Mu Rwanda umuntu umwe yishwe na COVID-19, habonetse abarwayi bashya 109

Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Kabiri tariki 22 Ukuboza 2020, mu Rwanda undi muntu umwe yitabye Imana yishwe na COVID-19.

Uwishwe na COVID-19 ku wa Kabiri ni umugabo w’imyaka 28 witabye Imana i Kigali.

Uwo muntu yahise yuzuza umubare w’abantu 66 bamaze kwicwa n’iki cyorezo kuva cyagera mu Rwanda muri Werurwe 2020.

Minisiteri y’Ubuzima kandi yatangaje ko ku wa Kabiri mu Rwanda habonetse abantu 109 bashya banduye COVID-19, abakize bakaba ari 63.

Abo barwayi bashya 109 babonetse mu bipimo 4,149 bakaba barimo ababonetse i Kigali: 40, Gatsibo: 9, Rwamagana: 8, Ngororero: 8, Kirehe: 7, Musanze: 5, Rubavu: 5, Nyagatare: 5, Huye: 5, Muhanga: 4, Gakenke: 4, Kayonza: 3, Bugesera: 2, Rusizi: 2, Burera: 1, Gisagara: 1.

Kugeza ku wa Kabiri, mu Rwanda abari bamaze kwandura icyo cyorezo ni 7,511 muri bo abamaze gukira ni 6,163 naho abakivurwa ni 1282.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Iki cyorezo kugihashya biragoye mu gihe abantu batubahiriza amabwiriza yashyizweho

Muri Rwamagana iyi yabonetsemo abantu 8, hari aba Pasiteri bagisezeranya abantu mu buryo bwihishe, ahitwa church on the rock ku wa gatanu byarabaye, muri Kiliziya Gaturika naho ku cyumweru hari abahawe Batisimu bigakorwa rwihishwa.

aho ni aho nzi ariko ubwo n’ahandi birakorwa. Rwose inzego zibishinzwe zikanguke zijye zikumira bene ibi bikorwa bidushyira mu kaga kandi bene aba bahanwe by’umwihariko

munezero yanditse ku itariki ya: 23-12-2020  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka