Rubavu: Abantu 21 bafashwe biyakira bavuye gusezerana mu Murenge

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Rubavu yafashe abantu 21 bari mu bikorwa byo kwiyakira nyuma y’uko bari bavuye mu muhango wo gusezerana mu Murenge.

Aho bafatiwe hari haherutse gufatirwa n'abandi bari mu muziki uzwi nk'Igisope
Aho bafatiwe hari haherutse gufatirwa n’abandi bari mu muziki uzwi nk’Igisope

Bafatiwe ahazwi nko kwa Nyanja, hakaba hari hashize ukwezi hafatiwe abandi bantu 76 bari bitabiriye umuziki uzwi nk’igisope mu masaha ya nijoro barenze ku mabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Covid-19.

Polisi yaguye gitumo abo bantu barimo biyakira mu gihe bari bavuye mu Murenge bakaba bazira kuba barenze ku mabwiriza yo guhura no gukora ibirori kandi imihango, inama n’ibirori nk’ibyo bihuza abantu benshi bikaba bibujijwe nk’uko byatangajwe mu myanzuro y’inama y’abaminisitiri yo ku itariki ya 14 Ukuboza 2020.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Uburengerazuba avuga ko abafashwe bari bamaze gusezerana mu Murenge wa Gisenyi, byo bikaba byari byemewe kuko umuhungu yari avuye mu mahanga, bakaba barabyemerewe hakurikijwe ibiteganywa n’amabwiriza. Iyakora ikosa bakoze ngo ni ukujya kwiyakira binyuranyije n’amabwiriza yo kwirinda Covid-19.

Abafashwe batwawe n’inzego z’umutekano bajya kuganirizwa no gucibwa amande nk’uko amabwiriza abiteganya.

Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) yashyize ahagaragara amabwiriza abuza abantu gukomeza gukora imihango yo gusezerana, ivuga ko abemerewe ari abavuye hanze ari cyo kibazanye.

Itangazo ryashyizweho umukono na Prof Shyaka Anastase rivuga ko abemerewe gusezerana ari abantu baje mu gihugu baje gushyingirwa kandi bigaragazwa n’ibimenyetso nka pasiporo.

Iri tangazo rikomeza rivuga ko abashaka gusezerana basaba uruhusa umuyobozi w’Akarere bakagaragaza n’ibimenyetso bakemererwa bakaba basezerana imbere y’amategeko no mu nsengero n’amadini ariko nabwo ntibarenze abantu 10.

Aya mabwiriza avuga ko abashaka gusezerana bagomba kwipimisha icyorezo cya Covid-19 ariko ntibemerewe gukora ibirori.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka