Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga butangaza ko abacuruzi bo mu isoko rikuru ry’ako karere batubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid-19 bashobora kwamburwa ibibanza bakoreramo kugira ngo bataba intandaro yo kwanduza abandi, ibyo bibanza bigahabwa abandi babikeneye.
Kuri Stade ya Kicukiro (IPRC Kigali) hakusanyirijwe abantu babarirwa muri 250 bafashwe barenze ku mabwiriza yo kwirinda icyorezo cya #COVID19 muri ako Karere.
Mu ijoro ryo ku wa Gatandatu tariki 29 Kanama 2020, mu Karere ka Huye hafashwe abantu 32 saa moya zageze bakiri mu muhanda bataragera mu rugo.
Benshi mu bakuriye mu cyaro ahantu bahinga amasaka bazi umusigati icyo ari icyo n’uburyo wakundwaga cyane n’abana cyane cyane iyo babaga baragiye inka.
Abagize icyiciro cya mbere cy’impunzi z’Abarundi bagera ku bantu 493 bafashijwe gutaha mu gihugu cyabo cy’u Burundi.
Kuri iki Cyumweru KT Radio yabateguriye ikiganiro kigaruka ku ngamba zo kwirinda COVID-19 n’uburyo urubyiruko rurimo kwitwara mu kubahiriza amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo. Ni nyuma yo kubona ko ingamba zo kwirinda Covid-19 zigenda zikazwa ariko urubyiruko by’umwihariko rukiganza mu bagongwa n’izo ngamba.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame abinyujije kuri Twitter, yagaragaje ko yishimiye intsinzi ya Arsenal yegukanye igikombe cya FA Community Shield.
Umuhanzi w’injyana ya Hip Hop Uwimana Francis uzwi nka Fireman yatunguranye agaragaza amashusho ye apfukamye n’ivi rimwe mu ruziga rw’indabo, ibizwi nko gutera ivi, yambika impeta umukobwa witwa Kabera Charlotte bateganya gushyingiranwa mu minsi ya vuba.
Minisiteri y’Ubuzima iratangaza ko kuri uyu wa Gatandatu tariki 29 Kanama 2020, mu Rwanda habonetse abantu 101 banduye icyorezo cya COVID-19, mu gihe abandi 39 bakize.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Rwerere mu Karere ka Burera bwahagaritse ibirori byari byateguriwe mu muryango byo gufata irembo kuri uyu wa Gatandatu tariki 29 Kanama 2020, bushimira abaturage bakomeje gutangira amakuru ku gihe hirindwa COVID-19.
Ikipe ya Arsenal yegukanye igikombe cya FA Community Shield gihuza ikipe yegukanye igikombe cy’igihugu (FA) n’iyegukanye igikombe cya shampiyona mu Bwongereza , nyuma yo gutsinda Liverpool kuri penaliti mu gihe umukino wari warangiye banganya igitego 1-1.
Umuhanzi Alpha Rwirangira abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, yashyize hanze amafoto y’ubukwe bwe na Liliane Umuziranenge baherutse gusezerana. Ni ubukwe bwabereye i Montreal muri Canada tariki 22/08/2020 gusa amafoto yabwo ntiyahise agaragara mu ruhame.
Nyuma y’uko abahanzi Deejay Pius na Bruce Melodie bakoze indirimbo ‘Ubushyuhe’ yakunzwe n’abatari bake, ndetse hakumvikanamo ijwi n’amagambo yavuzwe n’umukecuru waganiraga n’umunyamakuru, kuri ubu abo bahanzi bafashe inzira berekeza mu majyepfo ku Gisagara bahura n’uwo mukecuru bakuyeho igitekerezo cy’inganzo.
Kujya muri uwo Mudugudu wiswe Njamena(N’djamena) utari umurwa mukuru wa Chad ntibisaba gutega indege, ahubwo utega bisi cyangwa moto ikugeza ku biro by’Umurenge wa Gatenga, ukamanuka gato (nko muri metero 50) werekeza mu gishanga kijya ahazwi nko ‘kwa Gitwaza’, uba wahageze.
Ikipe ya Arsenal na Liverpool zo mu Bwongereza mu kanya saa kumi n’imwe n’igice zirahurira kuri sitade ya Wembley yo mu Bwongereza mu mukino utoroshye wo guhatanira igikombe cya Community Shield.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buratangaza ko gutaha saa moya byatangiye kumvikana ku munsi wa kabiri nyuma y’uko hasohotse amabwiriza mashya ashingiye ku byemezo by’inama y’Abaminisitiri yo kwirinda icyorezo cya COVID-19.
Bonnie Mugabe wari usanzwe ushinzwe amarushanwa mu ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda yamaze kwandika asezera kuri uwo mwanya.
Umukinnyi wa filime w’Umunyamerika Chadwick Aaron Boseman wamenyekanye cyane nka King T’Challa muri filime ‘Black Panther’ yakunzwe ku isi mu mwaka wa 2018 yitabye Imana azize Kanseri yo mu mara, nk’uko byatangajwe n’umuryango we ku wa Gatanu tariki 28 Kanama 2020.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi FIFA ryamaze gusaba Federasiyo y’umupira w’amaguru muri Cote d’Ivoire guhagarika amatora ya Perezida wayo.
Imidugudu 17 yatanze indi kugera ku gipimo cya 100% mu kwishyura Mituweli y’umwaka wa 2020-2021 yahawe ibihembo mu rwego rwo kugaragariza imidugudu itaragera kuri urwo rwego ko na yo yabishobora ishyizemo imbaraga.
Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwatangaje ko nta Taxi Voiture cyangwa moto yemerewe gutwara abagenzi ibavana mu Mujyi wa Kigali ibajyana mu Ntara, ndetse ntayemerewe kubavana mu Ntara ibinjiza mu Mujyi wa Kigali.
Minisiteri y’Ubuzima iratangaza ko kuri uyu wa Gatanu tariki 28 Kanama 2020, mu Rwanda habonetse abantu 70 banduye icyorezo cya COVID-19, mu gihe abandi batatu bakize.
Abaturage bo mu Karere ka Nyanza barenga ibihumbi 57 barishimira ko begerejwe amazi meza, ubu bakaba basigaye bavoma hafi y’aho batuye.
Mu Murenge wa Nyarugenge mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, muri resitora yitwa ‘Cupp Resto’ iherereye ahitwa Downtown, hafatiwe abasore n’inkumi 27 bari mu birori by’isabukuru y’amavuko ya mugenzi wabo, binyuranyije n’amabwiriza yo kwirinda Covid-19.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yatangaje ko yagiranye ikiganiro kuri telephone n’Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bana (UNICEF), Henrietta H. Fore amushimira uruhare rw’uwo muryango mu kwita ku iterambere ry’abana muri Afurika no mu Rwanda by’umwihariko.
Polisi ikorera mu Karere ka Rubavu yafashe abacuruzi ba magendu binjiraga mu Rwanda banyuze mu kiyaga cya Kivu. Aba bacuruzi bari bafite imifuka 3 yuzuyemo amavuta yaciwe mu Rwanda kubera ko byagaragaye ko ayo mavuta iyo uyisize ahindura uruhu bikarugiraho ingaruka. Bari banafite kandi ibalo y’imyenda ya caguwa.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru wungirije ushinzwe ubukungu Janvier Gashema, arasaba abaturiye Ishyamba rya Nyungwe kuyibungabunga, kuko abayigabiza bayishakamo imibereho batatuma imara umwaka itarashiraho, kandi bagahomba umumaro yari ibafitiye.
Itsinda rya mbere ry’impunzi z’Abarundi 493 ryakiriwe n’abayobozi mu gihugu cyabo ku wa Kane tariki 27 Kanama 2020, ihererekanya ryabo n’abayobozi bo mu Rwanda rikaba ryabereye ku mupaka wa Nemba uhuza ibihugu byombi.
Umunya-Serbia Zlatko Krmpotić watoje APR FC mu mwaka wa 2018/2019 akaza kwirukanwa, yagizwe umutoza mushya w’ikipe ya Yanga yo muri Tanzania.
Umuforomo wa mu Kigo cy’ubuvuzi mu Bwongereza wakoreweho igerageza rw’urukingo rwa Covid-19 muri Oxford, avuga ko urukingo rushobora kuba rwabonetse mu kwezi k’Ugushyingo uyu mwaka wa 2020.
Bamwe mu baturage b’Akarere ka Nyagatare bavuga ko banejejwe n’icyemezo cyo kugabanya isaha yo gusubira mu ngo ndetse n’icyo guhagarika ingendo zihuza intara n’Umujyi wa Kigali.
Muri Afurika y’Epfo hatangijwe ubushakashatsi ku rukingo rwa Covid-19, hagamijwe kureba niba urukingo rwagaragaje ko rufite umumaro mu bindi bihugu nk’ibyo ku mugabane w’Uburayi, ruzawugira no mu Banyafurika.
Mu Karere ka Rwamagana mu Murenge wa Muhazi mu Kagari ka Nyarusange ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki 27 Kanama 2020 ahagana saa kumi n’imwe n’igice habereye impanuka yahitanye ubuzima bwa bamwe abandi barakomereka.
Minisiteri y’Ubuzima iratangaza ko kuri uyu wa Kane tariki 27 Kanama 2020, mu Rwanda habonetse abantu 47 bashya banduye icyorezo cya COVID-19, mu gihe abantu 53 ari bo bakize.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Amakoperative (RCA) cyatangaje gahunda y’imyaka itanu (2020/2021-2024/2025) igamije kuvugurura imikorere y’amakoperative no kuyahindura ibigo binini mu gihugu.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu mu Rwanda, Prof Shyaka Anastase atangaza ko mu byumweru bine inzego z’ibanze zikorana n’inzego z’umutekano zahagaritse abantu ibihumbi 56 batubahiriza amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya COVID-19.
Umunya-Australiya Brenton Tarrant w’imyaka 29 y’amavuko yemeye ko yishe abantu 51, agerageza kwica abandi bantu 40, kongeraho icyaha kimwe cy’iterabwoba.
Ku isi hari amadini n’amatorero atandukanye yigisha imigenzo n’imyemerere mu buryo bunyuranye. Hari abavuga ko Imana ari imwe rukumbi, abandi bakagira ibintu bitandukanye bita Imana zabo.
Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwamenyesheje abakoresha imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange ko bakwiye gutega imodoka hakiri kare.
Ambasade y’u Bushinwa mu Rwanda ifatanyije n’Abanyarwanda bize muri icyo gihugu, begeranyije amafaranga y’u Rwanda arenga miliyoni 22 (22,673,000 Frw) bayaguramo ibiribwa byo guha abarimu bashonje bo mu Karere ka Gasabo.
Nyuma y’aho bamwe mu mpunzi z’Abarundi zabaga mu nkambi ya Mahama zifatiye icyemezo cyo gutaha iwabo ku bushake, hari bamwe muri zo batarizera umutekano mu gihugu cyabo bakavuga ko bazataha bamaze kumva uko abagiye mbere bakiriwe.
Umunyarwanda Mugiraneza Jean Baptiste umaze umwaka akinira ikipe ya KMC, yamaze kongera amasezerano y’umwaka umwe akinira iyi kipe.
Umuyobozi wa kompanyi itunganya imyanda no kubungabunga ibidukikije RPE (Recycing Protecting Environment) Hakizimana Gilbert ukoresha ikimoteri rusange cy’Akarere ka Nyagatare, avuga ko gutinda guhemba abakozi byatewe n’uko ibyo akora bitari byatangira gutanga umusaruro ku buryo bimusaba gushaka ubushobozi ahandi.
Nyuma y’uko Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Gatatu tariki 26 Kanama 2020, yahagaritse ingendo hagati y’Umujyi wa Kigali n’izindi ntara, muri gare ya Nyabugogo nta modoka ijya cyangwa iva mu ntara ihaparitse.
Umunyarwanda Kevin Monnet-Paquet ukinira ikipe ya Siant Etienne yo mu Bufaransa, aratangaza ko yiteguye gukjinira Amavubi ndetse akazanagira igikorwa akorera mu Rwanda
Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) hamwe n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Iterambere (UNDP), bahaye imiryango itari iya Leta (CSOs) 65 inkunga irenga miliyari imwe na miliyoni 700 yo kwita ku baturage.
Kimwe mu bitangazamakuru bikorera kuri murandasi (internet) mu Rwanda cyanditse inkuru ivuga ko interineti ikigo AC Group cyashyize mu modoka zitwara abagenzi mu Mujyi wa Kigali ari baringa.
Kuri uyu wa Kane tariki 27 Kanama 2020, impunzi z’Abarundi 471 zisabiye gusubira mu gihugu cyazo zafashijwe gutaha, akaba ari ryo tsinda rya mbere ry’abatashye kuva zagera mu Rwanda muri 2015.
Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Gatatu tariki ya 26 Kanama 2020 yafatiwemo ibyemezo bitandukanye harimo ikivuga ko ingendo zibujijwe guhera saa moya z’ijoro kugeza saa kumi n’imwe za mu gitondo.
Guverinoma y’u Rwanda ifatanyije n’Igihugu cy’u Burundi hamwe n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi (UNHCR), biteguye gufasha mu gikorwa cyo gutahuka ku bushake kw’impunzi z’Abarundi zibarirwa muri 500.