza abakunzi babo.
Komisiyo ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’imari ya Leta mu Nteko Ishinga Amategeko (PAC), ivuga ko ikimoteri cya Nduba kikiri ikibazo ku bagituriye aho kuba igisubizo.
Ashingiye ku biteganywa n’itegeko nshinga rya Repubulika y’u Rwanda ryo muri 2003, Perezida Paul Kagame yashyizeho abagize guverinoma ku itariki ya 04 Ukwakira 2016.
Guverinoma y’u Rwanda yihanganishije umuryango wa Nyakwigendera Senateri Jean de Dieu Mucyo witabye Imana azize urupfu rutunguranye tariki ya 03 Ukwari 2016.
Umuyoboro ukura amazi mu Mujyi wa Rubavu uyaganisha mu kiyaga cya Kivu wasenywe n’imvura, amazi yirara mu ngo z’abaturage.
Abanyeshuri biga amategeko mu makaminuza n’amashuri makuru mu Rwanda bagiye gupima ubumenyi bwabo mu bijyanye n’amategeko mpuzamahanga agenga intambara.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rwamagana burizeza abaturage ko bitarenze umwaka wa 2017-2018 gare ya Rwamagana izaba yubatse.
Abakora mu bigo byigenga cyane cyane iby’uburezi, barakangurirwa kugana sindika z’abakozi.
Umutoza wungirije w’ikipe y’igihugu Amavubi akaba n’umutoza wungirije wa tekiniki mu ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda(Ferwafa) aratangaza ko ubumenyi avanye mu budage azabusangiza abandi batoza.
Umugabo uri mu kigero cy’imyaka 33, ukekwaho kwica nyirabuja witwa Uwihoreye Gaudence wo mu karere ka Gatsibo, yafatiwe i Karangazi muri Nyagatare.
Nyuma yo kumara umwaka nta mvura igwa bigatera amapfa, muri Kayonza noneho haguye imvura idasanzwe isenya amazu y’abaturage inangiza urutoki.
Polisi y’igihugu ikorera muri Rubavu yatabaye umugore abaturage b’akagari ka Mbugangari bashaka gutera amabuye bamushinja kuba umucuraguzi.
Repubulika Iharanira Demokrasi ya Kongo (DRC) yasabye itsinda rya EJVM gukurikirana amakuru y’ibitero by’iterabwoba byaba bitegurirwa ahitwa Semuliki, i Beni.
Nyuma yo gusanga hari ibibura, FERWAFA yatanze itariki ya 8 Ukwakira kuba Kirehe FC yujuje ibisabwa mu byumweru bibiri ngo shampiyona itangire.
Abadepite batunguwe no gusanga mu karere ka Musanze hari imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi ishyinguye hamwe n’abishwe n’abacengezi mu 1998.
Ibigo by’imari iciriritse bya SACCO n’Ikigega cy’ingwate (BDF) ntibavuga rumwe ku itangwa ry’inguzanyo y’ibikoresho, ihabwa urubyiruko rwigishijwe imyuga ngo rwiteze imbere.
Abacururiza mu isoko rya Nyagahinga mu Murenge wa Cyanika Akarere ka Burera, bavuga ko kutagira amashyanyarazi bibabera imbogamizi mu bucuruzi bakora.
Abatuye akarere ka Rulindo, bavuga ko gahunda bazaniwe yo kwibumbira mu matsinda yo kurwanya umwanda, yabafashije kuwusezerera mu ngo zabo.
Perezida wa Sena Bernard Makuza aremeza ko Senateri Mucyo Jean de Dieu asize icyuho gikomeye muri Sena no ku gihugu muri rusange.
Rwanda Revenue, UTB GS Officiel de Butare ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa ryo kwibuka Rutsindura Alphonse wahoze ari umutoza wa Volleyball muri Petit Séminaire Karubanda
Umuryango uharanira uburenganzira bw’umwana SOS, wasabye abafite aho bahurira no guharanira uburenganzira bw’umwana, guhaguruka bakagaragaza ibikorwa bifasha abana kumenya uburenganzira bwabo.
Abantu 60 bize mu ishuri ryigisha gutunganya imisatsi n’inzara bahawe impamyabushobozi bishimira ko badashobora kuzajya mu bushomeri.
Komisiyo y’igihugu yita ku bana (NCC) ivuga ko ibibazo by’imwe mu miryango nk’amakimbirane, biri mu bituma abana b’imfubyi bayijynwamo, bayivamo.
Umuhanzi Nyarwanda, Ngabo Medard uzwi nka "Meddy" ari mu bahatanira ibihembo bya MTV Africa Music Awards (AMA), bihabwa abahanzi bahize abandi muri Afurika.
Senateri Jean de Dieu Mucyo yitabye Imana muri iki gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 03 Ukwakira 2016 .
Abashakashatsi bo mu Bwongereza barizeza ko umuti ukiza SIDA ugiye kuboneka nyuma yo kuvura umurwayi wayo akagaragaza ibimenyetso byo kuyikira.
Ku musozi wa Huye, bakunze kwita kwa Nyagakecuru, abagore n’abakobwa bafite byinshi byo kuhigira bijyanye n’ubutwari bw’abagore ndetse n’imyitwarire ikwiye.
Abaturage barenga ibihumbi 24 bo mu karere ka Kayonza bibasiwe n’amapfa bari gufashwa guhangana nayo bahabwa imbuto yo gutera n’ifumbire.
Senateri Bizimana Evariste anenga abatuye muri Musanze kuba bakigaragaza ingengabitekerezo ya Jenoside kandi mu ndamukanyo yabo yerekana ko bagomba kuyirwanya.
Kayitare Innocent utuye Remera, mu Karere ka Ngoma avuga ko guhinga ku materasi byamuvanye mu bukene, akaniyubakira inzu akareka gukodesha.
Mu irushanwa ryo kwibuka Rutsindura Alphonse wahoze ari umutoza wa Volleyball muri Petit Séminaire Karubanda, Rwanda Revenue, UTB na GS Officiel de Butare ni zo zegukanye imyanya ya mbere
Hatangizwa icyumweru cy’Ubumwe n’Ubwiyunge, Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi yashimiye abatuye Ngororero ko bafite amanota ya mbere mu bumwe n’ubwiyunge.
Butera Knowless yizihije isabukuru ya nyuma y’amavuko, ya mbere y’uko yibaruka imfura ye.
Mu irushanwa ryo kwibuka Rutsindura Alphonse wahoze ari umwarimu anatoza Volleyball muri Petit Seminaire ya Karubanda, abize muri icyo kigo bageze ku mukino wa nyuma uba kuri iki cyumweru
Mu irushanwa ryo kwibuka Rutsindura Alphonse wahoze ari umwarimu anatoza Volleyball muri Petit Seminaire ya Karubanda, abize muri icyo kigo bageze ku mukino wa nyuma uba kuri iki cyumweru
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Francis Kaboneka yumijwe n’ibibazo by’ubuharike biri mu Karere ka Musanze byateje ingaruka mbi muri imwe mu miryango.
Abana batatu bava inda imwe bo mu karere ka Rutsiro bahitanwe n’inkuba yabakubise ubwo hagwaga imvura ku itariki ya 30 Nzeli 2016.
Imvura nyinshi yaguye mu murenge wa Rukomo muri Nyagatare yateje umwuzure mu mazu y’ubucuruzi 17, ibicuruzwa byari birimo birangirika bikomeye.
Impuguke mu by’ubuhinzi zo muri Afurika zigiye kuza mu Rwanda kuhigira uburyo bwo gukoresha ubushobozi buke bugatanga umusaruro mwinshi.