Ni umukino wa nyuma wabereye kuri Stade ya MetLife mu Mujyi wa New York muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ukinwa iminota 120 kuko iminota 90 ndetse n’itanu yongerewe yarangiye amakipe yombi anganya 0-0 ariko Argentine ari abakinnyi icumi kuko Enzo Fernandez yabonye umutuku akoreye ikosa Pau Cubarsi agahabwa uhondo wa kabiri.
Muri rusange kuva ku munota wa mbere Espagne yarushije Argentina mu bintu byose ariko yihagararaho mu kugarira. Mu minota 30 yongereweho, Espagne yakinaga neza yabuze igitego yakibonye gitsinzwe na Ferran Torres ahawe umupira na Nico Williams n’umutwe. Mu minota yari isigaye Lionel Messi na bagenzi be bakomeje kugorwa no gutera ku izamu.
Ininota 120 yarangiye hongerwaho iminota itanu nayo yarangiye gutyo Espagne itsinze Argentine 1-0, itwara Igikombe cy’Isi cya kabiri mu mateka yayo nyuma y’icya mbere yatwaye 2010 nabwo itsinze u Buholandi igitego 1-0 mu minota 120.
Mu minota 120, ikipe y’igihugu ya Espagne yateyemo amashoti 20 arimo 12 agana mu izamu aho umunyezamu wa Argentina Emiliano Martinez yakuyemo imipira 11.
Argentina yatsindiwe ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi ku nshuro ya kane nyuma yo mu 1978, 1990 na 2014 mu gihe Lionel Messi yakinaga umukino wa nyuma ku nshuro ya gatatu mu 2014 na 2014 atsindwa naho 2022 atwara igikombe.
Mu bihembo byatanzwe umutoza mwiza yabaye De La Fuente wa Espagne, umukinnyi mwiza aba kapiteni wa Espagne Rodri, umunyezamu mwiza aba Unai Simon wa Espagne, umukinnyi mwiza ukiri muto aba Pau Cubarsi.
Uretse aba , Umufaransa Kylian Mbappe yegukanye igihembo cy’uwatsinze ibitego byinshi aho asoje atsinze ibitego icumi ari nawe mu mateka umaze gutsinda ibitego byinshi kuva Igikombe cy’Isi cyatangira gukinwa mu 1930 mu gihe Lionel Messi yasoje afite ibitego umunani.
National Football League
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|
|