Umuhanzikazi Grace Abayizera uzwi nka Young Grace agiye gusubukura guhanga imideli no kwigisha urubyiruko rubyifuza kudoda.
Umugore ukekwaho guta uruhinja mu musarani ari mu maboko ya Polisi mu Bugesera nyuma yo kumubona atagitwite kandi yari asanzwe atwite.
Inteko ishinga amategeko y’u Rwanda yamaganye umwanzuro w’Inteko ishinga amategeko y’umuryango w’ubumwe bw’ibihugu by’i Burayi, uvuga ko u Rwanda rutagira demokarasi.
Ihuriro ry’abafana ba Riderman bibumbiye mu muryango bise RFC (Riderman Fan Club) batanze ubwisungane mu kwivuza ku bantu130 bibumbiye mu miryango 28.
Abakozi babiri ba Banki y’abaturage (BPR) ishami rya Batima riri mu Murenge wa Rweru mu Bugesera, barakekwaho gutorokana miliyoni zisaga 14RWf.
Ku nshuro ya gatatu Polisi y’u Rwanda yohereje abapolisi 140 mu butumwa bwo kubungabunga amahoro n’umutekano muri Centrafrique.
Abagabo batanu bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Nyamata iri mu Karere ka Bugesera, bakekwaho ubujura bw’inka.
U Bufaransa bwakabaye aribwo buburanishwa ku ruhare rw’abwo muri Jenoside yakorewe Abatutsi, nk’uko bitangazwa na Perezida Paul Kagame.
U Rwanda ruri imbere mu bihugu byo munsi y’Ubutayu bwa Sahara byagaragaje igabanuka ry’indwara z’ubuhumekero zahitanye abagera ku 8,181 mu 2015.
Abaturage bo mu mudugudu wa Rwanza, mu murenge wa Nyamata, muri Bugesera, batoraguye uruhinja mu musarane uri gucukurwa babura uwarutayemo.
Abacururiza ahadasakaye mu isoko rya Rugarama mu karere ka Burera bavuga ko bahangayikishijwe n’igihombo baterwa no kunyagirwa ndetse no kwibwa.
Sunrise FC, ikipe y’akarere ka Nyagatare yanganyije na Bugesera FC 0-0, nyuma yo gukinira mu kibuga cyuzuye ibidendezi by’amazi n’isayo.
Ubuyobozi n’abaturage b’Akarere ka Gisagara bahamya ko ubumwe n’ubwiyunge mu karere kabo bugeze ahashimishije ugereranyije no myaka yatambutse.
Abaturage bo mu Karere ka Rutsiro batangaza ko kuba bamwe batitabira gutanga amafaranga ya Mitiweli babiterwa n’ubukene buri mu miryango yabo.
Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga aratangaza ko abakinnyi b’ikipe ya AS Muhanga bakwiye kwigenga aho kwitwara nk’abakozi b’akarere bagasaba byose.
Mu mukino wo kwishyura wahuje APR Hc na Police Hc, urangiye amakipe yombi anganya 31-31, bituma Police Handball Club ihita yegukana igikombe cya Shampiona
Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera bwashyizeho ikipe izakurikirana imihigo ikazanayisobanurira abaturage kugirango barusheho kuyibonamo bityo boye kuzongera gusubira inyuma mu kuyesa.
Abaturage bo mu kagali k’Akagarama muri Ngoma batangaza ko bafatanyije n’ubuyobozi biyubakiye ivuriro riciriritse ariko ngo rimaze imyaka ine ridakora.
Kuri uyu wa Gatandatu taliki ya 08 Ukwakira 2016 Ikipe ya Rayon Sport yatsinze iya As Kigali 2-0 mu mukino wa Gicuti,,maze As Kigali Ivuga ko yagowe n’ikibuga.
Abaturage b’Akarere ka Gicumbi batangaza ko umwanya wa kabiri babonye mu mihigo y’umwaka 2015-2016 utabahagije ngo baraharanira kuba aba mbere.
Umugabo witwa Nzirinda Mathias wo muri Musanze bamusanze mu ishyamba rye yapfuye bikekwa ko yishwe n’abagabo batatu yabuzaga kumutemera ishyamba.
Ubutaka bw’abaturage b’umudugudu wa Mirima ya kabiri, mu murenge wa Nyagatare, akarere ka Nyagatare, bungana na hegitari 42 bwangijwe n’imvura imyaka bateye irahomba.
Abakoranye na Hon. Mucyo Jean de Dieu bavuga ko yaranzwe no kwicisha bugufi no kuba umunyamurava mu mirimo inyuranye yakoze.
Abanyamabanga b’amashyirahamwe y’imikino atandukanye mu Rwanda baratangaza ko nyuma yo guhugurwa n’Ikigega gishinzwe gufasha amashyirahamwe y’imikino kwiyubaka muri Siporo bizabafasha kunoza imikorere yabo.
Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika John Kerry, azagenderera u Rwanda tariki ya 13 na 14 Ukwakira 2016.
Ubuyobozi bw’ Ikigo gishinzwe guteza imbere umwuga w’ibaruramari ICPAR, buratangaza ko amasomo butanga, yagabanyije amakosa y’ibaruramari yagaragaragara mu bigo bya Leta.
Umugabo witwa Twizeyimana Jean de Dieu wo mu Karere ka Gicumbi yishe umugore we witwa Mukurizehe nyuma yo kumwica nawe ahita yiyahura ahita apfa.
Perezida wa Colombia yatsindiye igihembo cy’amahoro cyitiriwe Nobel kubera imbaraga yashyize mu guhagarika intambara yamaze imyaka 52, icyo gihugu cyarwanaga n’inyeshyamba za FARC.
Ababyeshuri mu ishuri rya Sonrise High School, riri muri Musanze, batangaza ko impanuro bahawe na Polisi y’igihugu bazazigenderaho barwanya ibiyobyabwenge.
Nshimyumukiza Richard wo mu murenge wa Bweramana akarere ka Ruhango, arashimira Kigali Today ubuvugizi yamukoreye, akabona iby’ababyeyi be.
Mu nama yahuje Abayobozi b’ikipe ya Mukura, Umutoza Okoko yasabwe kudakomeza gukoresha amarozi ashaka intsinzi, we akabihakana avuga ko yabajyana mu butabera
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 7 Ukwakira 2016, nibwo umuhango wo guherekeza Senateri Jean de Dieu Mucyo uherutse kwitaba Imana azize urupfu rutunguranye watangiye.
Mu mpera z’iki cyumweru mu karere ka Rubavu harabera irushanwa ryiswe Vision 2020, ryateguwe n’ikipe nshya yitwa Scandinavia, rikazahuza amakipe ane
Bamwe mu batuye Nyagatare, bavuga ko bamenye ko umuti wica imibu uterwa mu mazu atariwo utera imbaragasa, ziterwa n’umwanda.
Abakora ibijyanye na filime mu Rwanda ngo bazigira byinshi mu iserukiramuco rya filime z’i Burayi rigiye kubera bwa mbere mu Rwanda.
Ikigo gishinzwe umutungo kamere mu Rwanda (RNRA) gitanga ko ibikorwa bya muntu bigira uruhare mu guhumanya amazi agateza ibibazo birimo n’uburwayi.
Minisiteri y’Umurimo n’abakozi ba Leta (MIFOTRA), ivuga ko ibiganiro hagati y’abakozi n’abakoresha, aribwo buryo bwo kubona umusaruro mwiza mu kazi.
Perezida Paul Kagame arasaba abayobozi bashya n’abasanzwe muri guverinoma gukora neza kandi bihutisha ibyo bakora kugira ngo u Rwanda rukomeze gutera imbere.
Laboratwari y’ubwubatsi IPRC-South yubakiwe igiye gufasha abanyeshuri kongera ubumenyi bajyaga gushakira ahandi, kubera kutayigira, ininjirize iki kigo amafaranga.
Mu mpera z’iki cyumweru muri Handball hateganyijwe isozwa rya Shampiona y’Abagore, mu gihe APR na Police HC nazo zizaba zikina umukino wo kwishyura wa Shampiona
Kabarira Vincent wigisha mu rwunge rw’amashuri rwa Rutonde, mu karere ka Rwamagana yagabiwe inka nk’igihembo cy’umwarimu wahize abandi.
Umuryango wita ku bababaye witwa Food for Hungry ukorera mu Karere ka Nyagatare, wahaye abafite ubumuga barindwi amagare yo kubafasha mu rugendo.
Taliki ya 15-16/10/2016 mu karere ka Huye na Gisagara hazabera isiganwa ry’amamodoka rizwi nka Memorial Gakwaya, rikazanitabirwa n’amamoto harimo azaturuka Afurika y’epfo
Abatuye Ntyazo mu karere ka Nyanza bavuga ko ibura ry’imbuto y’ibigori ribadindije mu ihinga, ariko ubuyobozi bukabizeza kuyibona vuba.
Polisi y’igihugu yazanye imashini nshya zo kugenzura ubuzima bw’ibinyabiziga (Controle technique) kugira ngo abashaka iyo serivisi batazongera gutinzwa.
Umutoza w’ikipe ya Poice Fc Seninga Innocent aratangaza ko mu gihe gito ayimazemo amaze kubona ishusho nyayo y’iyi kipe ku buryo ngo yizeye kuzatangira shampiyona neza
Imodoka ya Gereza ya Rubavu yaraye igonganye n’ikamyo abakozi batatu ba gereza bitaba Imana naho undi umwe arakomereka bikomeye.