Dr. Kayumba Christopher yafunzwe

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko kuri uyu wa Kane tariki 09 Nzeri 2021 rwafunze Dr. Kayumba Christopher.

Dr. Kayumba Christopher
Dr. Kayumba Christopher

Uru rwego ruravuga ko rwamufunze nyuma y’igihe rwari rumaze rukora iperereza ku byaha yarezwe n’abantu batandukanye byo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato n’ubwinjiracyaha kuri iki cyaha.

Dr. Kayumba Christopher afungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Kicukiro, dosiye ikaba iri bushyikirizwe Ubushinjacyaha nk’uko amategeko abiteganya.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

NKUNDA AMAKUR MUTUGEZAH.

EMMANUEL TWIZERIMANA yanditse ku itariki ya: 9-09-2021  →  Musubize

Aho bigeze ndabona kuba muri uru Rwanda ukabona bukeye ugomba kuba uri injiji, waba warize ukaba uri inkomamashyi, umukene utunzwe no gusingiza leta, waba ukize utwo usaruye ukadusangira nibifi binini. Ikindi ugomba kuba uri mpemuke ndamuke ubwenge bukajya mugifu.

Twisonyenyeri yanditse ku itariki ya: 9-09-2021  →  Musubize

Uwafunga abagabo bashurashura hagenda benshi.Ikibazo nuko bikorerwa mu ibanga kandi abagore n’abakobwa bagatinya kubarega ngo badaseba.Cyangwa kubera inyungu bakuramo (kubona akazi,amanota,promotion,etc...).Bikorerwa ahanini muli za offices cyangwa mu modoka,cyangwa bakajya kubikorera muli lodges.Abandi nabo bagapanga za Missions zo muli Provinces cyangwa mu mahanga!!!Gusa bajye bibuka ko abasambanyi batazaba mu bwami bw’imana.

gatare yanditse ku itariki ya: 9-09-2021  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka