RIB yafunze ukekwaho kwiba amabati mu ruganda akoresheje impapuro mpimbano

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), ruratangaza ko rwafunze Ntitenguha Arnaud, ukurikiranyweho gukoresha inyandiko mpibano akiba amabati afite agaciro ka 29,000,000 Rwf mu ruganda rwitwa TEMBO, ruherereye i Gahanga mu Karere ka Kicukiro.

Ayo mabati yafatiwe aho yari yagiye kuyahisha mu Karere ka Nyanza.

Iperereza rirakomeje kugira ngo hamenyekane n’abandi bagize uruhare muri ubu bujura, hanakorwe dosiye ishyikirizwe Ubushinjacyaha.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka