Hehe no kongera gusengera ahakorerwa akazi ka Leta
Itangazo ryaturutse mu biro bya Minisitiri w’Intebe riravuga ko gukorera ibikorwa by’amasengesho ku kazi ka Leta bihagaritswe burundu.

Iryo tangazo ryashyizweho umukono na Minisitiri w’Intebe, Anastase Murekezi ryerekana ko icyo cyemezo gifashwe nyuma yo kubona ko hari abakozi bo mu nzego za Leta bakoresha amasaha y’akazi mu bikorwa by’amasengesho kandi bakabikorera mu nyubako zigenewe gukorerwamo akazi ka Leta.
Iryo tangazo rigira riti “Ndabamenyesha ko ibikorwa by’amasengesho bitemewe ahantu hose hakorerwa akazi ka Leta. Mboneyeho kumenyesha abayobozi bose n’inzego z’imirimo ya leta gukomeza kubahiriza itegeko No86/2013 ryo ku wa 11/09/2013 rishyiraho sitati rusange y’abakozi ba leta.
Cyane cyane ibikubiye mu ngingo ya 10 n’iya 11 zirebana n’imigenzo yayo, cyane cyane kubirebana n’ibendera ry’igihugu.
Ndabasaba mwese kubahiriza ibikubiye muri iyi baruwa no kubimenyesha inzego zose, zishamikiye kuri minisiteri muyobora kugira ngo nazo zihite zibyubahiriza.”

Ohereza igitekerezo
|
Gukoresha igihe cy’akazi mu masengesho,ni ukwiba LETA.Ikindi kandi,mujye mumenya ko imana itumva amasengesho yose.Urugero,ntabwo imana yumva amasengesho y’abanyabyaha banga kwihana (Yohana 9:31).
Andi masengesho imana itumva,ni ay’abantu bigisha cyangwa bemera ibintu bidahuye na Bible (Matayo 15:9).Urugero,hali amadini menshi asenga cyane kandi atemera ko YESU ari Umwana w’imana.Muli ayo madini atemera ko YESU yadupfiriye,twavuga Abaslamu,Abahinde,etc...
Mbere yo gusenga,abantu bali bakwiye kubanza kwiga Bible kugirango bamenye amasengesho imana yumva n’ayo itumva.Ntimukibwire ko imana yumva abantu bose.Iriya mirongo ya Bible natanze,ivuga ko imana itumva abantu bose.
Icyocyemezo Minisiteri Yafashe Ndagishyigikiye,kuko Usanga Bamwe Mubakozibaleta Bamara Igihekinini Mumasengesho.Bakica Akazi.Burikintu Nigihecyacyo.
Nibyiza cyane kuko ndakuvanga amasaka namasa karamendo KBS 0789158432
Turi kumwe
Nibwireko batabujijwe gusenga,Ahubwo babujije amasengesho abera kukazi mumasaha y’Akazi akanakica.
bajye basengera mungozabo cg nibataha bajye kurara mubyumba byamashengesho munsengero nicyo twazubakiye bareke gutera imana agahinda
Gusenga nibyiza kuko n ’lmana yakaguhaye ntiwabura gusenga
Ni danger
Nta mikino