‘UGHE’ izanye umusanzu wo kongera umubare w’abaganga

Kaminuza mpuzamahanga ya UGHE (University of Global Health Equity), imaze igihe gito ikorera mu Rwanda ngo izanye umuganda wayo mu kongera umubare w’abaganga.

Dr Agnes Binagwaho umuyobozi mushya wa kaminuza UGHE
Dr Agnes Binagwaho umuyobozi mushya wa kaminuza UGHE

Byatangajwe na Dr Agnes Binagwaho, umuyobozi mushya w’iyi kaminuza, mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa 5 Mata 2017.

Iyi kaminuza yigenga yatangiye mu mpera z’umwaka wa 2015, biturutse ku gitekerezo cy’umushinga ‘Partners in Health’.

UGHE ikorera mu Mujyi wa Kigali n’ahitwa i Rwinkwavu mu karere ka Kayonza, ariko ngo ikaba iteganya kubaka ikicaro gikuru cyayo mu Karere ka Burera mu Ntara y’Amajyaruguru bitarenze umwaka wa 2018.

Dr Binagwaho avuga ko iyi kaminuza ije kongera abahanga mu by’ubuzima muri rusange kuko ngo bagikenewe mu Rwanda no mu karere ruherereyemo.

Yagize ati “Tugiye kongera umubare w’abahanga mu by’ubuzima biganjemo abaganga b’inzobere mu kuvura uburwayi butandukanye cyane ko dufatanya na kaminuza zikomeye zo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Tuzakorana kandi na kaminuza zo mu Rwanda n’izo mu karere bityo tuzamure ireme ry’uburezi cyane cyane mu by’ubuzima”.

Kuri ubu iyi kaminuza ngo ifite abanyeshuri 60 barimo kwiga icyiciro cya gatatu mu mashami atandukanye y’iby’ubuzima ariko ngo muri 2018 izakira abashya 300 bazatangira kwiga ikiganga mu cyiciro cya mbere.

Akomeza avuga ko abazifuza kwiga muri iyi kaminuza bose bazoroherezwa bitewe n’ubushake n’umwanya bafite.

Abanyamakuru mu kiganiro na Dr Binagwaho
Abanyamakuru mu kiganiro na Dr Binagwaho

Ati “Mu gihe kiri imbere tuzigisha ab’icyiciro cya gatatu cya kaminuza mu gihe cy’umwaka umwe ariko bakiga nta kindi bakora kugira ngo byihute.

Tuzigisha kandi no mu buryo bufasha aba kure kugira ngo buri wese abone ikimunogeye kandi arangize ari umuntu ushoboye mu rwego rw’ubuzima”.

Mu banyeshuri biyandikishije kuziga muri iyi kaminuza mu mwaka w’amashuri utaha, ngo harimo abakomoka mu bihugu 27 byo ku migabane yose.

Kwiga muri iyi kaminuza yo ku rwego mpuzamahanga ngo bisaba ko umuntu aba azi icyongereza gihagije, gusa ngo hashobora kuzabaho n’amahugurwa y’amezi agera kuri atanu ku batazi uru rurimi ku buryo buhagije mbere yo gutangira kwiga.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 5 )

nonese abantu bize icyiciro cya mbere na secondaire hanze (congo Burundi,Uganda,kenya)bemerewe gukomereza muriyo kaminuza?murakoze

alias yanditse ku itariki ya: 1-05-2017  →  Musubize

ahubo bashyiremo ingufu nyinshi.

alias yanditse ku itariki ya: 18-04-2017  →  Musubize

mubyukuri iyi kaminuza irakenewe cyaneee!

alias yanditse ku itariki ya: 18-04-2017  →  Musubize

iyi kaminuza yibyubuziman ni umugisha mu Rwanda udasanzwe njye mbabwizukuri kuko hari indwara zihangayikishije muri iki gihe kandi birashoboka ko iyikaminuza ya kwigisha cyangwa ikanashyiraho ubushakashatsi ikanasohora abahanga mukuvura indwara zikomeye mu Rwanda ndetse no mukarere!

alias yanditse ku itariki ya: 18-04-2017  →  Musubize

nagira ngo mbaze ese amafranga y’ishuri kur bari banyeshuri bo mucyiciro cya mbere ni angahe ?

ALIAS yanditse ku itariki ya: 6-04-2017  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka