Kamonyi: Umwuzure usigiye abahinzi igihombo kirenga miliyoni 3,6Frw

Abahinzi bo mu bishanga bya Bishenyi, Kamiranzovu na Rwabashyashya, baguye mu gihombo kubera umwuzure wabatwariye imyaka bari barahinze.

Umwuzure watewe n'imvura watwaye imyaka y'abaturage ihinze mu gishanga
Umwuzure watewe n’imvura watwaye imyaka y’abaturage ihinze mu gishanga

Icyo gishanga cyo mu Karere ka Kamonyi gihinzemo imbuto n’inyongeramusaruro bifite agaciro ka miliyoni 3,6Frw, cyangijwe n’umwuzure wabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 17 Ukwakira 2017.

Ibi bishanga byose byari bihinzemo ibigori byatewemo mu gihembwe cy’ihinga cya 2018A.

Karani Sylivestre, uhinga muri Bishenyi ku buso bwa are eshatu, avuga ko yari yarateyemo ibiro icyenda by’ibigori ashyiramo n’ifumbire mvaruganda ibiro 16.

Abaturage bavuga ko imyaka yangiritse ifite agaciro karenga miliyoni 3,6Frw
Abaturage bavuga ko imyaka yangiritse ifite agaciro karenga miliyoni 3,6Frw

Agira ati “Ubu birasaba ko turindira ko humuka tukabona kongera gutera bundi bushya, ibyo twahinze byagiye. Ni ukuvuga ko Leta ari yo iri butugenere.”

Imbuto y’ibigori abahinzi bayiguze kuri Nkunganire bayitangaho 330Frw ku kilo, naho ifumbire Mvaruganda ya DAP bayiguze ku 430Frw hariho Nkunganire.

Mukiza Justin, Umuyobozi w’ishami ry’Ubuhinzi mu Karere ka Kamonyi, atangaza ko ubuso bwose bwangiritse ari hegitari 71.

Kuri izi hegitari hari hahinzeho imbuto y’ibigori ingana na 1,775kg yatejwe ifumbire ya DAP ingana 7,100Kg. Byose byatanzweho asaga miliyoni 3,6Frw.

Abaturage basezeranyijwe ko bazafashwa kubona izindi mbuto z'ibigori
Abaturage basezeranyijwe ko bazafashwa kubona izindi mbuto z’ibigori

Umwuzure watwaye n’amafi yororwaga n’uwitwa Bakinahe Jean Baptiste mu gishanga cya Kamiranzovu. Umwuzure utwara ibyuzi bibiri muri bitandatu yari afite.

Ati “Urebye hagiye ifi nyinshi cyane. Hari nk’icyuzi cyarimo ifi 700. Urebye zari zifite agaciro k’amafaranga aatari munsi y’ibihumbi 400Frw. Ikindi nacyo zagiye rwose nagize igihombo gikabije.”

Mukiza atangaza ko bagiye gukora ubuvugizi abahinzi bagafashwa kubona indi mbuto n’ifumbire, bakongera bagatera ibigori kuko igihe cy’ihinga kitararenga.

Umwuzure wageze no mu ngo zituriye iki gishanga
Umwuzure wageze no mu ngo zituriye iki gishanga

Ati “Ubu twarangije kubara ibyagiye, ariko birashoboka ko habonetse indi mbuto n’ifumbire abahinzi bakongera bagatera. Bitarenze ku wa Kabiri w’icyumweru gitaha. Muri ubu butaka ibigori byakweramo nta kibazo."

Umwuzure watewe n’imvura yaguye mu mirenge ya Nyamiyaga, Rugarika, Runda na Gacurabweng yanahasenye amazu 32.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

abarikwiga irrigation and drainage techology muri kaminuza ya musanze polytechnics nitwe gisubizo cy’ibi byose

uwizeyimana jean bosco yanditse ku itariki ya: 19-10-2017  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka