Rusizi: Uwarokotse Jenoside yatewe icyuma n’utaramenyekana
Uwitwa Uwizeyimana Bernadete warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yatewe icyuma mu gahanga n’umuntu utaramenyekana ariko ararusimbuka.

Amakuru aturuka ku kigo nderabuzima cya Bugarama kirimo kumwitaho, avuga ko yatewe icyuma n’umuntu wari wambaye imyenda ya gisirikare wamusanze mu murima aho yahingaga, ahagana mu ma saa mbiri zo kuri uyu wa mbere tariki 10 Mata 2017.
Abamuri hafi bavuga ko uwo muntu yamuhamagaye, akamwereka urutonde ruriho amazina ya bamwe mu barokotse n’abishwe muri Jenoside akamubaza aho baherereye, undi akamusubiza ko abenshi mu bo amubaza bishwe muri Jenoside.
Ngo yakomeje kumuhata ibibazo ageze aho amubwira ko agiye kumwica. Aramubaza ati "Ko ngiye kukwica, nkwicishe isasu cyangwa icyuma?"
Uwizeyimana yamusubije ko niba ashaka kumwica akwiye kumwicisha isasu, mu gihe akibimusubiza amutikura icyuma mu gahanga. Uwizeyimana yahise yikubita hasi, aratabaza. Wa muntu yumvise abantu bahuruye ahita ahunga.
Aya makuru turacyayabakurikiranira
Ohereza igitekerezo
|
Nukuri turakwihanganisha kandihumura ubudufite ubuyobozibwiza kandi bufitubushobozi buhagije bwoguhangana nabobagizibanabi humura ntacyuzaba kandi twizeyeko reta yubumwe irakurikirana uwomugiziwanabi yafatwa akaryozwa ayomabi yakoze imana ikubehafi mama kandi humura urakira
ni yihangane kandi akomere imana iracyamurinze leta y’ubumwe imurengere ishake uwakoze ibyo abiryozwe kuko arashaka kudusubiza inyuma tutabikeneye
Imana Imudukirize yizere kwizerabitera kunesha.
Uwitekamana kizumurwayi wawe kukwariwowe ushoboye kumukiz mukozehwi cyiganza cyawe gikiz Amen Retanziza nikurikirane Uwomugiziwanabi murakoz imana iramukiz.
niyihangane kd akomere reta ikurikirane uwo muntu nawe azahanwe bifatika
Njye ndakangurira umuntu wese usoma iyi comment yanjye ko yajya yibaza kandi akazirikana "Uko yumva yabaho ko nabandi babikeneye." kuko njye jya mbona iyo migirire mwiza twakwiye gutozwa kuva dusamwa kugeza dupfuye itajya yitabwaho,ibyo bizatuma Isi izarimbuka gutya.Inama ntanga nuko buri wese yajya yibaza aho yifuza gukomereza iyo atekereje ko Isi izamushirana?kandi tukibukako kwica umuntu kandi nubundi agomba kuzapfa ari ukwiyanduriza ubusa,nokwishyiraho imitwaro itari ngobwa rwose.bye,Mbifurije kunyurwa nuko twisanze kuri iy’Isi,kuko aho twavuye ntaho twahisemo.Abakunzi ba KT munyihanganire kubarambira,kuko nubu ndumva ntacyo mvuzeho.Amahoro.
Umuntu wese umenye amakuru yerekeye uwabikoze arasabwa kuyamenyesha Polisi. Ndasaba kandi inzego zibishinzwe kongera ibihano ku muntu uhamwe na bene ibi byaha bikorerwa abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Birababaje cyane kubona umuntu azira uko yaremwe.Ariko rero ntumushakire ahandI.U wakoze ibyo yaba ari interahamwe ya FDRL mu ziri I Burundi kuko imigambi yabo ari ukwinjira mi Rwanda bagateza umutekano muke.Kandi akarere ka Rusizi niko bibasina cyane kubrerako ariho haborohera kwinjira.Kandi bamaze kubikora kenshi.Amakuru mfite nuko u Burundi bucumbikiye interahamwe 3000.Ngabo zu Rwanda murabe maso rero kuberako umwanzi ari kwirembo.
uwomukecuru niyihangane uwomuntu akurikiranwe turizerako azafatwa
Njye ndumva bibabaje kabsa uwo mugome ashakishwe.arko igihano cyurupfu cyazasubiyeho kweli uwishe umuntu murubwo buryo yabiteguye nawe yagapfuye.
Ntabwo bavuze niba ari imyenda ya rdf so please read carefully
Birababaje ndetse cyane, ibi ni indenga kamere, uyu mwicanyi ni igikoresho cya satani, ashakishwe ashyikirizwe ubutabera.
Uwo mubyeyi Imana ya murokoye n’ubundi iramukiza.