Abakora muri serivisi z’ubuzima mu Karere ka Rusizi baravuga ko mu itorero bazahabonera umuti ukemura ibibazo bya serivizi mbi bavugwaho.
Olivier Karekezi wamamaye mu mupira w’amaguru mu Rwanda akinira APR FC n’ikipe y’igihugu Amavubi, yatangaje ko afite gahunda yo gutoza mu Rwanda muri shampiyona ya 2017-2018.
Me Evode Uwizeyimana, umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutabera ushinzwe Itegeko Nshinga n’andi mategeko, ahamagarira Abanyaruhango baba i Kigali guteza imbere akarere kabo.
Ahagana saa kumi za mu gitondo zo ku itariki ya 15 Ukuboza 1976, nibwo Grégoire Kayibanda yashizemo umwuka ari kumwe n’umwana we w’imfura witwa Kayibanda Pie.
Abakoresha umupaka muto uhuza Goma na Gisenyi mu buhahirane bagabanyije ingendo kubera gutinya imyigaragambyo ishobora kubera i Goma.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu Francis Kaboneka, atangaza ko abakozi bo mu nzego z’ibanze bari gusezera ku bushake, ariko ngo abafite ibyaha bazakurikiranwa n’ubutabera.
Bamwe mu baturage ba Gisagara bakoresha inzira yo mu Rwasave bajya cyangwa bava I Huye,baravuga ko babangamiwe n’umutekano muke uharangwa.
Ubuyobozi bw’abafana ba Rayon Sports FC buratangaza ko amafaranga ari gukusanywa ngo agure Amiss Cedrick azifashishwa mu gushaka umusimbura wa Pierrot Kwizera uzagenda.
Abasore n’inkumi bize guteka babifashijwemo n’Impuzamiryango iharanira uburenganzira bwa muntu (CLADHO) bemeza ko amahirwe yo kubona akazi yiyongereye.
Mu mukino wa mbere u Rwanda rwakinnye kuri iki cyumweru, rwatsinze Sudani y’Amajyepfo yaraye itewe mpaga na Uganda, bituma rubona itike ya ½ cy’irangiza.
Furere Benjamin Ngororabanga uyobora Abadominikani mu Rwanda, yasabye abasengera muri Paruwasi Saint Dominic yo muri Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye, gufatira urugero kuri Mutagatifu Dominiko,bakigira ubumenyi ariko bataretse n’ubwenge.
Mu marushanwa ya Handball ari guhuza ibihugu bitandatu byo muri Afurika y’Iburasirazuba, u Rwanda rurakina umukino wa mbere na Sudani y’Amajyepfo
Abana batangiye kwiga ibijyanye n’umuco mu Ngoro y’Umurage y’i Huye baremeza ko bishobora kuzabaviramo ubumenyi buzabafasha kwibeshaho.
Perezida Kagame yavuze ko yibaza impamvu Papa Francis adasabira imbabazi intama ze zagize uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda, nk’uko yazisabiye ku mugaragaro abapadiri bagiye bafata abana ku ngufu mu bindi bihugu.
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Claver Gatete yemeza ko mu cyerezo 2050 Abanyarwanda bazabaho neza umuntu yinjiza nibura umutungo mbumbe wa 12,500 by’amadolari ku mwaka.
Ingabo z’u Rwanda zigize Batayo I ziri mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo (UNMISS), zambitswe imidari y’ishimwe ya Loni.
Abagore b’impunzi mu nkambi ya Mahama bavuga ko kwigishwa n’abagore b’abanyarwandakazi kuboha uduseke byabafashije kugira icyizere n’icyerekezo cy’iterambere.
Kuri uyu wa 16 Ukuboza 2016, Polisi y’igihugu yerekanye abakobwa babiri bari abakozi bo mu rugo rw’uwitwa David Isanga, bakekwaho kumwiba amafaranga akabakaba miliyoni 10RWf.
Bamwe mu Banyarwanda b’inararibonye barasaba ko habaho ishuri ryitiriwe Kagame, “Kagame Institute of Good Governance”, rifasha mu gusigasira imiyoborere myiza no kuyisangiza abandi.
Kellya Uwiragiye uhagarariye umuryango uharanira ko abatumva bagerwaho n’itangazamakuru rikoresha ururimi rw’amarenga “Media for Deaf Rwanda”, yizeye kugera kure mu buvugizi bwe nyuma y’igihembo yagenewe n’Umwamikazi w’u Bwongeleza.
Minisiteri y’uburezi mu Rwanda (MINEDUC) ifatanyije n’ishyirahamwe ry’imikino mu mashuri, bakomeje gushakisha abana b’abanyeshuri bafite impano mu mikino itandukanye.
Mu magereza yo mu turere dutandukanye two mu gihugu, batangiye gushyira mu bikorwa icyemezo cyo kurekura abagororwa 814 bahawe imbabazi na Perezida wa Repubulika.
Twizerimana Thomas utuye mu mujyi wa Musanze arasaba ubufasha nyuma yo guhisha inzu n’ibiyirimo bibarirwa muri miliyoni 50 RWf.
Umuryango wita ku bana ‘Save The Children’, uhamya ko akenshi amakimbirane yo mu miryango aterwa no kutaganira ku micungire y’umutungo kw’abagize umuryango.
Habyarimana Jean Damascene watorewe kuyobora Akarere ka Musanze avuga ko yiyemeje guhangana n’ibibazo bituma ako karere gasubira inyuma ntikese imihigo.
Umuturage witwa Nyiramahoro Theopista wari witabiriye inama ya 14 y’Umushyikirano, yijeje Perezida Kagame kuzatora neza mu mwaka wa 2017, abandi barabyemeza.
Ministiri w’Intebe, Anastase Murekezi arakangurira abikorera gukorera hamwe bagafasha u Rwanda kugabanya ibyo rutumiza hanze kuko bituma rusesagura amafaranga.
Abunzi bashyiriweho uburyo bw’ikoranabuhanga buzajya bubafasha kohereza raporo ku ikemurwa ry’ibibazo by’ubutaka, bikajya bafasha abaturage ku buryo bwihuse.
Perezida Kagame yatangaje ko imyaka 22 u Rwanda rumaze rwibohoye igaragaza ko ruhagaze neza, ku buryo indi myaka 20 iri imbere igihugu kizayinjiramo kitajegajega.
Ntihabose Ismael wari umuyobozi w’agateganyo w’Inama Nkuru y’Abahanzi (Rwanda Art Council) yongeye kugirirwa icyizere atorerwa kuyiyobora imyaka itanu.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Francis Kaboneka abwira abayobozi b’imidugudu ko batagomba gutatira icyizere bagiriwe n’abaturage ngo babahe servisi babanje kubaka ikiguzi.
Urubyiruko rurakangurirwa gukoresha imbaraga rufite mu bumenyi no mu bwenge kugira ngo rubyaze umusaruro amahirwe rufite mu gihugu no hanze yacyo.
Abafite ubumuga bw’uruhu bo mu Ntara y’Amajyaruguru, bavuga ko ibibazo byabo babihariye inama ya 14 y’umushyikirano, kugira ngo ibishakire ibisubizo.
Ikamyo yikoreye amavuta yifashishwa mu gukora umuhanda wa kaburimbo azwi nka “Godoro” (Goudrons) ifashwe n’inkongi y’umuriro ku bw’amahirwe ntihagira icyo yangiza.
Polisi y’igihugu yazanye impinduka mu buryo serivisi zo mu muhanda zatangwaga, aho buri kintu cyose kigiye kujya gikorwa hifashishijwe ikoranabuhanga.
Bamwe mu bakoze mu mirimo yo kubaka ibiro by’akagari k’Akaboti mu murenge wa Kansi ho mu karere ka Gisagara barasaba kwishyurwa.
Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Nyirasafari Espérance, arasaba abakobwa bize imyuga n’abitegura kuyiga kwigirira icyizere kuko bashoboye.
Habyarimana Jean Damascene niwe watorewe kuyobora Akarere ka Musanze akaba asimbuye Musabyimana Jean Claude wabaye Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru.
Ubuyobozi bw’ikipe y’umupira w’amaguru mu cyiciro cya mbere (Pepiniere Fc) buratangaza ko iyi kipe izongera kwakirira imikino ku kibuga cyayo nyuma yo kugisana.
Urubyiruko rurimo abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, abakomoka ku bayikoze, abavutse ku bafashwe ku ngufu muri Jenoside n’abiga mu mahanga, biyemeje kubaho bitwa Abanyarwanda.
Ubwato bwari butwaye abantu 16 bwarohamye mu kiyaga cya Kivu umwe ahasiga ubuzima abandi babiri baburirwa irengero naho 13 bakurwa mu mazi ari bazima.
Ikigo cy’igihugu cy’imirimo imwe n’imwe ifitiye igihugu akamaro (RURA) cyashyizeho ibiciro bishya by’amazi n’amashanyarazi akoreshwa mu bice by’icyaro.
David Ngororano niryo zina ry’umupolisi w’u Rwanda ukora mu ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, wafotowe ari mu kazi yambutsa umuhanda ufite ubumuga ugendera mu kagare.
Abatuye mu turere twiganjemo icyaro mu Ntara y’Amajyepfo, barifuza ko mu nama ya 14 y’umushyikirano hakwigirwamo uburyo barushaho kwegerezwa ibikorwaremezo.
Minisiteri y’Ubucuruzi y’Inganda n’Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba (MINEACOM) itangaza ko imurikagurisha ry’ibikorerwa mu Rwanda rizaba ari nka anketi yo kureba uko byarushaho kongererwa agaciro.
Ibi byagarutsweho ubwo inkongi y’umuriro yafashe inzu itunganya umuziki igashya igakongoka ngo biturutse ku nsinga z’amashanyarazi zitujuje ubuziranenge.