RIB irashakisha Izabayo Théodore ukekwaho kwica umwana w’imyaka 10

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko ruri gushakisha uwitwa Izabayo Théodore, ukekwaho icyaha cyo kwica umwana w’imyaka 10 agahita acika.

Ku myirondoro yatanzwe na RIB, bigaragara ko uyu Izabayo ari mwene Ndimukaga Simon Pierre na Mujawamungu Sarah.

Izabayo akekwaho kwica umwana witwa Fabrice Isubirizigihe, icyaha cyakorewe mu Mudugudu wa Rukereza, Akagari ka Kigombe, Umurenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze, ku wa Kabiri tariki 10 Ugushyingo 2020.

RIB isaba abaturarwanda bose ko uwabona Izabayo yakwihutira gutanga amakuru aho aherereye kuri Sitasiyo ya RIB cyangwa se Polisi imwegereye, cyangwa se agahamagara umurongo wa RIB utishyurwa 166, n’uwa Polisi utishyurwa 112.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka