#WC2026: Espagne itwaye Igikombe cy’Isi 2026 itsinze Argentina (Amafoto)

Kuri iki Cyumweru ikipe ya Espagne yatwaye Igikombe cy’Isi 2026 itsindiye Argentina ku mukino igitego 1-0, itwara iri rushanwa ku nshuro ya kabiri nyuma ya 2010.

Espagne yegukanye Igikombe cy'Isi 2026
Espagne yegukanye Igikombe cy’Isi 2026

Ni umukino wa nyuma wabereye kuri Stade ya MetLife mu Mujyi wa New York muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ukinwa iminota 120 kuko iminota 90 ndetse n’itanu yongerewe yarangiye amakipe yombi anganya 0-0 ariko Argentine ari abakinnyi icumi kuko Enzo Fernandez yabonye umutuku akoreye ikosa Pau Cubarsi agahabwa uhondo wa kabiri.

Enzo Fernandez wa Argentina yabonye ikarita y'umutuku abonye ikarita ya kabiri y'umuhondo nyuma yo gukorera ikosa Pau Cubarissi
Enzo Fernandez wa Argentina yabonye ikarita y’umutuku abonye ikarita ya kabiri y’umuhondo nyuma yo gukorera ikosa Pau Cubarissi

Muri rusange kuva ku munota wa mbere Espagne yarushije Argentina mu bintu byose ariko yihagararaho mu kugarira. Mu minota 30 yongereweho, Espagne yakinaga neza yabuze igitego yakibonye gitsinzwe na Ferran Torres ahawe umupira na Nico Williams n’umutwe. Mu minota yari isigaye Lionel Messi na bagenzi be bakomeje kugorwa no gutera ku izamu.

Ferran Torres yishimira igitego rukumbi yatsinze cyahesheje Espagne Igikombe cy'Isi 2026
Ferran Torres yishimira igitego rukumbi yatsinze cyahesheje Espagne Igikombe cy’Isi 2026

Ininota 120 yarangiye hongerwaho iminota itanu nayo yarangiye gutyo Espagne itsinze Argentine 1-0, itwara Igikombe cy’Isi cya kabiri mu mateka yayo nyuma y’icya mbere yatwaye 2010 nabwo itsinze u Buholandi igitego 1-0 mu minota 120.

Mu minota 120, ikipe y’igihugu ya Espagne yateyemo amashoti 20 arimo 12 agana mu izamu aho umunyezamu wa Argentina Emiliano Martinez yakuyemo imipira 11.

Argentina yatsindiwe ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi ku nshuro ya kane nyuma yo mu 1978, 1990 na 2014 mu gihe Lionel Messi yakinaga umukino wa nyuma ku nshuro ya gatatu mu 2014 na 2014 atsindwa naho 2022 atwara igikombe.

Mu bihembo byatanzwe umutoza mwiza yabaye De La Fuente wa Espagne, umukinnyi mwiza aba kapiteni wa Espagne Rodri, umunyezamu mwiza aba Unai Simon wa Espagne, umukinnyi mwiza ukiri muto aba Pau Cubarsi.

Uretse aba , Umufaransa Kylian Mbappe yegukanye igihembo cy’uwatsinze ibitego byinshi aho asoje atsinze ibitego icumi ari nawe mu mateka umaze gutsinda ibitego byinshi kuva Igikombe cy’Isi cyatangira gukinwa mu 1930 mu gihe Lionel Messi yasoje afite ibitego umunani.

Lamine Yamal aterura igikombe
Lamine Yamal aterura igikombe
Umutoza wa Espagne De La Fuente yishimana igikombe n'abakinnyi
Umutoza wa Espagne De La Fuente yishimana igikombe n’abakinnyi
Espagne yatwaye Igikombe cy'Isi cyayo cya kabiri
Espagne yatwaye Igikombe cy’Isi cyayo cya kabiri
Perezida Donald Trump yambika umudali Ferran Torres watsinze igikombe
Perezida Donald Trump yambika umudali Ferran Torres watsinze igikombe
Rodri asoma igikombe
Rodri asoma igikombe
Rodri azamura igikombe
Rodri azamura igikombe
Byari ibyishimo kuri Espagne
Byari ibyishimo kuri Espagne
Kapiteni wa Espagne Rodri yahembwe nk'umukinnyi mwiza w'irushanwa
Kapiteni wa Espagne Rodri yahembwe nk’umukinnyi mwiza w’irushanwa
Espagne yihariye ibihembo
Espagne yihariye ibihembo
Pau Cubarsi wa Espagne yahembwe nk'umukinnyi mwiza ukiri muto w'irushanwa
Pau Cubarsi wa Espagne yahembwe nk’umukinnyi mwiza ukiri muto w’irushanwa
Umunyezamu wa Espagne Unai Simon yahembwe nk'umwiza w'irushanwa
Umunyezamu wa Espagne Unai Simon yahembwe nk’umwiza w’irushanwa
Ni umukino warimo ihangana rikomeye no hanze y'ikibuga
Ni umukino warimo ihangana rikomeye no hanze y’ikibuga
Muri Espagne ni ibyishimo
Muri Espagne ni ibyishimo
Ferran Torres watsinze igitego
Ferran Torres watsinze igitego
Umutoza wa Argentina Lionel Scaloni
Umutoza wa Argentina Lionel Scaloni
Murumuna wa Lamine Yamal, Keyne
Murumuna wa Lamine Yamal, Keyne

National Football League

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka