Umushinga LAFREC, ushinzwe gusana Pariki ya Gishwati-Mukura, utangaza ko uzayishyikiriza ikigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB) bitarenze umwaka wa 2017.
Bamwe mu batuye Akarere ka Karongi bavuga ko batashimishijwe n’umwanya wa 25 akarere kagize mu kwesa imihigoimihigo y’umwaka wa 2015-2016.
Abahejejwe inyuma n’amateka bo mu murenge wa Nyabitekeri, Akarere ka Nyamasheke barashima ko bahinduye ubuzima bivuye ku mazu bubakiwe, bakanorozwa.
Abaturage bo muri Ngoma bavuga ko bashimishijwe n’ivugururwa ry’itegeko ryo kwandikisha umwana wavutsekuko kuko bigiye gutuma batongera kugira abana batanditse.
Abatuye mu Kagari ka Nyakayaga mu Murenge wa Kamabuye,Akarere ka Bugesera, bavuga ko ibimina bibafasha kuzigama amafaranga y’ubwisungane mu kwivuza.
Ikigo cy’Ubuzima (RBC), Kiravugwaho gukoresha nabi amafaranga arenga Miliyari 6Frw, kikanengwa no kwima amakuru urwego rugenzura ikoreshwa ry’imari ya Leta(OAG).
Umunyarwanda Gasore Hategeka yegukanye umwanya wa mbere mu isiganwa ry’amagare riri kubera muri Côte d’Ivoire akoresheje 4h16’51″
Nshimiyimana Daniel umuhuzabikorwa w’inama y’igihugu y’urubyiruko mu Karere ka Rulindo, avuga ko kuba aba nyuma mu mihigo byatewe no kudasenyera umugozi umwe .
Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi (MINAGRI) ivuga ko yashyizeho amabwiriza mashya, mu bucuruzi bw’imiti y’imyaka n’amatungo, n’ifumbire mvaruganda, kuko bwakorwaga mu kajagari.
Umuryango Imbuto Foundation urakangurira abangavu bo muri Gicumbi kwirinda ababashuka kuko baba bagambiriye kubashora mu busambanyi, batwariramo inda zitateguwe.
Abasirikare bakuru ba Zambiya bari mu ruzinduko mu Rwanda, basanga kuba rwariyubatse rubikesha gukorera ku ntego.
Umutoza Kanyankore Yaounde nyuma yo kwirukanwa muri APR aratangaza ko atarabona umushahara w’ukwezi kwa Kanama kandi ngo ntanazi igihe azawubonera.
Mu marushanwa ya Tennis yari amaze iminsi abera mu Rwanda, Indondo Denis na Onya Nancy bakomoka muri DR Congo ni bo begukanye imyanya ya mbere mu bagabo n’abakobwa
Ubugenzuzi bwakozwe mu Karere ka Ngororero bugaragaza ko abana 2992 bataye ishuli batararisubiramo kugeza ubu kandi bakoreshwa imirimo ivunanye.
Abagenzi n’abafite ibyo bakorera muri gare ya Kacyiru binubira kutagira ubwiherero kuko ngo bagorwa no gukemura ikibazo mu gihe bakubwe.
Abamotari n’Abapolisi bakorera mu mujyi wa Huye bakinnye umupira w’amaguru, mu mukino wa gicuti, urangira Abapolisi batsinzwe bitatu kuri kimwe.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’inama nkuru y’itangazamakuru (MHC), Peacemaker Mbungiramihigo araburira ibitangazamakuru bikoresha interineti kwitondera gutambutsa ibitekerezo by’abasomyi.
Mu karere ka Nyanza abantu batanu baturikanwe n’igisasu cyo mu bwoko bwa gerenade, bane bari abana, umwe ahita yitaba Imana, abandi barakomereka.
Minisitiri w’intebe Anastase Murekezi aributsa abatuye akarere ka Gisagara, kuzafata neza imbuto y’imyumbati bahawe kuko ifatiye runini abanyarwanda.
Perezida Kagame yagiriye inama urubyiruko ruba hanze gukomera ku ndangagaciro za Kinyarwanda, abasaba guhaha ariko bakazana ubumenyi mu gihugu.
Perezida Kagame avuga ko n’ubwo u Rwanda ruhura n’ingorane zabadashaka iterambere ryarwo rurushaho kugira imbaraga zo gutera intambwe y’iterambere.
Perezida Paul Kagame yongeye gutangaza ko adatewe impungenge n’abafashe nabi ibyo yavuze, aburira abantu bita ku bibazo by’u Rwanda kuruta uko bita kubibareba.
Abanyarwanda bakesha iterambere ryabo gukorera ku gihe, no gusubiza amaso inyuma bakigira ku mateka yabaranze.
Mu Mujyi wa San Francisco muri Leta ya Calfornia, hateraniye ibirori bya Rwanda Cultural Day, byitabiriwe na Perezida Kagame. Ubusabane ni bwose kandi haranatangirwa ibiganiro biganisha ku mwihariko w’u Rwanda.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo yasuye uruganda rwa Zipline rukora utudege tutagira abapilote (Drones) tugiye kujya dukoreshwa mu Rwanda.
Abanyarwanda baturutse imihanda yose bamaze kugera kuri Hoteli ya Marriott Marquis, iherereye mu Mujyi wa San Fransisco, ahagiye guteranira ibirori bya Rwanda Cultural Day.
Sosiyete yitwa Econet Media ibinyujije mu muyoboro wa Siporo witwa Kwese Free Sports, igiye kujya yerekana imikino yo hanze irimo na Shampiona y’Abongereza ku buntu
Umutingito ufite ubukana buri hejuru wibasiye akarere ka Rusizi, wahitanye umwana w’imyaka ine, abantu 19 barakomereka, inzu 12 n’imodoka 2 birangirika.
Jeannette Kagame Madamu wa Perezida wa Repurika, yavuze ko ubufatanye bwiza mu iterambere, ari ubudaheza umugore n’umukobwa.
Abatuye mu Ntara y’Amajyaruguru batangaza ko Rwanda Day ituma Abanyarwanda baba hanze barushaho kumva no gusobanukirwa igihugu cyabo, bakanamenya ko hari igihango bafitanye nacyo.
Nsengiyumva Placide, umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Musha, muri Rwamagana, yatawe muri yombi na Polisi y’igihugu akekwaho kwigabiza ishyamba rya Leta.
Perezida Paul Kagame aributsa ibihugu bikomeye ko ikibazo cy’impunzi n’abimukira kitagomba guhabwa agaciro gusa ari uko cyageze kuri ibyo bihugu.
Bamwe mu batuye akarere ka Rusizi, bavuga ko babangamiwe n’amafaranga bavuga ko bacibwa n’ikigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB), batambutsa amatungo yabo muri Nyungwe.
Abaturage bo mu murenge wa Rugarama akarere ka Burera, basanga kuganiriza abanyarwanda batuye hanze ku muco wabo, bifite agaciro gakomeye.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Gicumbi bavuga ko basigaye batinya gutega moto kubera umwanda bamwe mu bamotari baba bafite.
Nsengiyumva Placide, Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Musha, mu Karere ka Rwamagana, yaba yatawe muri yombi na Polisi y’igihugu ikorera muri ako Karere.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) ivuga ko ubukorerabushake bufatiye runini igihugu kuko butuma hakorwa imirimo myinshi kitabonera ingengo y’imari.
Abazwi ku izina rya Kavukire, batuye mu mujyi wa Kamonyi, bavuga ko amikoro make ababuza kubaka uko igishushanyo mbonera cy’umujyi kibigena.
Abakinnyi bakiniraga ikipe ya As Muhanga mu cyiciro cya mbere umwaka ushize w’imikino bamaze gushyikiriza ikirego ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) kugira ngo barenganurwe.
Abaturage batuye mu mujyi wa Musanze, batangaza ko kugenda ku magare byaborohereje ingendo, bikanabafasha kuzigama amafaranga bishyuraga.
Nteziryayo Felicien utuye mu Kagari ka Gahima, Umurenge wa Kibungo muri Ngoma arasaba kwishyurwa amafaranga yakoreye yubaka ibiro by’ako Kagari.
Ubuyobozi bwa Rayon Sport Fc buratangaza ko bushobora kuzafatira ibihano abakinyi barimo Rwatubyaye Abdoul na Imanishimwe Emmanuel aho bubashinja ko bataye akazi.
Ikibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kanombe ni icya gatatu muri Afurika kiganwa n’abagenzi benshi kubera inama zikomeye zibera mu Rwanda.
Umunyeshuri wiga muri Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye, afunzwe akekwaho kwiba umucuruzi utanga serivisi ya Mobile Money, amafaranga ibihumbi 27 frw.