Mu Rwanda abandi babiri bishwe na COVID-19, habonetse abarwayi bashya 109

Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Mbere tariki 21 Ukuboza 2020, mu Rwanda abantu babiri bitabye Imana bishwe na COVID-19.

Abishwe na COVID-19 ku wa Mbere ni umugore w’imyaka 39 witabye Imana i Kigali n’umugabo w’imyaka 58 witabye Imana i Gicumbi.

Abo bantu babiri bahise buzuza umubare w’abantu 65 bamaze kwicwa n’iki cyorezo kuva cyagera mu Rwanda muri Werurwe 2020.

Minisiteri y’Ubuzima kandi yatangaje ko ku wa Mbere mu Rwanda habonetse abantu 109 bashya banduye COVID-19, abakize bakaba ari icyenda.

Abo barwayi bashya 109 babonetse mu bipimo 4,229 bakaba barimo ababonetse i Kigali: 56, Ngororero: 12, Rubavu: 12, Nyabihu: 8, Muhanga: 5, Huye: 4, Rusizi: 4, Kamonyi: 3, Gicumbi: 3, Musanze: 2.

Kugeza ku wa Mbere, mu Rwanda abari bamaze kwandura icyo cyorezo ni 7,402 muri bo abamaze gukira ni 6,100 naho abakivurwa ni 1237.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Iki cyorezo kugihashya biragoye mu gihe abantu batubahiriza amabwiriza yashyizweho

Muri Rwamagana hari aba Pasiteri bagisezeranya abantu mu buryo bwihishe, ahitwa church on the rock ku wa gatanu byarabaye, muri Kiliziya Gaturika naho ku cyumweru hari abahawe Batisimu bigakorwa rwihishwa. Rwose mudufashe inzego zibishinzwe bikanguke zijye zikumira bene ibi bikorwa bidushyira mu kaga kandi bene aba bahanwe by’umwihariko

munezero yanditse ku itariki ya: 22-12-2020  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka