Perezida wa Tunisia yirukanye Minisitiri w’Intebe

Perezida wa Tunisia Kaïs Saïed, yirukanye Minisitiri w’Intebe w’iki guhugu, Kamel Madouri, wari umaze kuri uwo mwanya amezi atageze ku munani, ahita anashyiraho umusimbura.

Uwari Minisitiri w'Intebe wa Tunisia, Kamel Madouri
Uwari Minisitiri w’Intebe wa Tunisia, Kamel Madouri

Izo mpinduka zabaye mu ijoro ryakeye ryo ku wa Kane rishyira uwa Gatanu tariki 21 Werurwe 2025, Perezida Kaïs ahita anashyiraho Sarra Zaafrani Zenzri, umugore n’ubundi wari usanzwe muri Guverinoma ya Tunisia.

Kugeza ubu nta bisobanuro Perezida Kaïs aratanga ku bijyanye n’iyirukanwa rya Kamel Madouri, gusa rikaba rije mu gihe iki gihugu kiri mu bibazo bitoroshye by’ubukungu, ndetse gishinjwa n’Umuryango w’Abibumbye (UN) gufunga abatavuga rumwe na Leta, nk’uko byagarutsweho na Radiyo Mpuzamahanga y’Abafaransa, RFI.

Kamel Madouri abaye Minisitiri w’Intebe wa kane wirukanwe kuri uwo mwanya kuva mu 2021

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka