Mu Rwanda abagabo babiri b’imyaka 45 bishwe na COVID-19

Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), yatangaje ko kuri uyu wa Mbere tariki 09 Ugushyingo 2020, mu Rwanda habonetse abantu 20 bashya banduye COVID-19, naho barindwi mu bari barwaye bakaba bakize.

Abo barwayi bashya 20 babonetse mu bipimo 1,293, bakaba barimo umwe wabonetse i Kigali, Huye:3, Kayonza:1, Kirehe:1, Rwamagana:14.

Kugeza kuri uyu wa mbere, mu Rwanda abamaze kwandura icyo cyorezo ni 5,242 muri bo abamaze gukira ni 4,967 naho abakivurwa ni 237.

Abamaze kwicwa na COVID-19 mu Rwanda bose hamwe bari 36 none biyongereyeho abagabo babiri b’imyaka 45 y’amavuko bitabye Imana bari i Rwamagana.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Mujye murya umuceli. Umuceli urinda kanseri, Utuma uruhu rusa neza, Uwawuriye ntaho ahurira n’indwara yo kwibagirwa bya hato na hato, Umuceli ni isoka ya vitamine B1, B3, B6, B9 na vitamin D. Ufite kandi imyunyungugu nka karisiyumu, ubutare, manganese, selenium na phosphore,Ibi byose bifasha mu mikorere y’umubiri, kongera ubudahangarwa mu bwirinzi bw’umubiri harimo na covid19 no gukomeza amagufa

MUSEMAKWELI Prosper yanditse ku itariki ya: 10-11-2020  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka