Kuri iki Cyumweru mu gihugu cya Djibouti, ikipe ya Mogadishu City Club yo muri Somalia irahakirira APR FC yo mu Rwanda, mu mukino ubanza wa CAF Champions League.
Ikipe ya APR FC yamaze kugera muri Djibouti ku wa Kane, ikomeje gukora imyitozo n’abakinnyi yajyanye bose, usibye Byiringiro Lague, Ruboneka Bosco, na Kwitonda Alain Bacca batazagaragara muri uyu mukino kubera ibibazo by’imvune.
Gusa ariko umutoza Adil Mohamed yavuze ko adatewe impungenge no kubura aba bakinnyi kuko ngo buri mukinnyi wa APR wese afite ubushobozi bwo gukina.
Yagize ati “Ni byo koko turabura abakinnyi batatu Lague, Bosco na Alain(Bacca) ariko icyo nababwira ni uko abakinnyi ba APR bose barashoboye buri umwe wese akora ikinyuranyo abakinnyi bacu bose turabizeye.”
Amwe mu mafoto yaranze imyitozo ya APR FC kuri uyu wa Gatanu











National Football League
Ohereza igitekerezo
|
I Nyagatare twifurije APR FC itsinzi kuri uyu wagatandatu 23-10-2021 murakoze nkunda Apr FC cyane.
Kuri iki Cyumweru mu gihugu cya Djibouti, ikipe ya Mogadishu City Club yo mu Rwanda irahakirira APR FC yo mu Rwanda,
please jyawandika neza uzavamo umunyamakuru mwiza