#COVID19: Abantu 6 bitabye Imana, i Nyaruguru habonetse abarwayi benshi

Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Kane tariki 9 Nzeri 2021 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 474 bakaba babonetse mu bipimo 12,128.

Abantu 6 bitabye Imana kubera icyo cyorezo, bituma umubare w’abamaze gupfa bose uba 1,153. Abitabye Imana ni abagore 3 n’abagabo 3, abarembye ni 15.

Kuri uwo munsi ahabonetse abanduye icyo cyorezo benshi ni mu Karere ka Nyaruguru (60), Rwamagana (40), Gicumbi (34), mu Mujyi wa Kigali (34) n’i Karongi (33) nk’uko imibare yatangajwe ibigaragaza.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka