
Ni icyemezo cyafashwe kuri uyu wa Kane tariki ya 09 Nzeli 2021, nyuma y’iburanisha ku ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo ryabaye ku wa Kabiri tariki 07 Nzeli 2021.
Umucamanza yavuze ko kubera impamvu zikomeye zigize icyaha zagaragarijwe urukiko, Safari George ataburana ari hanze kuko ashobora gutoroka ubutabera.
Safari aregwa icyaha kimwe ari cyo cyo gukubita no kubangamira abayobozi mu nzego z’ibanze barimo kuzuza inshingano zabo.
Yiregura imbere y’urukiko, yahakanye icyaha aregwa avuga ko atigeze agambirira kurwana n’abayobozi ahubwo ibyabaye kwari ukwirwanaho.
Ntiturabasha kuvugana n’umwunganizi we mu mategeko, ngo tumenye niba bazajururira icyo cyemezo.
Ohereza igitekerezo
|
Safari rwose yarenganye pe keretse harikindi kibazo nahobubundi ako ni akarengane gakomeye yabakubise yitabaraga nonese sibo bamwirukankanye