
Gen Muhoozi akigera ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe, yakiriwe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh Muganga.
Mu mpera za Gashyantare nibwo Gen Muhoozi yatangaje gahunda y’uruzinduko azagirira mu Rwanda.
Muri uru ruzinduko akaba ateganya kuganira n’ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda ku bufatanye busanzwe hagati y’impande zombi ndetse n’umutekano wo mu Karere.

General Muhoozi Kainerugaba, yaherukaga mu Rwanda muri Kanama 2024, ubwo yari yitabiriye Irahira rya Perezida Paul Kagame.
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|