Kabarisa Asumani ufite imyaka 24 yatomboye laptop ifite agaciro k’amafaranga ibihumbi 450 na modem muri tombola yitwa “IZIHIZE NA MTN” ya sosiyete y’itumanaho MTN Rwanda.
Rutahizamu wa Uganda, Emmanuel Okwi, yahawe igihembo cy’umukinnyi watsinze ibitego byinshi mu gihe we ahamya ko icyo gihembo kitari kimugenewe.
Nyuma yo kwigaragaza cyane mu mikino ya CECAFA yabereye muri Tanzania akanafasha cyane u Rwanda kugera ku mukino wa nyuma, Meddy Kagere arimo gushakishwa cyane n’amakipe akomeye muri aka karere.
Abahanzi bagize itsinda ry’abahanzi bo muri Nigeria, brackets, bageze mu Rwanda tariki 15/12/2011 aho baje kuririmba mu gitaramo cyo gushyira ahagaragara alubumu y’umuhanzi nyarwanda, Knowless. Abandi bitabiriye iki gitaramo ni Madrax (Get Down) wo muri Kenya.
Umugabo witwa Mbonigaba Charles, kuva tariki tariki 14/12/2011, afungiye kuri sitasiyo ya polisi y’umurenge wa Kagano akurikiranyweho icyaha cyo gukoresha amafaranga y’amakorano.
Ibipimo by’agaciro k’ifaranga ry’u Rwanda bigaragaza ko mu kwezi k’Ugushyingo guta agaciro kw’ifaranga ry’u Rwanda kwamanutse kukava kuri 7,76 kukagera kuri 7,39 ariko ibiciro by’ibiribwa byo byiyongereyeho 0,34.
Mu murenge wa Nyamiyaga mu karere ka Gicumbi, tariki 14/12/2011, abanyururu bakora igihano nsimburagifungo (TIG) mu muhanda uva ahitwa Burimbi ujya mu murenge wa Rukomo bahatoye gerenade maze bahita bayishyikiriza ubuyobozi.
Mu ijambo rye risoza inama y’umushyikirano, Perezida Kagame yongeye gutangaza ko Abanyarwanda bakwiye gukomeza guharanira kwihesha agaciro; yongeraho ko birushaho kugira isura nziza iyo umuntu ku giti cye agahaye mugenzi we.
Uyu munsi, abakozi ba MTN Rwanda bari kumwe n’umuyobozi wayo, Khaled Mikkawi, bahaye amaraso ikigo cy’igihugu gitanga amaraso (National Center for Blood Transfusion). Iki gikorwa cyabereye ku cyicaro cya MTN i Nyarutarama.
Ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza yatomboye AC Milan yo mu Butaliyani mu mikino ya 1/8 cy’irangiza cy’irushanwa ry’amakipe yabaye aya mbere iwabo ku mugabane w’i Burayi (UEFA Champions League).
Enterprise Urwibutso irateganya gutanga ingemwe z’imizabibu ku baturage ba Rulindo bifuza kuyihinga kuko byagaragaye ko ubuhinzi bwayo bushoboka mu Rwanda.
Uwayoboraga ishyirahamwe ry’imikino ngororamubiri, Rurangirwa Louis, yarekuwe tariki 14/12/2011nyuma y’aho uwamwunganiraga mu butabera agaragarije ko ibyo yaregwaga nta shingiro bifite ariko ntarasubira mu kazi ke nk’uko bisanzwe.
Bizimana Emmanuel na Twambazimana Vianney n’umugore witwa Nyirabuhazi Thacienne bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata nyuma yo gufatirwa mu cyuho batetse inzoga zitemewe zirimo kanyanga n’iyo bita ibikwangari.
Umugaba w’ingabo z’u Rwanda, Lt Gen. Charles Kayonga, yashimye ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro mu gucunga umutekano mu gihugu cya Sudan.
Tariki 14/12/2011, umuririmbyi King James aravuga ko kuba yaranditse ku rubuga rwa facebook ko ari “single” (ingaragu) bitavuze ko ashakisha umukunzi.
Umuririmbyikazi uririmba mu njyana ya pop witwa Lady Gaga ni we winjije amafaranga menshi kurusha abandi muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika no ku isi muri rusange.
Tariki 14/12/2011 ahagana mu ma saa kumi n’ebyiri za mu gitondo, mu murenge wa Cyabakamyi mu karere ka Nyanza, abantu 2 bitabye Imana barohamye mu mugezi wa Mwogo umwe muri bo aboneka yapfuye undi aburirwa irengero.
Ishami ry’Ubujurire ry’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) tariki 14/12/2011, ryasabye ko igihano cy’imyaka 30 cyasabiwe umucuruzi Kanyarukiga Gaspard cyakongererwa.
Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane yateguriye Abanyarwanda baba mu mahanga bitabiriye inama ya cyenda y’igihugu y’umushyikirano gahunda y’iminsi ine yo kubatembereza mu Rwanda no kubereka intambwe nziza rugezeho.
Mu ijoro rya tariki 13/12/2011 inka eshatu z’inzungu z’uwitwa Bizimana Samuel zatemewe mu kagari ka Cyamabuye mu murenge wa Karago mu karere ka Nyabihu.
Perezida Kagame aremeza ko Abanyarwanda badakeneye ubigisha kwigenga kuko ari bo ubwabo bihitiramo uburyo bubaka igihugu cyabo. Ibi yabigarutseho mu nama y’umushyikirano y’iminsi ibiri yatangiye uyu munsi mu nzu Inteko Ishinga Amategeko ikoreramo ku Kimihurura i Kigali.
Imibare yashyizwe ahagaragara n’ibipimo mpuzamahanga ku miyoborere myiza (Worldwide Governance Indicators 2010) igaragaza ko 90% by’abashakashatsi b’abanyamahanga bemeza ko Abanyarwanda 98% bafitiye icyizere ingabo z’u Rwanda.
Pivotech Company Ltd ejo yagiranye amasezerano n’ubuyobozi bw’ikigo cy’ubushakashatsi (IRST) yo kugerageza mazutu ikorwa n’icyo kigo mu bimera.
Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi, Dr Agnes Kalibata, aganira n’abanyamakuru tariki 13/12/2011, yasobanuye uburyo gahunda ya Girinka Munyarwanda ikorwa; by’umwihariko kubona inka binyuze mu ma banki.
Ejo, Ambasaderi w’Amerika mu Rwanda, Donald Koran, yagiriye uruzinduko mu karere ka Gicumbi mu gikorwa cyo kureba iterambere ry’akarere no gusura impunzi z’Abanyekongo ziba mu nkambi ya Gihembe.
Intore zigizwe n’abanyeshuri barangije amashuri yisumbuye mu karere ka Muhanga zirasabwa kuba umusemburo w’amahoro n’amajyambere mu Banyarwanda bose.
Higiro Prosper, wahoze ari senateri, yatorewe kuba umunyamabanga mukuru w’Inama Mpuzamahanga igamije kwimakaza amahoro mu karere k’ibiyaga bigari (ICGLR). Yatorewe manda y’imyaka itatu ishobora kongerwa.
MTN Rwanda yahaye umuryango Imbuto Foundation inkunga y’amafaranga miliyoni 90 yo kuzarihira ishuri abana 100 b’abahanga ariko b’abakene kugira ngo bazabashe kwiga amashuri yisumbuye batazitiwe n’ubukene.
Ambasaderi wa Koreya mu Rwanda, Soon-Chun Lee, ari kumwe n’umuyobozi w’akarere ka Kamonyi, Rutsinga Jacques, batashye inzu igenewe guhugurirwamo abaturage mu bijyanye n’ubuhinzi n’ubworozi ndetse n’ururimi rw’icyongereza yubatswe n’umuryango w’abanyakoreya witwa Global Civic Sharing ku nkunga ya KOICA.
Mu muhango wo kurahiza abayobozi bashya b’Urukiko rw’Ikirenga wabaye ku gicamunsi cy’uyu munsi mu ngoro y’inteko ishinga amategeko, Perezida kagame yavuze ko kuba nta rundi rwego rw’ubutabera rurusha ububasha Urukiko rw’Ikirenga bikwiye gutuma rutanga serivisi nziza ku Banyarwanda ndetse bikagera no hanze y’igihugu.
Abanyeshuri barangije itorero ry’abarangije amashuri yisumbuye mu karere ka Nyabihu bakusanyije amafaranga ibihumbi 400 kugira ngo bubakire inzu imfubyi za Jenoside zibana.
Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buzima (OMS) ejo ryatangaje ko impfu ziterwa n’indwara ya maralia zagabanutse ku isi muri rusange.
Uyu munsi, kuri Lemigo Hotel i Kigali habaye amahugurwa agamije gusobanura iteganya migambi ku bikorwa by’amashyuza (amashanyarazi avanwa mu myuka yo hasi y’ubutaka) bimaze iminsi bitangiye mu ntara y’Amajyaruguru.
Abanyeshuri barangije amashuri yisumbuye bari mu itorero ry’igihugu kuri site ya Nyamirama mu karere ka Kayonza bahize kuzafasha ubuyobozi bw’akarere guhigura imihigo ubwo buyobozi bwasinyanye na Perezida Paul Kagame.
Musabyimana Siperatus n’umugore we, Ntirenganya Vestine, kuva tariki ya 04/12/2011bari mu maboko ya polisi kuri station ya Ruhango bakekwaho kwica umwana w’imyaka ibiri bareraga witwa Rusaro Celine.
Mu murenge wa Manihira, akarere ka Rutsiro haravugwa inkuru y’urupfu w’uwitwa Nkizinkiko Misago Bonaventure wahitanywe n’ikirombe gicukurwamo amabuye y’agaciro.
Affiche igaragaza imurikwa rya alubumu ya gatatu y’umuhanzi Riderman yitwa Igicaniro iriho udushya twinshi cyane. Ibi ndabivuga kuko n’uwayireba atazi gusoma rwose ntiyabura kugira byinshi asigarana ariko simpamya ko Riderman atagusobanuriye ubutumwa muri mu bishushanyo biriho Wabasha kubyivumburira!
Ejo mu ma saa saba z’amanywa, mu muhanga wa Kigali-Rwamagana habereye impanuka y’ikamyo ya rukururana yari ivuye muri Tanzaniya ipakiye imifuka ya sima yahiye igice kimwe.
Inzego zishinzwe umutekano mu karere ka Bugesera zerekana ko ibiyobyabwenge biza ku isonga mu bihungabanya umutekano muri ako karere, hakurikiraho amakimbirane mu miryango naho ubujura bukaza ku mwanya wa gatatu.
Kuva tariki 12/12/2011, ikipe yitwa Isonga FC hamwe n’umutoza wayo Richard Tardy iri i Rusizi mu ntara y’iburengerazuba mu myiteguro y’umukino izakina n’ikipe ya Espoir tariki 16/12/2011.
Umuyobozi w’akarere ka Nyanza, Murenzi Abdallah, aratangaza ko kuva mu kwezi k’Ugushyingo abantu 14 bamaze kwitaba Imana muri aka karere bitewe n’impamvu zinyuranye.
Tariki 10/12/2011, Tuzabadute Jean Damascene ukomoka mu murenge wa Kivuruga, akarere ka Gakenke yateraguwe ibyuma n’abasore bane ngo bamuziza ubuhamya yatanze muri gacaca.
Ubushakashatsi bwerekanye ko interinete idakoresha urusinga (wi-fi) yangiza intanga ngabo.
Ejo, mu gihembwe cyayo kidasanzwe, Inteko rusange y’Umutwe wa Sena yatoye imishinga y’amategeko y’impano atanyuze muri komisiyo kubera ubwihutirwe bwayo ndetse yemeza n’abayobozi bakuru mu myanya ya Leta batanzwe na Guverinoma.
Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’ubuzima, Dr. Uzziel Ndagijimana, asanga kuba Leta y’u Rwanda yarafashe icyemezo cyo kugira ubwishingizi mu kwivuza itegeko ku bantu bose harimo n’abanyamahanga bizatuma nta Muturarwanda uzasigara adafite ubwishingizi.
Tariki 13 Ukuboza 2011, mu muhango wo gusoza inama y’iminsi ibiri y’abakorerabushake mu miryango itandukanye ikorera mu Rwanda no mu nzego za Leta yateguwe n’umuryango w’abakorerabushake ba Loni, Inama y’Igihugu y’Urubyiruko na Minisiteri y’Urubyiruko, hatanzwe ibihembo ku bakorerabushake bagaragaje ubudashyikirwa mu bikorwa (…)
Bamwe mu bagabo batangaza ko abagore benshi aribo batuma abagabo babo babaca inyuma ngo kuko iyo bamaze gushaka bahindura imyitwarire. Aba bagabo bavuga ko abagore benshi iyo bamaze kugera mu ngo zabo bahinduka cyane, ugasanga bafashe indi sura.
Mu murenge wa Nyankenke mu karere ka Gicumbi inkangu yangije imirima yabaturage ndetse imyaka iratwarwa.