Inganda zikora inkingo za Covid-19 zikwiye gukora izihagije kuri buri wese – Umuyobozi wa WTO

Umuyobozi w’Umuryango w’Ubucuruzi ku Isi (World Trade Organisation ‘WTO’) Ngozi Okonjo-Iweala avuga ko inganda zikora imiti zagombye gukora inkingo za Covid-19 zihagije kuri buri muntu, cyangwa se zikagira neza, zigasangira ubuhanga zikoresha n’ibihugu bikiri mu nzira y’amajyambere.

Ngozi Okonjo-Iweala
Ngozi Okonjo-Iweala

Dr Ngozi Okonjo-Iweala yagize ati "Ntabwo byakwemerwa ko ibihugu bikennye bikomeza kuba ku murongo w’inyuma mu kubona inkingo za Covid-19”.

Yifashishije urugero rwa ‘AstraZeneca’ yakoranye n’Uruganda rukora imiti mu Buhinde, ikarwereka ubuhanga bwo gukora urukingo ndetse ikaruha uburenganzira bwo gukora inkingo za AstraZeneca, yavuze ko iyo mikorere yo gutanga uburengenzira bikozwe n’inganda, yakiza abantu benshi kurushaho.

Aganira n’Umunyamakuru wa BBC, Dr Ngozi yagize ati "Hari ubushobozi bwinshi budakoreshwa muri Afurika kugeza ubu, mureke dukore nk’ibyo ‘AstraZeneca’ yakoranye na ‘Serum Institute’ yo mu Buhinde. Novovax, J& J n’izindi zagombye gukurikiza urwo rugero.

Ibihugu nk’u Buhinde, Afurika y’Epfo n’ibindi bihugu bikennye, ngo byakomeje kuzamura ikibazo cy’uko amategeko agenga ibijyanye n’umutungo mu by’ubwenge, yakoroshywa kugira ngo, bakore inkingo nyinshi n’ubwo zavumbuwe n’abandi.

Ibihugu bikize ntibyumva neza iyo gahunda, n’ubwo ubuyobozi bwa Perezida Biden buherutse gutangaza ko burimo kwiga icyakorwa muri urwo rwego.

Mu ntangiriro z’iki cyumweru, Perezida Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo, yagereranyije abafatira inkingo kimwe n’abanga gutanga impushya ku buntu bandi ngo bakore inkingo bavumbuye, ko bakora ivangura rijyanye n’inkingo (vaccine apartheid).

Dr Okonjo-Iweala yavuze ko Isi igomba kwirinda ko ibihugu bikiri mu nzira y’amajyambere bimara imyaka bitegereje kubona inkingo nk’uko byagenze mu kubona imiti igabanya ubwandu bw’agakoko gatera SIDA.

Yagize ati "Ndumva bimpangayikishije, ubusumbane mbona mu bijyanye n’inkingo za Covid-19, mu by’ukuri ntawabyemera, kubaho ubona ibihugu 10 byiharira 70% y’inkingo zose zimaze gukorwa ku Isi, mu gihe hari ibindi bihugu bitarabona n’urukingo rumwe”.

Muri Mutarama uyu mwaka wa 2021, Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (WHO) ryatangaje ko Miliyoni 39 z’inkingo zahawe ibihugu 49 bikize kurusha ibindi ku Isi, mu gihe igihugu kimwe gikennye cyari gifite inkingo 25 gusa.

U Bwongereza bwari bwatumije inkingo zigera kuri miliyoni 400, izo zizasaguka cyane, none Bwatangaje ko buzatanga inkingo buzasagura, bukaziha ibihugu bikennye.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka