Bamwe mu baturage bo mu karere ka Musanze bakomeje gufatirwa mu byumba by’amasengesho barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19, kimwe mu bikomeje gutuma umubare w’abandura wiyongera.
Ikipe ya Rayon Sports igiye kugabanya umushahara wahabwaga abakinnyi n’abakozi bitewe no kuba ibikorwa bya siporo birimo shampiyona byarahagaze kubera COVID-19
Stéphanie Niyonsaba utuye mu Mudugudu wa Taba mu Kagari ka Cyarwa, Umurenge wa Tumba mu karere ka Huye, arasaba abagira umutima utabara kumufasha nyuma yo guhisha inzu, agasigara iheruheru.
Niyitegeka Félicité ari mu cyiciro cy’Intwari z’Imena kubera ibikorwa bitari ibya buri wese yakoze mu kwitangira abandi, ariko ababanye nawe bamubona nk’umutagatifu ndetse amasomo yabahaye akaba akibaherekeje mu buzima babayeho.
Ku wa mbere tariki 01 Gashyantare 2021, Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangiye gutanga ibiribwa ku baturage bahagaritse imirimo kubera amabwiriza ya ’Guma mu Rugo’ yo kwirinda Covid-19, kandi bukaba bukomeje kubitanga muri iki cyumweru.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa (RCS), ruratangaza ko Mfitumukiza wari uherutse gutoroka Gereza ya Muhanga yatawe muri yombi, akaba afungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Nyamabuye mu Karere ka Muhanga.
Umutoza w’agateganyo w’ikipe y’igihugu y’abagabo y’umukino wa Basketball, Henry Muinuka, yasezereye abakinnyi batanu muri 18 barimo gukora imyitozo mu rwego rwo kwitegura imikino nyafurika (Afro-Basket 2021).
Abaturiye igishanga cy’Urugezi baratangaza ko bagenda basobanukirwa ko ingamba zashyizweho kugira ngo kibungabungwe, zitari mu nyungu zabo gusa ahubwo no mu z’Abaturarwanda muri rusange.
Ikipe ya AS Kigali ikomeje kwitegura umukino wa CAF Confederation Cup na CS Sfaxien, yakoreye imyitozo kuri Stade Amahoro aho yasuwe n’Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri ya Siporo
Tariki 1 Gashyantare u Rwanda rwizihiza umunsi wi’intwari z’Igihugu. Kuri iyi nshuro hateguwe igitaramo gisingiza Intwari ariko kubera ingamba zo kwirinda Covid-19, abantu bagikurikiye kuri Televiziyo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buratangaza ko ikibazo cy’imbwa zibangamiye umutekano w’abaturage kigiye kuvugutirwa umuti mushya, wo kwifashisha umutego wo kuzifata izidafite ba nyirazo zikicwa.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa mbere tariki 01 Gashyantare 2021, mu Rwanda abantu babiri bitabye Imana bishwe na COVID-19. Habonetse abanduye bashya 155, naho abakize ni 185.
Kuri uyu wa Mbere tariki 01 Gashyantare 2021, ubwo hizizwaga umunsi w’Intwari z’u Rwanda, urubyiruko rw’Akarere ka Rwamagana rwashimiye bamwe mu bakomerekeye ku rugamba rwo kubohora Igihugu babaha ibiribwa n’ibindi bikoresho byose bifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda 203,300 Frw.
Mu gihe Akarere ka Burera kahoze mu turere tutigaragaza muri siporo kubera kutagira amakipe mu rwego rwa shampiyona zinyuranye mu gihugu, kuri ubu ako Karere karakataje mu gushinga amakipe anyuranye ari nako kubaka ibikorwa remezo bijyanye n’amakipe gafite.
Ibikorwa biteza imbere ibidukikije, kubaka imihanda ya kijyambere mu mijyi yo ku mipaka, kubaka ibyumba by’amashuri no kwegereza amazi meza abaturage, ni byo byashyizwe imbere mu ngengo y’imari ya 2020 - 2021 mu ntara y’Iburengerazuba.
Abatuye mu Mujyi wa Huye, cyane cyane abaturiye Kaminuza y’u Rwanda, binubira konerwa n’inkende kuko ngo zahabaye nyinshi, zikabonera imyaka iri mu mirima n’imbuto.
Buri mwaka tariki ya 1 Gashyantare u Rwanda rwizihiza Umunsi w’Intwari zitangiye Igihugu, zikagikura mu rwobo n’icuraburindi ryaganishije kuri Jenoside yakorewe Abatutsi, ndetse n’izindi ntwari zahisemo gutanga ubuzima bwazo zitangira abandi.
Nk’uko Kigali Today ikomeje kuganira n’abayobozi b’uturere mu gihugu hose bagaragaza imishinga minini bateganya gukora mu mwaka wa 2021, no mu Ntara y’Amajyaruguru abayobozi b’uturere bagaragaje iyo mishanga izatwara akayabo hagamijwe kwegereza abaturage iterambere.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yifurije Abanyarwanda umunsi mwiza w’Intwari, akaba yabitangaje abinyujije mu butumwa yanditse kuri Twitter.
Mu mwaka wa 2009, Uwamahoro Prisca yashakanye na Sindayiheba Phanuel, bombi bakaba bari mu ntwari z’i Nyange. Igihe bagabwagaho igitero n’abacengezi mu 1997, Sindayiheba yigaga mu mwaka wa Gatandatu w’amashuri yisumbuye, umugore we yiga mu mwaka wa Gatanu.
Abantu batandukanye ku mbuga nkoranyambaga bakomeje guha urwamenyo abari bashinzwe kuzana urukingo rwa Covid 19 muri Algeria, kubera kwibeshya gupakira bakazana inzoga za Vodka bazitiranyije n’urwo rukingo.
Ikigo cyigisha porogaramu zitandukanye zo muri mudasobwa ‘Rwanda Coding academy’ gitangaza ko cyahuye n’imbogamizi zatewe na Covid-19, zidindiza imishinga yacyo.
Tariki ya 1 Gashyantare buri mwaka, u Rwanda rwizihiza umunsi w’Intwari, ni umunsi wizihizwa hazirikanwa ibikorwa byaranze Intwari, hakaba hari abagore bagaragaye ndetse n’ubu bakaba bakigarara mu bikorwa by’ubutwari bifitiye akamaro benshi.
Umutoza w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi Mashami Vincent yatangaje ko yababajwe no kuba basezerewe, ariko batajya kurega VAR ahubwo ari ugutegura imikino iri imbere
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku Cyumweru tariki 31 Mutarama 2021, mu Rwanda abantu batatu bitabye Imana bishwe na COVID-19.
Mu mukino wa ¼ waberaga kuri Stade Limbe, urangiye ikipe y’igihugu ya Guinea “Syli Nationale” itsinze Amavubi y’u Rwanda igitego 1-0
Urwego rushinzwe Intwari z’igihugu, Imidali n’Impeta by’Ishimwe (CHENO) rwatangaje ibyavuye mu marushanwa y’indirimbo n’imivugo, ruboneraho gushimira buri wese witabiriye ayo marushanwa y’imivugo n’indirimbo bisingiza Intwari z’u Rwanda. Ibyo bihangano kandi byigisha, bikanakangurira Abanyarwanda kwimakaza indangagaciro (…)
Nyuma y’uko mu kwezi k’Ukwakira 2019 inzu yahoze ari icumbi ry’Umwamikazi Rosalie Gicanda yeguriwe Ikigo cy’Ingoro z’Igihugu z’Umurage w’u Rwanda, kugeza ubu ntiharaboneka ingengo y’imari yo kuhavugurura kugira ngo hazajye hasurwa nk’izindi Ngoro z’Umurage w’u Rwanda.
Ubushakashatsi bwakozwe buhuriweho n’ibigo byinshi mpuzamahanga bwerekana ko udukoko dutera malaria twatangiye kwigaranzura umuti wa ‘coartem’ ukunze gukoreshwa mu kuyivura, ikaba yibasira cyane ibihugu bya Afrika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara, nk’uko tubikesha BBC.
Mu gihe mu Karere ka Gisagara hari kubakwa uruganda runini ruzabyaza amashanyarazi nyiramugengeri, hari abibaza niba iyo nyiramugengeri itazashira, amashanyarazi yifashishwaga akagabanuka mu gihugu.
Ministiri w’Ibidukikije, Dr Jeanne d’Arc Mujawamariya avuga ko mu gihe yari ambasaderi mu Burusiya (2013-2019), yabonye abaturage b’icyo gihugu bafite uburyo bukonjesha umusaruro ukomoka ku buhinzi ukamara igihe kinini utarangirika.
Umwaka w’ingengo y’imari 2020-2021 mu ntara y’Iburasirazuba hazakorwa imishinga ibiri igamije guhangana n’imihindagurikire y’ikirere, ikazafasha abaturage kuhira imyaka ku buso burenga hegitari 12,000.
Mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru, ni bwo Ubuyobozi bw’ikipe ya Mukura Victory Sports et Loisirs bwahagaritse amasezerano y’abakinnyi ndetse n’abakozi kubera COVID-19.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda “Amavubi” n’iya Guinea “Syli Nationale”, barakina umukino wa ¼ cy’irangiza ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru, aho buri ruhabnde rwashyize imbaraga nyinshi muri uyu mukino
Muri uyu mwaka w’ingengo y’imari wa 2020-2021, hari imishinga ikomeye uturere twateganyije ko ugomba gusozwa yarangiye, bigafasha abaturage kurushaho kwikura mu bukene.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Intwari z’Igihugu Imidari n’Impeta by’Ishimwe (CHENO) ruratangaza ko mu minsi iri imbere abantu babarirwa muri 70 bashobora gushyirwa mu cyiciro cy’Intwari z’Ingenzi nibaramuka bemejwe n’Inama y’Abaminisitiri.
Ikipe y’Igihugu ya Cameroon na Mali zabonye itike yo gukina imikino ya 1/2 mu irushanwa rya CHAN 2020 rikomeje kubera mu mijyi itandukanye yo mu gihugu cya Cameroon.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatandatu tariki 30 Mutarama 2021, mu Rwanda abantu batanu bitabye Imana bishwe na COVID-19.
Bamwe mu banyapolitiki batavuga rumwe na Perezida Magufuli wa Tanzania bagize icyo bavuga ku ijambo ry’imbwirwaruhame aherutse kuvuga arwanya inkingo za Covid-19, aho yavuze ko zidashobora gukingira icyorezo, ahubwo ngo ari mbi cyane ku buzima bw’abantu.
Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko yamenyeshejwe icyemezo u Bwongereza bwafashe cyo gukumira abagenzi bavuye mu Rwanda cyangwa abanyuze mu Rwanda.
Abajyanama b’ubuzima ni abantu b’inyangamugayo baba barashyizweho n’abatuye mu mudugudu, kugira ngo bajye babafasha mu birebana no kubungabunga ubuzima. Muri buri mudugudu, yaba mu gice cy’icyaro no mu mujyi habarizwa abajyanama b’ubuzima bari hagati ya batatu na batatu.
Abaturage babarizwa mu cyiciro cya kabiri n’icya mbere cy’ubudehe 544 bo mu murenge wa Gacaca mu karere ka Musanze, bari mu byishimo nyuma yo guhabwa akazi muri gahunda ya VUP, ko gutunganya amaterasi y’indinganire kakazabafasha mu mibereho yabo.
Inyandiko yo mu biro bya Perezida wa Repubulika y’u Rwanda yakozwe mu mwaka wa 1999 ivuga ku bumwe bw’Abanyarwanda, igaragaza ibikorwa by’agahato byakozwe cyane cyane mu gihe cy’ubukoroni bw’Ababiligi, ku buryo na n’ubu byibukwa na benshi.
Umuganga w’Amenyo witwa Dr Bitwayiki Léandre yitera ikinya akikura iryinyo rya Muzitsa. Ibi yabikoze nyuma y’uko hari Umuganga wamukuye iryinyo nabi bikamubabaza cyane.
Kigali Today yagiranye ikiganiro na Jean Michel Iyamuremye, Umuganga akaba n’impuguke mu buzima bwo mu mutwe muri Centre Psychotherapeutique Icyizere ihereye mu Kagari ka Niboye, Akarere ka Kicukiro.
Umuhinzi w’ibinyomoro ashobora kumara imyaka itatu asarura adahagarara mu gihe yabyitayeho uko bikwiye.
Ikipe ya Musanze FC yahawe umuvugizi mushya ari we Uwihoreye Ibrahim usanzwe ashinzwe ubuzima bwa buri munsi bwa Musanze FC (Team Manager).
Urwego rw’Igihugu rw’Intwari Imidari n’Impeta by’Ishimwe (CHENO), ruratangaza ko buri wese ubishaka kandi ubiharanira ashobora kuba Intwari bitagombye gusaba ko abura ubuzima, kuko ubutwari bukenewe uyu munsi ari ubuteza imbere imibanire n’imibereho myiza y’Abanyarwanda.
Nk’uko umubiri ugirirwa isuku ni kimwe n’uko ibiwujyaho byose byo kuwutaka bigomba kwitabwaho kugira ngo bidateza uburwayi cyangwa ibindi bibazo.