Urukiko rwisumbuye rwa Nyagatare rwahamije abagabo bane icyaha cyo gusambanya no kuba ikitso cyo gusambanya abana hanishwa igifungo cy’imyaka 10 buri wese, mu gihe umwana wareganwaga nabo we yahamijwe icyaha cyo gucuruza abana no kubashora mu buraya ahanishwa igifungo cy’umwaka umwe usitse n’amande ya miliyoni imwe.
Urukiko rwisumbuye rwa Nyagatare rwahamije abantu 9 icyaha cyo kunyereza umutungo ungana n’amafaranga y’u Rwanda 275.115.600 mu kigo cy’imari iciriritse Duterimbere IMF, ishami rya Nyagatare, guhimba inyandiko no gukoresha inyandiko mpimbano, kuwa 16/01/2015.
Musa Emmanuel w’imyaka 18 y’amavuko wemeza ko akomoka i Burundi amaze amezi asaga ane mu bitaro bya Nyagatare yivuza ubushye yatewe n’umuriro w’amashanyarazi.
Bamwe mu babyeyi bagana ibitaro bya Nyagatare barishimira ko basigaye babasha kumenya igitsina cy’umwana bazabyara hakiri kare kuko biborohera kwitegura umwana uri mu nda.
Abantu baandatu bo mu kagali ka Shonga umurenge wa Tabagwe bari mu maboko ya Polisi station ya Nyagatare bakekwaho gusenyera abavandimwe babiri babashinja amarozi.
Ku bufatanye bwa Polisi y’igihugu n’abaturage b’Akarere ka Nyagatare hagiye kubakwa ibyumba by’amashuri 24 ndetse n’ubwiherero.
Ibiyobyabwenge bifite agaciro k’amafaranga miliyoni 4 n’ibihumbi 59 byamenwe kuri uyu wa 08/01/2015 mu murenge wa Gatunda mu karere ka Nyagatare. Abaturage bakaba basabwe kubyirinda kuko uretse kwangiza ubuzima bwabo ababicuruza bibatera ibihombo ndetse n’igifungo.
Polisi y’igihugu ikorera mu ntara y’iburasirazuba yashyikirije ku mugaragaro umuturage witwa Akimana Vestine wo mu Mudugudu wa Marongero, Akagari ka Ryabega, Umurenge wa Nyagatare inka ze 12 n’intama 3 yari yibwe zigafatirwa mu gihugu cya Uganda.
Abarwayi bivuriza ku bitaro bya Nyagatare barinubira serivise bahabwa cyane aho bishyurira ngo babone imiti cyangwa babarisha bava mu bitaro.
Bagirinshuti Jean Baptiste ukorera isosiyete ya Airtel ari mu maboko ya polisi nyuma yo gufatanwa amakarito 53 y’inzoga yitwa Zebra Waragi ifatwa nk’ikiyobyabwenge mu modoka y’akazi.
Ntambara Jean Damascene w’imyaka 22 y’amavuko wo mu Mudugudu wa Kabuye, Akagari ka Nyamagana, Umurenge wa Remera, Akarere ka Ngoma, yafatiwe mu mujyi wa Kigali akekwaho kwica umusaza Bihayiga Augustin wo mu Murenge wa Rwempasha mu Karere ka Nyagatare yakoreraga amuziza amafaranga.
Mugabo John w’imyaka 24 na Nsengiyumva bo mu mudugudu wa Karungi akagali ka Kamagiri umurenge wa Nyagatare bakubiswe n’inkuba bahita bitaba Imana ahagana saa kumi n’imwe z’umugoroba tariki 30/12/2014.
Mu biganiro byahuje abadepite bagize komisiyo y’imibereho myiza n’ubuzima bw’imyororokere n’abafite aho bahuriye n’imibereho myiza y’abaturage mu karere ka Nyagatare, tariki 29/30/2014, byagaragaye ko ibibazo abana bahura nabyo biterwa n’ababyeyi bateshutse ku nshingano zabo zo kurera.
Gufata neza ibikorwa remezo begerezwa cyane imihanda no kongera ibyumba by’amashuli y’uburezi bw’ibanze niyo ntego abaturage b’akagali ka Nyagatare bafite mu bikorwa by’umuganda w’umwaka utaha.
Mu gihe kenshi usanga igihe cya Noheri abantu benshi bahitamo kujya mu nsengero ndetse bakanakesha, mu mujyi wa Nyagatare ho abenshi bari mu tubari babyina abandi mu nzu z’urubyiniro zimwe mu nsengero zifunze imiryango.
Abayobozi basimburanye ku buyobozi bwa koperative COTMIN y’abatwara abantu n’ibintu kuri moto mu karere ka Nyagatare ntibavuga rumwe ku madeni angana n’amafaranga miliyoni zirindwi koperative ibereyemo abantu.
Mariya Nakamondo wo mu mudugudu wa Nshuli akagali ka Gitengure umurenge wa Tabagwe arasaba ubuyobozi kumwubakira nyuma y’amezi atandatu aba mu kazu k’amahema nyuma yo gusenyerwa n’umuyaga.
Urubyiruko nk’imbaraga z’igihugu n’abayobozi b’ejo rufite uruhare mu kwimakaza no guteza imbere amahame y’imiyoborere myiza, bityo bakore ubushakashatsi bugamije kongera umusaruro n’imibereho myiza y’umunyarwanda.
Abaturage b’akarere ka Nyagatare barakangurirwa kugana kwa mugana kabone n’ubwo nta bushobozi baba bafite kuko hari baza kwivuza barembye ndetse rimwe na rimwe hakaba abahitamo kurwarira mu ngo zabo kuko badafite ubwisungane mu kwivuza.
Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Mukama bafite amashyamba bavuga ko bahangayikishijwe n’uburwayi bw’udusimba turya inturusu.
Umuryango nyarwanda wita ku bafite ubumuga cyane cyane ubwo mu mutwe (NOUSPR) urasaba urubyiruko rufite ubumuga n’urwacikishirije amashuri rwo mu Murenge wa Gatunda rwigishwa umwuga w’ubudozi kugira icyizere cy’ubuzima kubera ko hari ababari iruhande.
Abaturage bo mu Kagari ka Nyamirama mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare baravuga ko bahangayikishijwe n’ubujura mu igurisha ry’imyaka yabo kubera iminzani idakora neza n’ingemeri (mironko cyangwa udusorori bifashisha bapima imyaka) nini by’abacuruzi.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Mukama mu Karere ka Nyagatare burasaba abajyanama b’ubuzima guhindura imyumvire y’abaturage bagatera ikirenge mu cyabo bakora ibikorwa bibateza imbere.
Umuhinzi mworozi witwa Mukwiye Froduard wo mu Murenge wa Mukama mu Karere ka Nyagatare yashinze ishuri ry’ubuhinzi iwe aho afasha abandi bahinzi abigisha guhinga mu buryo bwa kijyambere, akaba anafite intego yo kongera ibiribwa ku isoko kandi nawe akiteza imbere.
Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Mukama mu Karere ka Nyagatare bakora muri gahunda ya VUP bavuga ko bafite icyizere cyo kwikura mu bukene, dore ko mu gihe bamaze bakorana nayo babashije kwigurira amatungo magufi.
Abaturage b’umudugudu wa Nyamirama ya 2 Akagari ka Nyamirama mu Murenge wa Karangazi wo mu Karere ka Nyagatare baravuga ko bahangayikishijwe n’urugomo ruterwa no kunywa ibiyobyabwenge.
Bwanakweri Samuel na Ntaganzwa Yotam bafungiwe kuri station ya polisi ya Nyagatare bakekwaho ubujura bw’inka. Ubuyobozi bwa Polisi busaba abantu bacuruza inyama kujya babaga inka bafitiye ibyangombwa by’ubugure.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagali ka Gitengure umurenge wa Tabagwe ari mu maboko ya Polisi n’abandi bantu 3 kuva tariki 24/11/2014 bakekwaho gutwika amakara mu biti kimeza byitwa Imikinga.
Mu gihe ubuyobozi bw’Umurenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare busaba abaturage gucika ku kunywa inzoga yitwa umugorigori kuko ishobora kugira ingaruka ku buzima bwabo dore ko itujuje ubuziranenge, bamwe mu baturage b’akagari ka Nyamirama bavuga ko nta kibi cyayo kuko ikorwa mu bigori n’uburo gusa kandi nta wundi (…)