Muhanga: Abantu umunani bishwe n’ikirombe cy’amabuye y’agaciro cyabaguyeho

Abantu umunani bo mu Karere ka Muhanga mu Murenge wa Muhanga Akagari ka Nyamirama bitabye Imana abandi bane barakomereka bagwiriwe n’ikorombe gicukurwamo amabuye y’agaciro.

Ikirombe cyari kitaramara n'ukwezi kuko ngo aha amabuye ahabonetse vuba
Ikirombe cyari kitaramara n’ukwezi kuko ngo aha amabuye ahabonetse vuba

Ahagana saa munani z’amanywa kuri uyu wa Gatandatu tariki 14 Ukwakira 2017, nibwo iyi mpanuka yabaye ibereye mu Mudugudu wa Gahabwa.Abo baturage bacukuraga muri icyo kirombe bivugwa ko kitari kimaze igihe kuko nta kwezi gushize habonetse amabuye y’agaciro.

Umukozi w’Umurenge wa Muhanga ushinzwe ubutegetsi, Mushimiyimana Josephine yabwiye Kigali Today ko ubutabazi butararangira kuko bakeka ko hakirimo abandi bantu.

Yagize ati “Ejo tuzakomeza turebe nib anta bandi basigaye mo kuko turakeka ko hakirimo abandi, bagiyemo mu buryo butemewe n’amategeko kuko nta bya ngombwa bari bafite byo gucukura aho hantu.”

Aha bacukuraga ni mu ishyamba rya Leta byakorwaga mu buryo butemewe n'amategeko
Aha bacukuraga ni mu ishyamba rya Leta byakorwaga mu buryo butemewe n’amategeko

yongeyeho ko hari hamaze iminsi ubukangurambaga bwo gusaba abaturage bo mu Tugari twa Nyambirama na Tyazo kutishora mu birombe nta burenganzira bafite ahubwo bakegera amakompanyi abizobereyemo bagakorana.

Avuga ko mu Mudugudu wa Gahabwa ari ho hari hatahiwe kuganiriza abaturage ariko impanuka iba bataragerayo, kuko bari babanje ahandi byavugwga ko na ho bacukura binyuranyije n’amategeko.

Muri iki cyumweru kandi ku wa gatatu indi mpanuka y’ikirombe mu Murenge wa Byimanana mu Karere ka Ruhango yahitanye umuntu umwe abandi babiri bararokoka, nyuma y’iminsi itatu bibera mu kuzimu hakorwa ubutabazi bwo kubakuramo.

Ubutabazi burakomeje ariko nta wundi muntu wari waboneka
Ubutabazi burakomeje ariko nta wundi muntu wari waboneka
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 4 )

Mwihangane Bantu b’iwacu

Alphonse Nizeyimana yanditse ku itariki ya: 16-10-2017  →  Musubize

umve ibintu birakaze

NDIKUMANA leonard yanditse ku itariki ya: 16-10-2017  →  Musubize

Mukomeze kwihangana

Nyirakanani yanditse ku itariki ya: 15-10-2017  →  Musubize

Pole sana. "Umukozi w’Umurenge wa Muhanga ushinzwe ubutegetsi"? Hose barahari 416 se?

Muhazi yanditse ku itariki ya: 15-10-2017  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka